Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Yatangiye ay’incuke yigana n’abo arusha imyaka 10…Menya impamvu yatinze

radiotv10by radiotv10
11/10/2022
in MU RWANDA
1
Muhanga: Yatangiye ay’incuke yigana n’abo arusha imyaka 10…Menya impamvu yatinze

Photo/ Kigali Today

Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’umuhungu w’imyaka 13 wo mu Karere ka Muhanga, agiye gutangira amashuri y’incuke asanzwe atangirwa n’abana bafite imyaka itatu, akaba yaradindijwe n’impamvu itaramuturutseho ahubwo ari ukubera uburwayi.

Uyu mwana witwa Elysee Bayiringire wo mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga, agiye gutangira amashuri y’incuke atinze kubera uburwayi bwo mu mutwe bwatumye ubwenge bwe budakurira igihe.

Ndegeya Sylvain washinze Umuryango Stand Together for Change wita ku bafite ubumuga, avuga ko ubumuga bwa Elysee Bayiringire bwaturutse ku kuba yaravutse ananiwe.

Avuga ko abana benshi bafite ibibazo byo mu mutwe mu Rwanda, biba biterwa n’uburyo bavuka, akaba ari na byo byatumye ashinga uyu muryango kuko yabonaga ibi bibazo bikomeye kwiyongera mu Rwanda.

Niyomwungeri Gisele, umubyeyi w’uyu mwana, avuga ko bafashe umwanzuro wo kumujyana ku ishuri kuko babona nibura atangiye kugaragaza ko yashobora kwiga nubwo na byo bitoroshye.

Yagize ati “Ntabwo nzi niba azabimenya, ariko aziga kugeza igihe Imana izabishakira, nifuza ko yamenya ubwenge kandi bibaye byiza yakwiga akabimenya.”

Uyu mubyeyi kandi avuga ko na we yakunze kugira ipfunwe ryo kujyana uyu mwana we ku ishuri kubera ubumuga afite ariko ko nyuma yo kuganirizwa bumvise nta mpamvu yo kuvutsa uburenganzira umwana wabo.

Elysee Bayiringire nubwo akomeje kugaragaza ubwenge butari ku gipimo kimwe n’icy’abo bari mu kigero kimwe na we, ariko agaragaza amatsiko yo gushaka kumenya ibimwegereye, ku buryo hari icyizere ko nagera mu ishuri azafata.

Ntaramenya kuvuga neza, ariko yagiye yitabwaho n’abaganga bazobereye mu by’indwara zo mu mutwe, akomeza kugenda agaragaza impinduka.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Akazuba says:
    3 years ago

    Uyu muryango stand together for change ukorera he?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 7 =

Previous Post

Abayobozi muri RURA barimo Umuyobozi Mukuru birukanywe kubera imyitarire idakwiye

Next Post

Nyamasheke: Ivuriro ryabavuriraga kuri Mituweli riza kubihinduka none ngo “nirishake rizahirime”

Related Posts

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

IZIHERUKA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize
MU RWANDA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Ivuriro ryabavuriraga kuri Mituweli riza kubihinduka none ngo “nirishake rizahirime”

Nyamasheke: Ivuriro ryabavuriraga kuri Mituweli riza kubihinduka none ngo "nirishake rizahirime"

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.