Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Muhire wari wahagaritswe ku Munyamabanga Mukuru wa FERWAFA yasubijwe mu nshingano

radiotv10by radiotv10
05/07/2022
in SIPORO
0
Muhire wari wahagaritswe ku Munyamabanga Mukuru wa FERWAFA yasubijwe mu nshingano
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryasubije mu nshingano Umunyamabanga Mukuru waryo, Muhire Henry Brulart wari uherutse guhagarikwa kubera ibyo yagombaga kubazwa.

Byatangajwe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru, mu butumwa ryanyujije kuri Twitter mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Nyakana 2022.

Iri tangazo rigira riti “Uyu munsi tariki 05 Nyakanga 2022, FERWAFA yasubije mu nshingano Muhire Henry Brulart nk’Umunyamabanga Mukuru nyuma yo gusoza igihe cy’ihagarikwa rye.”

Uyu Munyamabanga Mukuru wa FERWAFA yari amaze ibyumweru bibiri ahagaritswe by’agateganyo ku nshingano ze ubwo tariki 20 Kamena, iri shyirahamwe ryari ryasohoye itangazo rivuga ko ryabaye rimuhagaritse kubera ibyo agomba kubazwa nk’inshingano.

Nyuma y’Ihagarikwa rye, iri shyirahamwe ryahise ryirukana burundu Nzeyimana Félix wari ushinzwe Amarushanwa muri FERWAFA na we byavugwaga ko afite ibyo agomba kubazwa.

Ubwo aba bombi bahagarikwaga, Urwego rw’Igihigu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwahise rutangaza ko rwakiriye ikirego ku bibazo bya ruswa bivugwa muri iri shyirahamwe.

Mu cyumweru gishize, RIB yari yatangaje ko yamaze gukora dosiye y’ikirego kiregwamo abantu batatu barimo Muhire Henry Brulart ndetse na Nzeyimana Félix n’umusifuzi Tuyisenge Javan.

Umuvugizi w’uru rwego rwushinzwe Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko aba bantu bakurikiranyweho ibyaha bitatu; (1) Guhimba, guhindura cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano, (2) kugera ku makuru hagambiriwe gukora icyaha, (3) guhindura amakuru yo muri mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa utabyemerewe.

Uretse Muhire Henry Brulart wari ukurikiranywe adafunze, abandi bombi uko ari babiri, bo bakurikiranywe bafunzwe nkuko byemejwe na Dr Murangira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − six =

Previous Post

DRC: Abasirikare ba FARDC batangiye gukuramo akabo karenge, abagera ku 1.000 bahunze urugamba

Next Post

OMS yibukije ko COVID igihari kandi ikica, mu Rwanda naho imibare yongeye kuzamuka

Related Posts

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
OMS yibukije ko COVID igihari kandi ikica, mu Rwanda naho imibare yongeye kuzamuka

OMS yibukije ko COVID igihari kandi ikica, mu Rwanda naho imibare yongeye kuzamuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.