Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Urujijo ku musore basanze yapfuye nyuma yo kuva mu birori

radiotv10by radiotv10
17/07/2023
in MU RWANDA
0
Muhanga: Urujijo ku musore basanze yapfuye nyuma yo kuva mu birori
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore wo mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga, bamusanze yapfuye, aho bikekwa ko yiyahuye akanywa umuti wica udukoko, akabikora nyuma yo kuva mu munsi mukuru y’isakaramentu, aho yakuweyo yasinze bakamucyura atabishaka.

Uyu musore w’imyaka 22 y’amavuko, yitwa Valens Nsabimana, akaba yabonetse yapfuye mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 16 Nyakanga 2023, agapfira kwa Sekuru mu Mudugudu wa Nyabisindu mu Kagari ka Biringaga mu Murenge wa Cyeza, wamureze kuva akiri umwana.

Yabonywe mu gitondo cya kare, aho abamubonye basanze yamaze gushiramo umwuka, umubiri ukaba wahise ujyanwa mu Bitaro bya Kabgayi kugira ngo ukorerwe isuzuma.

Amakuru ava mu baturanyi, avuga ko uyu musore ashobora kuba yiyahuye akanywa umuti wica udukoko, kubera ibibazo yari afitanye n’abantu batandukanye.

Amakuru avuga kandi ko ku munsi wabanjirije uwo yapfiriyeho, yari yagiye mu birori by’isakaramentu ryo gukomezwa ryahawe umwana wo kwa Se wabo.

Abaturanyi bavuga ko uyu musore yavanywe muri ibi birori yasinze, bakamucyura atabishaka, ari na bwo mu gitondo bamusanze yapfuye, bikekwa ko yiyahuje umuti wica udukoko uzwi nka Kiyoda.

Gakwerere Eraste uyubora Umurenge wa Cyeza, yemeje urupfu rwa nyakwigendera, avuga ko abamubonye “Basanze yarangije kunywa uwo muti yapfuye.”

Inzego zishinzwe iperereza kandi zahise zihutira kugera aho nyakwigendera yapfiriye kugira ngo zitangire gukora iperereza kugira ngo hamenyekane icyamuhitanye.

Mugabo Gilbert, Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Muhanga ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, na we yemeje urupfu rwa nyakwigendera, na we avuga ko ashobora kuba yiyahuye, icyakora ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangiye iperereza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Macky Sall yageze mu Rwanda nyuma y’icyumweru aganiriye na Perezida Kagame

Next Post

IFOTO: Perezida wa Hungary ugeze bwa mbere muri Afurika yahawe impano ikora ku mutima

Related Posts

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

IZIHERUKA

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera
IMIBEREHO MYIZA

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Perezida wa Hungary ugeze bwa mbere muri Afurika yahawe impano ikora ku mutima

IFOTO: Perezida wa Hungary ugeze bwa mbere muri Afurika yahawe impano ikora ku mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.