Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Yatangiye ay’incuke yigana n’abo arusha imyaka 10…Menya impamvu yatinze

radiotv10by radiotv10
11/10/2022
in MU RWANDA
1
Muhanga: Yatangiye ay’incuke yigana n’abo arusha imyaka 10…Menya impamvu yatinze

Photo/ Kigali Today

Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’umuhungu w’imyaka 13 wo mu Karere ka Muhanga, agiye gutangira amashuri y’incuke asanzwe atangirwa n’abana bafite imyaka itatu, akaba yaradindijwe n’impamvu itaramuturutseho ahubwo ari ukubera uburwayi.

Uyu mwana witwa Elysee Bayiringire wo mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga, agiye gutangira amashuri y’incuke atinze kubera uburwayi bwo mu mutwe bwatumye ubwenge bwe budakurira igihe.

Ndegeya Sylvain washinze Umuryango Stand Together for Change wita ku bafite ubumuga, avuga ko ubumuga bwa Elysee Bayiringire bwaturutse ku kuba yaravutse ananiwe.

Avuga ko abana benshi bafite ibibazo byo mu mutwe mu Rwanda, biba biterwa n’uburyo bavuka, akaba ari na byo byatumye ashinga uyu muryango kuko yabonaga ibi bibazo bikomeye kwiyongera mu Rwanda.

Niyomwungeri Gisele, umubyeyi w’uyu mwana, avuga ko bafashe umwanzuro wo kumujyana ku ishuri kuko babona nibura atangiye kugaragaza ko yashobora kwiga nubwo na byo bitoroshye.

Yagize ati “Ntabwo nzi niba azabimenya, ariko aziga kugeza igihe Imana izabishakira, nifuza ko yamenya ubwenge kandi bibaye byiza yakwiga akabimenya.”

Uyu mubyeyi kandi avuga ko na we yakunze kugira ipfunwe ryo kujyana uyu mwana we ku ishuri kubera ubumuga afite ariko ko nyuma yo kuganirizwa bumvise nta mpamvu yo kuvutsa uburenganzira umwana wabo.

Elysee Bayiringire nubwo akomeje kugaragaza ubwenge butari ku gipimo kimwe n’icy’abo bari mu kigero kimwe na we, ariko agaragaza amatsiko yo gushaka kumenya ibimwegereye, ku buryo hari icyizere ko nagera mu ishuri azafata.

Ntaramenya kuvuga neza, ariko yagiye yitabwaho n’abaganga bazobereye mu by’indwara zo mu mutwe, akomeza kugenda agaragaza impinduka.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Akazuba says:
    3 years ago

    Uyu muryango stand together for change ukorera he?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − one =

Previous Post

Abayobozi muri RURA barimo Umuyobozi Mukuru birukanywe kubera imyitarire idakwiye

Next Post

Nyamasheke: Ivuriro ryabavuriraga kuri Mituweli riza kubihinduka none ngo “nirishake rizahirime”

Related Posts

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

IZIHERUKA

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Ivuriro ryabavuriraga kuri Mituweli riza kubihinduka none ngo “nirishake rizahirime”

Nyamasheke: Ivuriro ryabavuriraga kuri Mituweli riza kubihinduka none ngo "nirishake rizahirime"

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.