Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Urujijo ku musore basanze yapfuye nyuma yo kuva mu birori

radiotv10by radiotv10
17/07/2023
in MU RWANDA
0
Muhanga: Urujijo ku musore basanze yapfuye nyuma yo kuva mu birori
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore wo mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga, bamusanze yapfuye, aho bikekwa ko yiyahuye akanywa umuti wica udukoko, akabikora nyuma yo kuva mu munsi mukuru y’isakaramentu, aho yakuweyo yasinze bakamucyura atabishaka.

Uyu musore w’imyaka 22 y’amavuko, yitwa Valens Nsabimana, akaba yabonetse yapfuye mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 16 Nyakanga 2023, agapfira kwa Sekuru mu Mudugudu wa Nyabisindu mu Kagari ka Biringaga mu Murenge wa Cyeza, wamureze kuva akiri umwana.

Yabonywe mu gitondo cya kare, aho abamubonye basanze yamaze gushiramo umwuka, umubiri ukaba wahise ujyanwa mu Bitaro bya Kabgayi kugira ngo ukorerwe isuzuma.

Amakuru ava mu baturanyi, avuga ko uyu musore ashobora kuba yiyahuye akanywa umuti wica udukoko, kubera ibibazo yari afitanye n’abantu batandukanye.

Amakuru avuga kandi ko ku munsi wabanjirije uwo yapfiriyeho, yari yagiye mu birori by’isakaramentu ryo gukomezwa ryahawe umwana wo kwa Se wabo.

Abaturanyi bavuga ko uyu musore yavanywe muri ibi birori yasinze, bakamucyura atabishaka, ari na bwo mu gitondo bamusanze yapfuye, bikekwa ko yiyahuje umuti wica udukoko uzwi nka Kiyoda.

Gakwerere Eraste uyubora Umurenge wa Cyeza, yemeje urupfu rwa nyakwigendera, avuga ko abamubonye “Basanze yarangije kunywa uwo muti yapfuye.”

Inzego zishinzwe iperereza kandi zahise zihutira kugera aho nyakwigendera yapfiriye kugira ngo zitangire gukora iperereza kugira ngo hamenyekane icyamuhitanye.

Mugabo Gilbert, Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Muhanga ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, na we yemeje urupfu rwa nyakwigendera, na we avuga ko ashobora kuba yiyahuye, icyakora ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangiye iperereza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Macky Sall yageze mu Rwanda nyuma y’icyumweru aganiriye na Perezida Kagame

Next Post

IFOTO: Perezida wa Hungary ugeze bwa mbere muri Afurika yahawe impano ikora ku mutima

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Perezida wa Hungary ugeze bwa mbere muri Afurika yahawe impano ikora ku mutima

IFOTO: Perezida wa Hungary ugeze bwa mbere muri Afurika yahawe impano ikora ku mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.