Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Muhire wari wahagaritswe ku Munyamabanga Mukuru wa FERWAFA yasubijwe mu nshingano

radiotv10by radiotv10
05/07/2022
in SIPORO
0
Muhire wari wahagaritswe ku Munyamabanga Mukuru wa FERWAFA yasubijwe mu nshingano
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryasubije mu nshingano Umunyamabanga Mukuru waryo, Muhire Henry Brulart wari uherutse guhagarikwa kubera ibyo yagombaga kubazwa.

Byatangajwe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru, mu butumwa ryanyujije kuri Twitter mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Nyakana 2022.

Iri tangazo rigira riti “Uyu munsi tariki 05 Nyakanga 2022, FERWAFA yasubije mu nshingano Muhire Henry Brulart nk’Umunyamabanga Mukuru nyuma yo gusoza igihe cy’ihagarikwa rye.”

Uyu Munyamabanga Mukuru wa FERWAFA yari amaze ibyumweru bibiri ahagaritswe by’agateganyo ku nshingano ze ubwo tariki 20 Kamena, iri shyirahamwe ryari ryasohoye itangazo rivuga ko ryabaye rimuhagaritse kubera ibyo agomba kubazwa nk’inshingano.

Nyuma y’Ihagarikwa rye, iri shyirahamwe ryahise ryirukana burundu Nzeyimana Félix wari ushinzwe Amarushanwa muri FERWAFA na we byavugwaga ko afite ibyo agomba kubazwa.

Ubwo aba bombi bahagarikwaga, Urwego rw’Igihigu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwahise rutangaza ko rwakiriye ikirego ku bibazo bya ruswa bivugwa muri iri shyirahamwe.

Mu cyumweru gishize, RIB yari yatangaje ko yamaze gukora dosiye y’ikirego kiregwamo abantu batatu barimo Muhire Henry Brulart ndetse na Nzeyimana Félix n’umusifuzi Tuyisenge Javan.

Umuvugizi w’uru rwego rwushinzwe Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko aba bantu bakurikiranyweho ibyaha bitatu; (1) Guhimba, guhindura cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano, (2) kugera ku makuru hagambiriwe gukora icyaha, (3) guhindura amakuru yo muri mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa utabyemerewe.

Uretse Muhire Henry Brulart wari ukurikiranywe adafunze, abandi bombi uko ari babiri, bo bakurikiranywe bafunzwe nkuko byemejwe na Dr Murangira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 5 =

Previous Post

DRC: Abasirikare ba FARDC batangiye gukuramo akabo karenge, abagera ku 1.000 bahunze urugamba

Next Post

OMS yibukije ko COVID igihari kandi ikica, mu Rwanda naho imibare yongeye kuzamuka

Related Posts

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
09/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Algeria ryasabye imbabazi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’ikimenyetso cyakozwe n’umwe mu bakinnyi b’ikipe...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
OMS yibukije ko COVID igihari kandi ikica, mu Rwanda naho imibare yongeye kuzamuka

OMS yibukije ko COVID igihari kandi ikica, mu Rwanda naho imibare yongeye kuzamuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.