Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Gitifu wari warahamijwe gusambanya ku gahato umukobwa akamwanduza indwara idakira yahanaguweho ibyaha

radiotv10by radiotv10
17/11/2021
in MU RWANDA
0
Muhanga: Gitifu wari warahamijwe gusambanya ku gahato umukobwa akamwanduza indwara idakira yahanaguweho ibyaha
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza rw’Ubujurire rwaregwagamo Ntezirembo Jean Claude wahoze ari Umunyamabanga Nshingwakorwa w’Umurenge wa Muhanga mu Karere ka Muhanga na mugenzi we bari bahamijwe ibyaha birimo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umukobwa wakoraga mu kabari no kumwanduza SIDA, bagizwe abere.

Ntezirembo Jean Claude yaregwaga hamwe na Niyomugabo Eric, aho Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwari rwabahamije ibyaha aho umwe rwari rwamuhanishije gufungwa imyaka 15 no gutanga ihazabu ya miliyoni 2 Frw undi ahanishwa igifungo cy’imyaka 12 n’ihazabu ya Miliyoni 1Frw.

Abaregwa bahise bajuririra mu rukiko rukuru rwanaburanishije uru rubanza rukaba rwasomye umwanzuro warwo kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Ugushyingo 2021.

Urukiko Rukuru ruvuga ko ibyatangajwe n’uriya mukobwa wari ufite imyaka 19 wavugwaga ko yakoreshejwe imibonano mpuzabitsina ku gahato muri 2019, bidafite ishingiro.

Umucamanza w’Urukiko rukuru yemeje ko ubujurire bw’abaregwa bufite ishingiro ndetse ko rusanga abaregwa nta bimenyetso bifatika bigaragaza ko bakoze kiriya cyaha.

Urukiko rwahanaguyeho ibyaha abaregwa, rwategetse ko barekurwa ndetse n’indishyi zari zaciwe abaregwa bagombaga guha uriya mukobwa wavugwagaho gukoreshwa imibonano mpuzabitsina ku gahato, zikuweho.

Ubushinjacyaha bwatangiye kuburana n’abaregwa muri 2019, bwavugaga ko mu ijoro ryo ku wa 8 rishyira ku wa 09 Kanama 2019 Ntezirembo yari yakuye Cyuzuzo mu kabari amujyana iwe mu icumbi amuhatira gukora imibonano mpuzabitsina ku gahato, agamije kumwanduza Virusi itera SIDA na Sifirisi.

Ubushinjacyaha kandi bwavugaga ko Niyomugabo Eric yabaye icyitso muri kiriya cyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato.

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 1 =

Previous Post

Ubushinjacyaha bwajuririye icyemezo cyafatiwe Cyuma Hassan ngo hari icyaha yahamijwe kitagihanwa

Next Post

Izi Camera ziziyongera kandi ikigamijwe si ugusoromamo abantu amafaranga- CP Kabera

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

by radiotv10
24/11/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, avuga ko amaze imyaka 14 abariwe inguranye y’ubutaka bwe bwubatsweho...

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

by radiotv10
24/11/2025
0

In many homes, disagreements between parents often come from one simple but powerful source: the desire to raise children the...

10 Reasons why you should visit Rwanda

10 Reasons why you should visit Rwanda

by radiotv10
24/11/2025
0

Rwanda has become one of Africa’s most inspiring destinations, a place where natural beauty, safety, culture, and progress blend into...

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

by radiotv10
24/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yahuye na mugenzi we Faustin Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique, bagirana ibiganiro byagarutse ku mikoranire irimo...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Izi Camera ziziyongera kandi ikigamijwe si ugusoromamo abantu amafaranga- CP Kabera

Izi Camera ziziyongera kandi ikigamijwe si ugusoromamo abantu amafaranga- CP Kabera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.