Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Yatangiye ay’incuke yigana n’abo arusha imyaka 10…Menya impamvu yatinze

radiotv10by radiotv10
11/10/2022
in MU RWANDA
1
Muhanga: Yatangiye ay’incuke yigana n’abo arusha imyaka 10…Menya impamvu yatinze

Photo/ Kigali Today

Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’umuhungu w’imyaka 13 wo mu Karere ka Muhanga, agiye gutangira amashuri y’incuke asanzwe atangirwa n’abana bafite imyaka itatu, akaba yaradindijwe n’impamvu itaramuturutseho ahubwo ari ukubera uburwayi.

Uyu mwana witwa Elysee Bayiringire wo mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga, agiye gutangira amashuri y’incuke atinze kubera uburwayi bwo mu mutwe bwatumye ubwenge bwe budakurira igihe.

Ndegeya Sylvain washinze Umuryango Stand Together for Change wita ku bafite ubumuga, avuga ko ubumuga bwa Elysee Bayiringire bwaturutse ku kuba yaravutse ananiwe.

Avuga ko abana benshi bafite ibibazo byo mu mutwe mu Rwanda, biba biterwa n’uburyo bavuka, akaba ari na byo byatumye ashinga uyu muryango kuko yabonaga ibi bibazo bikomeye kwiyongera mu Rwanda.

Niyomwungeri Gisele, umubyeyi w’uyu mwana, avuga ko bafashe umwanzuro wo kumujyana ku ishuri kuko babona nibura atangiye kugaragaza ko yashobora kwiga nubwo na byo bitoroshye.

Yagize ati “Ntabwo nzi niba azabimenya, ariko aziga kugeza igihe Imana izabishakira, nifuza ko yamenya ubwenge kandi bibaye byiza yakwiga akabimenya.”

Uyu mubyeyi kandi avuga ko na we yakunze kugira ipfunwe ryo kujyana uyu mwana we ku ishuri kubera ubumuga afite ariko ko nyuma yo kuganirizwa bumvise nta mpamvu yo kuvutsa uburenganzira umwana wabo.

Elysee Bayiringire nubwo akomeje kugaragaza ubwenge butari ku gipimo kimwe n’icy’abo bari mu kigero kimwe na we, ariko agaragaza amatsiko yo gushaka kumenya ibimwegereye, ku buryo hari icyizere ko nagera mu ishuri azafata.

Ntaramenya kuvuga neza, ariko yagiye yitabwaho n’abaganga bazobereye mu by’indwara zo mu mutwe, akomeza kugenda agaragaza impinduka.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Akazuba says:
    3 years ago

    Uyu muryango stand together for change ukorera he?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + four =

Previous Post

Abayobozi muri RURA barimo Umuyobozi Mukuru birukanywe kubera imyitarire idakwiye

Next Post

Nyamasheke: Ivuriro ryabavuriraga kuri Mituweli riza kubihinduka none ngo “nirishake rizahirime”

Related Posts

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara

Why saving money matters: The power of saving for your future

by radiotv10
19/11/2025
0

In a world where the cost of living keeps rising and responsibilities only grow heavier, saving money has become more...

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

IZIHERUKA

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria
AMAHANGA

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

19/11/2025
Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

19/11/2025
Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Ivuriro ryabavuriraga kuri Mituweli riza kubihinduka none ngo “nirishake rizahirime”

Nyamasheke: Ivuriro ryabavuriraga kuri Mituweli riza kubihinduka none ngo "nirishake rizahirime"

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.