Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Gitifu wari warahamijwe gusambanya ku gahato umukobwa akamwanduza indwara idakira yahanaguweho ibyaha

radiotv10by radiotv10
17/11/2021
in MU RWANDA
0
Muhanga: Gitifu wari warahamijwe gusambanya ku gahato umukobwa akamwanduza indwara idakira yahanaguweho ibyaha
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza rw’Ubujurire rwaregwagamo Ntezirembo Jean Claude wahoze ari Umunyamabanga Nshingwakorwa w’Umurenge wa Muhanga mu Karere ka Muhanga na mugenzi we bari bahamijwe ibyaha birimo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umukobwa wakoraga mu kabari no kumwanduza SIDA, bagizwe abere.

Ntezirembo Jean Claude yaregwaga hamwe na Niyomugabo Eric, aho Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwari rwabahamije ibyaha aho umwe rwari rwamuhanishije gufungwa imyaka 15 no gutanga ihazabu ya miliyoni 2 Frw undi ahanishwa igifungo cy’imyaka 12 n’ihazabu ya Miliyoni 1Frw.

Abaregwa bahise bajuririra mu rukiko rukuru rwanaburanishije uru rubanza rukaba rwasomye umwanzuro warwo kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Ugushyingo 2021.

Urukiko Rukuru ruvuga ko ibyatangajwe n’uriya mukobwa wari ufite imyaka 19 wavugwaga ko yakoreshejwe imibonano mpuzabitsina ku gahato muri 2019, bidafite ishingiro.

Umucamanza w’Urukiko rukuru yemeje ko ubujurire bw’abaregwa bufite ishingiro ndetse ko rusanga abaregwa nta bimenyetso bifatika bigaragaza ko bakoze kiriya cyaha.

Urukiko rwahanaguyeho ibyaha abaregwa, rwategetse ko barekurwa ndetse n’indishyi zari zaciwe abaregwa bagombaga guha uriya mukobwa wavugwagaho gukoreshwa imibonano mpuzabitsina ku gahato, zikuweho.

Ubushinjacyaha bwatangiye kuburana n’abaregwa muri 2019, bwavugaga ko mu ijoro ryo ku wa 8 rishyira ku wa 09 Kanama 2019 Ntezirembo yari yakuye Cyuzuzo mu kabari amujyana iwe mu icumbi amuhatira gukora imibonano mpuzabitsina ku gahato, agamije kumwanduza Virusi itera SIDA na Sifirisi.

Ubushinjacyaha kandi bwavugaga ko Niyomugabo Eric yabaye icyitso muri kiriya cyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato.

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Ubushinjacyaha bwajuririye icyemezo cyafatiwe Cyuma Hassan ngo hari icyaha yahamijwe kitagihanwa

Next Post

Izi Camera ziziyongera kandi ikigamijwe si ugusoromamo abantu amafaranga- CP Kabera

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Izi Camera ziziyongera kandi ikigamijwe si ugusoromamo abantu amafaranga- CP Kabera

Izi Camera ziziyongera kandi ikigamijwe si ugusoromamo abantu amafaranga- CP Kabera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.