Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Urupfu rw’umwarimu wa Kaminuza rwakangaranyije abamubonye kubera iby’agashinyaguro yakorewe

radiotv10by radiotv10
03/04/2023
in MU RWANDA
14
Muhanga: Urupfu rw’umwarimu wa Kaminuza rwakangaranyije abamubonye kubera iby’agashinyaguro yakorewe
Share on FacebookShare on Twitter

Umwarimu wa Kaminuza y’u Rwanda, bamusanze yapfuye aryamye mu muhanda mu Kagari ka Kivumu mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga, yakuwemo amaso yanamuciwe ururimi.

Uyu nyakwigendera ni Charles Muhirwe Kororo wari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda wari umaze igihe gito yimukiye aha bamusanze yapfiriye.

Umurambo wa nyakwigendera Charles Muhirwe Kororo bawusanze mu Mudugudu wa Musengo mu Kagari ka Kivumu, mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga

Uwahaye amakuru RADIOTV10, yavuze ko umurambo wa nyakwigendera bawusanze mu muhanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 03 Mata 2023.

Yagize ati “Ababonye umurambo we bwa mbere, basanze bamukuyemo amaso ndetse n’ururimi baruciye umutwe.”

Abaturanyi ba nyakwigendera wigishaga muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Nyagatare, bavuga ko yari amaze igihe gito yimukiye aha yaniciwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyeza, Elaste Gakwerere yemereye RADIOTV10 ko aya makuru ari yo ndetse ko muri iki gitondo inzego zaramukiye ahabonetse uyu murambo, zikaba ziri kubikurikirana.

Uyu muyobozi yavuze ko atabasha gutanga amakuru arambuye kuri iki kibazo, kuko ahuze, icyakora yemereye umunyamakuru ko aza kumuha amakuru arambuye, naza guhuguka.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Comments 14

  1. Damas Nd. says:
    3 years ago

    Imana imwakire,twaherukanaga kera apfuye arenganye, Namumenye bwa mbere 1995 aje gukora muri ORINFOR,nyuma ajya muri UNR yigisha muri EPLM,twakomeje kujya duhura mu bihe binyuranye, yagiraga urugwiro ni umuvandikwe wa Mugyema Landouard,wahoze muri RTV, Imana imwakire Kandi namaganye ubwicanyi nkubwo.

    Reply
  2. NTEGEREJIMANA Isaie says:
    3 years ago

    Yoooooo!! Mbega ubugizi bwanabi!!inzego zumutekano zikurikirane abo bagome Kandi nibafatwa bakanirwe urubakwiriye.

    Nihanganishije umuryango we bakomeze gukomera no kwihangana

    Reply
  3. Vincent Niyo says:
    3 years ago

    mvega ibuntu bibabaje nyagasani amwakire kandi akimeze imitima y abasigaye aheza ni mw,ijuru mbega Isi🙉🙉🙉

    Reply
    • Iradukunda says:
      3 years ago

      Inzego zumutekano zigire icyo zidufasha kuko muri Muhanga umutekano umeze nabiii peee😥😥 biteye ubwoba, abo nabo mwumva abo mutumva nibo benshi. Nukuri badufashe bige kumutekano waka Karere.

      Reply
      • VIATEUR HABIMA says:
        3 years ago

        Yewe ndumva bikaze mugihugu cyose
        Noneho hadutse abana ba shitani nabo iyo batakwishe bakugira ikimuga
        I rubavu batumaze badutemagura

        Reply
  4. Nturanyenabo Jean damour says:
    3 years ago

    Igihanocyokwica muzakigarure kuko basigaye batata ngo barafungwa urumva niryo turufu basigaye bagenderaho

    Reply
  5. Pac says:
    3 years ago

    Rest In Paradise Dr Karoro. Mwarimu wanjye guhera 2016 kugeza 2019.

    Reply
  6. NTABANA Joseph says:
    3 years ago

    Mvuka I muhanga ariko Leta nitahitaho hazakorwa nibirenze ibi kuko huzuye ubugome kndi ubuyobozi bwaho buraregeza cyane! Kuko mfite ibimenyetso birenga bitanu byubugone bwaho.

    Reply
  7. Havugabaramye Obed says:
    3 years ago

    RIP My Lecturer , especially in module called Drama in Education

    Reply
  8. Rwabugiri says:
    3 years ago

    Erega hariya nubwo hitwa I Muhanga ntibyavanyeho ko ari I Gitarama iwabo w’aba Paremehutu. N’aho wabatwika mw’itanura ryaka umuliro ntibahinduka kuko nta bwenge bagira, ni Ibihone, ni Ibigoryi, ni abicanyi bonse ingengabitekerezo ya Kayibanda na Peraudin. Bakwiriye kuvugutirwa umuti Kandi birashoboka, ntabwo bizakomeza kuriya….

    Reply
    • Nzayinambaho Eric says:
      3 years ago

      Yego rwose bariya bantu kwica bibari mumaraso wange

      Reply
  9. Yves Munyazikwiye says:
    3 years ago

    May your soul rest in eternal peace my Lecturer! Students of College of education will always remember you because of your kindness, industriousness , sympathy and mercy!

    Reply
  10. Yoramba says:
    3 years ago

    Wowe rwabuhiri+ ucira imanza abantu ngo batwikwe mu itanura ese amateka y,urutare rwa kamegeri urayazi?uzayabaze maze ubone kuvuga ubusa.

    Reply
  11. Vestine says:
    3 years ago

    RIP prof, Nyagasani ufite icyo yakorera abawe basigaye bagakomera abiteho! Inzego z’umutekano zikurikirana abo bagome bakanirwe urubakwiriye! Umuntu ukihimukira Koko! Ubwo bamujijije iki!?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + nine =

Previous Post

Umukinnyi w’igihangange mu ikipe ikomeye yakoze igisa n’imyigaragambyo kubera impamvu itangaje

Next Post

Umutoza wazanywe mu ikipe y’ibigwi bivugwa ko ari umucunguzi yirukanywe ayisize iregetse

Related Posts

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

IZIHERUKA

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo
AMAHANGA

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

26/01/2026
Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutoza wazanywe mu ikipe y’ibigwi bivugwa ko ari umucunguzi yirukanywe ayisize iregetse

Umutoza wazanywe mu ikipe y’ibigwi bivugwa ko ari umucunguzi yirukanywe ayisize iregetse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.