Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Hari gushakishwa uwataye uruhinja rw’ibyumweru rugatoragurwa n’umusaza

radiotv10by radiotv10
10/10/2022
in MU RWANDA
2
Muhanga: Hari gushakishwa uwataye uruhinja rw’ibyumweru rugatoragurwa n’umusaza
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Kagari Musongati mu Murenge wa Nyarusange mu Karere ka Muhanga, umusaza wari mu nzira ataha yumvise uruhinja rurira, bimwanga mu nda, ararushakisha ararubona ararutoragura, none hari gushakishwa uwaba wararutaye.

Uyu musaza w’imyaka 61, yatoraguye uru ruhinja mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje tariki Indwi Ukwakira, ubwo yari mu nzira ataha, akumva umwana ari kurira, akamushakisha ubundi akamubona, agahita amushyikiriza inzego.

Inzego z’ibanze zivuga ko nyuma yuko uyu uru ruhinja ruri mu kigero cy’ibyumweru bibiri rutoraguwe, rwahise rujyanwa kwa muganga kugira ngo rukorerwe ibizamini niba nta burwayi afite dore ko yatoraguwe ari nijoro ndetse bigaragara ko imbeho yari yamuzahaje.

Bakimugeza ku Bitaro bya Kabgayi muri aka Karere ka Muhanga, abaganga bamukoreye isuzuma basanga ntakibazo afite.

Ruzindana Fiacre uyobora Umurenge wa Nyarusange, avuga ko bikimara kuba, ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwasabye Abajyanama b’Ubuzima gushakisha niba nta mukobwa wo muri uyu Murenge waba wari umaze iminsi atwite ku buryo ari we waba warataye urwo ruhinja, ariko ko bahebye.

Ati “Gusa twatanze amatangazo no mu yindi Mirenge duhana imbibi dutegereje amakuru baza kuduha.”

Uyu muyobozi avuga ko hari gushakwa umuryango warera uyu mwana ubundi hagakomeza ibikorwa byo gushakisha umubyeyi we waba waramutaye.

Yaboneyeho kunenga uwakoze aya mahano yo guta uyu muziranenge, aboneraho kugira inama ababa batewe inda batifuza, badakwiye kumva ko igisubizo ari uguta abana ahubwo ko baba bakwiye kwiyambaza inzego kuko umwana nk’uyu aba ari we Rwanda rw’ejo.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Pascal says:
    3 years ago

    Yesu we 😢Imana ishyimwe kuba rukiri ruzima

    Reply
  2. U says:
    3 years ago

    Yesu we ntabwo narinziko inyamaswa nkizi zikibaho pee nukuri nigikorwa cyububwa kuko yobabikora baba bishimye rero bage bahagarara kigabo bahamgane ningaruka zivamw
    o kuko uriya mwana ntakosa aba yarakuze kuko we aba urumumarayika

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + four =

Previous Post

Nyarugenge: Bafatanywe ibilo 30 by’urumogi barupakiye mu mufuka wa sima

Next Post

Bamwe twabaye hano, Abanyarwanda n’Abagande turi abavandimwe- Prof.Nshuti muri Uganda

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bamwe twabaye hano, Abanyarwanda n’Abagande turi abavandimwe- Prof.Nshuti muri Uganda

Bamwe twabaye hano, Abanyarwanda n’Abagande turi abavandimwe- Prof.Nshuti muri Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.