Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Hari gushakishwa uwataye uruhinja rw’ibyumweru rugatoragurwa n’umusaza

radiotv10by radiotv10
10/10/2022
in MU RWANDA
2
Muhanga: Hari gushakishwa uwataye uruhinja rw’ibyumweru rugatoragurwa n’umusaza
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Kagari Musongati mu Murenge wa Nyarusange mu Karere ka Muhanga, umusaza wari mu nzira ataha yumvise uruhinja rurira, bimwanga mu nda, ararushakisha ararubona ararutoragura, none hari gushakishwa uwaba wararutaye.

Uyu musaza w’imyaka 61, yatoraguye uru ruhinja mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje tariki Indwi Ukwakira, ubwo yari mu nzira ataha, akumva umwana ari kurira, akamushakisha ubundi akamubona, agahita amushyikiriza inzego.

Inzego z’ibanze zivuga ko nyuma yuko uyu uru ruhinja ruri mu kigero cy’ibyumweru bibiri rutoraguwe, rwahise rujyanwa kwa muganga kugira ngo rukorerwe ibizamini niba nta burwayi afite dore ko yatoraguwe ari nijoro ndetse bigaragara ko imbeho yari yamuzahaje.

Bakimugeza ku Bitaro bya Kabgayi muri aka Karere ka Muhanga, abaganga bamukoreye isuzuma basanga ntakibazo afite.

Ruzindana Fiacre uyobora Umurenge wa Nyarusange, avuga ko bikimara kuba, ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwasabye Abajyanama b’Ubuzima gushakisha niba nta mukobwa wo muri uyu Murenge waba wari umaze iminsi atwite ku buryo ari we waba warataye urwo ruhinja, ariko ko bahebye.

Ati “Gusa twatanze amatangazo no mu yindi Mirenge duhana imbibi dutegereje amakuru baza kuduha.”

Uyu muyobozi avuga ko hari gushakwa umuryango warera uyu mwana ubundi hagakomeza ibikorwa byo gushakisha umubyeyi we waba waramutaye.

Yaboneyeho kunenga uwakoze aya mahano yo guta uyu muziranenge, aboneraho kugira inama ababa batewe inda batifuza, badakwiye kumva ko igisubizo ari uguta abana ahubwo ko baba bakwiye kwiyambaza inzego kuko umwana nk’uyu aba ari we Rwanda rw’ejo.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Pascal says:
    3 years ago

    Yesu we 😢Imana ishyimwe kuba rukiri ruzima

    Reply
  2. U says:
    3 years ago

    Yesu we ntabwo narinziko inyamaswa nkizi zikibaho pee nukuri nigikorwa cyububwa kuko yobabikora baba bishimye rero bage bahagarara kigabo bahamgane ningaruka zivamw
    o kuko uriya mwana ntakosa aba yarakuze kuko we aba urumumarayika

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Nyarugenge: Bafatanywe ibilo 30 by’urumogi barupakiye mu mufuka wa sima

Next Post

Bamwe twabaye hano, Abanyarwanda n’Abagande turi abavandimwe- Prof.Nshuti muri Uganda

Related Posts

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

by radiotv10
10/12/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, bavuga ko umuhanda utagira rigore utuma amazi awuturukamo aruhukira...

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

IZIHERUKA

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga
IMIBEREHO MYIZA

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

by radiotv10
10/12/2025
0

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

09/12/2025
Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bamwe twabaye hano, Abanyarwanda n’Abagande turi abavandimwe- Prof.Nshuti muri Uganda

Bamwe twabaye hano, Abanyarwanda n’Abagande turi abavandimwe- Prof.Nshuti muri Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.