Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Urupfu rw’umwarimu wa Kaminuza rwakangaranyije abamubonye kubera iby’agashinyaguro yakorewe

radiotv10by radiotv10
03/04/2023
in MU RWANDA
14
Muhanga: Urupfu rw’umwarimu wa Kaminuza rwakangaranyije abamubonye kubera iby’agashinyaguro yakorewe
Share on FacebookShare on Twitter

Umwarimu wa Kaminuza y’u Rwanda, bamusanze yapfuye aryamye mu muhanda mu Kagari ka Kivumu mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga, yakuwemo amaso yanamuciwe ururimi.

Uyu nyakwigendera ni Charles Muhirwe Kororo wari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda wari umaze igihe gito yimukiye aha bamusanze yapfiriye.

Umurambo wa nyakwigendera Charles Muhirwe Kororo bawusanze mu Mudugudu wa Musengo mu Kagari ka Kivumu, mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga

Uwahaye amakuru RADIOTV10, yavuze ko umurambo wa nyakwigendera bawusanze mu muhanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 03 Mata 2023.

Yagize ati “Ababonye umurambo we bwa mbere, basanze bamukuyemo amaso ndetse n’ururimi baruciye umutwe.”

Abaturanyi ba nyakwigendera wigishaga muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Nyagatare, bavuga ko yari amaze igihe gito yimukiye aha yaniciwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyeza, Elaste Gakwerere yemereye RADIOTV10 ko aya makuru ari yo ndetse ko muri iki gitondo inzego zaramukiye ahabonetse uyu murambo, zikaba ziri kubikurikirana.

Uyu muyobozi yavuze ko atabasha gutanga amakuru arambuye kuri iki kibazo, kuko ahuze, icyakora yemereye umunyamakuru ko aza kumuha amakuru arambuye, naza guhuguka.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Comments 14

  1. Damas Nd. says:
    3 years ago

    Imana imwakire,twaherukanaga kera apfuye arenganye, Namumenye bwa mbere 1995 aje gukora muri ORINFOR,nyuma ajya muri UNR yigisha muri EPLM,twakomeje kujya duhura mu bihe binyuranye, yagiraga urugwiro ni umuvandikwe wa Mugyema Landouard,wahoze muri RTV, Imana imwakire Kandi namaganye ubwicanyi nkubwo.

    Reply
  2. NTEGEREJIMANA Isaie says:
    3 years ago

    Yoooooo!! Mbega ubugizi bwanabi!!inzego zumutekano zikurikirane abo bagome Kandi nibafatwa bakanirwe urubakwiriye.

    Nihanganishije umuryango we bakomeze gukomera no kwihangana

    Reply
  3. Vincent Niyo says:
    3 years ago

    mvega ibuntu bibabaje nyagasani amwakire kandi akimeze imitima y abasigaye aheza ni mw,ijuru mbega Isi🙉🙉🙉

    Reply
    • Iradukunda says:
      3 years ago

      Inzego zumutekano zigire icyo zidufasha kuko muri Muhanga umutekano umeze nabiii peee😥😥 biteye ubwoba, abo nabo mwumva abo mutumva nibo benshi. Nukuri badufashe bige kumutekano waka Karere.

      Reply
      • VIATEUR HABIMA says:
        3 years ago

        Yewe ndumva bikaze mugihugu cyose
        Noneho hadutse abana ba shitani nabo iyo batakwishe bakugira ikimuga
        I rubavu batumaze badutemagura

        Reply
  4. Nturanyenabo Jean damour says:
    3 years ago

    Igihanocyokwica muzakigarure kuko basigaye batata ngo barafungwa urumva niryo turufu basigaye bagenderaho

    Reply
  5. Pac says:
    3 years ago

    Rest In Paradise Dr Karoro. Mwarimu wanjye guhera 2016 kugeza 2019.

    Reply
  6. NTABANA Joseph says:
    3 years ago

    Mvuka I muhanga ariko Leta nitahitaho hazakorwa nibirenze ibi kuko huzuye ubugome kndi ubuyobozi bwaho buraregeza cyane! Kuko mfite ibimenyetso birenga bitanu byubugone bwaho.

    Reply
  7. Havugabaramye Obed says:
    3 years ago

    RIP My Lecturer , especially in module called Drama in Education

    Reply
  8. Rwabugiri says:
    3 years ago

    Erega hariya nubwo hitwa I Muhanga ntibyavanyeho ko ari I Gitarama iwabo w’aba Paremehutu. N’aho wabatwika mw’itanura ryaka umuliro ntibahinduka kuko nta bwenge bagira, ni Ibihone, ni Ibigoryi, ni abicanyi bonse ingengabitekerezo ya Kayibanda na Peraudin. Bakwiriye kuvugutirwa umuti Kandi birashoboka, ntabwo bizakomeza kuriya….

    Reply
    • Nzayinambaho Eric says:
      3 years ago

      Yego rwose bariya bantu kwica bibari mumaraso wange

      Reply
  9. Yves Munyazikwiye says:
    3 years ago

    May your soul rest in eternal peace my Lecturer! Students of College of education will always remember you because of your kindness, industriousness , sympathy and mercy!

    Reply
  10. Yoramba says:
    3 years ago

    Wowe rwabuhiri+ ucira imanza abantu ngo batwikwe mu itanura ese amateka y,urutare rwa kamegeri urayazi?uzayabaze maze ubone kuvuga ubusa.

    Reply
  11. Vestine says:
    3 years ago

    RIP prof, Nyagasani ufite icyo yakorera abawe basigaye bagakomera abiteho! Inzego z’umutekano zikurikirana abo bagome bakanirwe urubakwiriye! Umuntu ukihimukira Koko! Ubwo bamujijije iki!?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Umukinnyi w’igihangange mu ikipe ikomeye yakoze igisa n’imyigaragambyo kubera impamvu itangaje

Next Post

Umutoza wazanywe mu ikipe y’ibigwi bivugwa ko ari umucunguzi yirukanywe ayisize iregetse

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutoza wazanywe mu ikipe y’ibigwi bivugwa ko ari umucunguzi yirukanywe ayisize iregetse

Umutoza wazanywe mu ikipe y’ibigwi bivugwa ko ari umucunguzi yirukanywe ayisize iregetse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.