Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Urupfu rw’umwarimu wa Kaminuza rwakangaranyije abamubonye kubera iby’agashinyaguro yakorewe

radiotv10by radiotv10
03/04/2023
in MU RWANDA
14
Muhanga: Urupfu rw’umwarimu wa Kaminuza rwakangaranyije abamubonye kubera iby’agashinyaguro yakorewe
Share on FacebookShare on Twitter

Umwarimu wa Kaminuza y’u Rwanda, bamusanze yapfuye aryamye mu muhanda mu Kagari ka Kivumu mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga, yakuwemo amaso yanamuciwe ururimi.

Uyu nyakwigendera ni Charles Muhirwe Kororo wari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda wari umaze igihe gito yimukiye aha bamusanze yapfiriye.

Umurambo wa nyakwigendera Charles Muhirwe Kororo bawusanze mu Mudugudu wa Musengo mu Kagari ka Kivumu, mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga

Uwahaye amakuru RADIOTV10, yavuze ko umurambo wa nyakwigendera bawusanze mu muhanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 03 Mata 2023.

Yagize ati “Ababonye umurambo we bwa mbere, basanze bamukuyemo amaso ndetse n’ururimi baruciye umutwe.”

Abaturanyi ba nyakwigendera wigishaga muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Nyagatare, bavuga ko yari amaze igihe gito yimukiye aha yaniciwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyeza, Elaste Gakwerere yemereye RADIOTV10 ko aya makuru ari yo ndetse ko muri iki gitondo inzego zaramukiye ahabonetse uyu murambo, zikaba ziri kubikurikirana.

Uyu muyobozi yavuze ko atabasha gutanga amakuru arambuye kuri iki kibazo, kuko ahuze, icyakora yemereye umunyamakuru ko aza kumuha amakuru arambuye, naza guhuguka.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Comments 14

  1. Damas Nd. says:
    3 years ago

    Imana imwakire,twaherukanaga kera apfuye arenganye, Namumenye bwa mbere 1995 aje gukora muri ORINFOR,nyuma ajya muri UNR yigisha muri EPLM,twakomeje kujya duhura mu bihe binyuranye, yagiraga urugwiro ni umuvandikwe wa Mugyema Landouard,wahoze muri RTV, Imana imwakire Kandi namaganye ubwicanyi nkubwo.

    Reply
  2. NTEGEREJIMANA Isaie says:
    3 years ago

    Yoooooo!! Mbega ubugizi bwanabi!!inzego zumutekano zikurikirane abo bagome Kandi nibafatwa bakanirwe urubakwiriye.

    Nihanganishije umuryango we bakomeze gukomera no kwihangana

    Reply
  3. Vincent Niyo says:
    3 years ago

    mvega ibuntu bibabaje nyagasani amwakire kandi akimeze imitima y abasigaye aheza ni mw,ijuru mbega Isi🙉🙉🙉

    Reply
    • Iradukunda says:
      3 years ago

      Inzego zumutekano zigire icyo zidufasha kuko muri Muhanga umutekano umeze nabiii peee😥😥 biteye ubwoba, abo nabo mwumva abo mutumva nibo benshi. Nukuri badufashe bige kumutekano waka Karere.

      Reply
      • VIATEUR HABIMA says:
        3 years ago

        Yewe ndumva bikaze mugihugu cyose
        Noneho hadutse abana ba shitani nabo iyo batakwishe bakugira ikimuga
        I rubavu batumaze badutemagura

        Reply
  4. Nturanyenabo Jean damour says:
    3 years ago

    Igihanocyokwica muzakigarure kuko basigaye batata ngo barafungwa urumva niryo turufu basigaye bagenderaho

    Reply
  5. Pac says:
    3 years ago

    Rest In Paradise Dr Karoro. Mwarimu wanjye guhera 2016 kugeza 2019.

    Reply
  6. NTABANA Joseph says:
    3 years ago

    Mvuka I muhanga ariko Leta nitahitaho hazakorwa nibirenze ibi kuko huzuye ubugome kndi ubuyobozi bwaho buraregeza cyane! Kuko mfite ibimenyetso birenga bitanu byubugone bwaho.

    Reply
  7. Havugabaramye Obed says:
    3 years ago

    RIP My Lecturer , especially in module called Drama in Education

    Reply
  8. Rwabugiri says:
    3 years ago

    Erega hariya nubwo hitwa I Muhanga ntibyavanyeho ko ari I Gitarama iwabo w’aba Paremehutu. N’aho wabatwika mw’itanura ryaka umuliro ntibahinduka kuko nta bwenge bagira, ni Ibihone, ni Ibigoryi, ni abicanyi bonse ingengabitekerezo ya Kayibanda na Peraudin. Bakwiriye kuvugutirwa umuti Kandi birashoboka, ntabwo bizakomeza kuriya….

    Reply
    • Nzayinambaho Eric says:
      3 years ago

      Yego rwose bariya bantu kwica bibari mumaraso wange

      Reply
  9. Yves Munyazikwiye says:
    3 years ago

    May your soul rest in eternal peace my Lecturer! Students of College of education will always remember you because of your kindness, industriousness , sympathy and mercy!

    Reply
  10. Yoramba says:
    3 years ago

    Wowe rwabuhiri+ ucira imanza abantu ngo batwikwe mu itanura ese amateka y,urutare rwa kamegeri urayazi?uzayabaze maze ubone kuvuga ubusa.

    Reply
  11. Vestine says:
    3 years ago

    RIP prof, Nyagasani ufite icyo yakorera abawe basigaye bagakomera abiteho! Inzego z’umutekano zikurikirana abo bagome bakanirwe urubakwiriye! Umuntu ukihimukira Koko! Ubwo bamujijije iki!?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + three =

Previous Post

Umukinnyi w’igihangange mu ikipe ikomeye yakoze igisa n’imyigaragambyo kubera impamvu itangaje

Next Post

Umutoza wazanywe mu ikipe y’ibigwi bivugwa ko ari umucunguzi yirukanywe ayisize iregetse

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutoza wazanywe mu ikipe y’ibigwi bivugwa ko ari umucunguzi yirukanywe ayisize iregetse

Umutoza wazanywe mu ikipe y’ibigwi bivugwa ko ari umucunguzi yirukanywe ayisize iregetse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.