Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhoozi umaze kugenderera Abaperezida batatu mu mezi atatu yakiriwe na Kenyatta yita mukuru we

radiotv10by radiotv10
08/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Muhoozi umaze kugenderera Abaperezida batatu mu mezi atatu yakiriwe na Kenyatta yita mukuru we
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka za Uganda, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yagendereye Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya, amushyikiriza ubutumwa bwihariye bwa Perezida Yoweri Kaguta Museveni.

Byatangajwe na Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, wavuze ko yishimiye guhura na “mukuru wanjye akaba n’inshuti yanjye Perezida Uhuru Kenyatta i Nairobi.”

Muri ubu butumwa Gen Muhoozi yatambukije kuri Twitter buherekejwe n’amafoto yakirwa na Uhuru Kenyatta, yakomeje agira ati “Nanamushyikirije ubutumwa bwihariye bwa Nyakubahwa Yoweri Museveni.”

Gen Muhoozi Kainerugaba wakunze kugaragaza ko afitanye ubucuti na Perezida Uhuru Kenyatta, mu minsi yashize ubwo yateguraga ibirori by’isabukuru ye, yari yavuze ko uyu mukuru wa Kenya na we atagomba kuzabiburamo, gusa ntiyagaragayemo.

Uyu muhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni akaba ari n’Umujyanama we wihariye mu bikorwa bya Gisirikare, amaze iminsi agenderera abakuru b’Ibihugu.

Kuva yasura Perezida Paul Kagame w’u Rwanda ubwo bombi bashakaga umuti w’ibibazo byari bimaze igihe biri hagati ya Uganda n’u Rwanda, Lt Gen Muhoozi yanasuye Perezida Abdel Fattah Al-Sisi wa Misiri.

Muhoozi wari wasuye u Rwanda muri Mutarama akaza kugaruka tariki 14 Werurwe 2022, akanakirwa na Perezida Paul Kagame bakanagirana ibiganiro, nyuma y’iminsi itageze ku cyumweru ni bwo yahise yerecyeza mu Misiri gusura Perezida Abdel Fattah Al-Sisi aho yagiyeyo tariki 20 Werurwe 2022.

Bivuze ko muri aya mezi atatu, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba amaze kugenderera abakuru b’Ibihugu batatu barimo; Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Uhuru Kenyatta wa Kenya na Abdel Fattah Al-Sisi wa Misiri.

Abasesengura ibya Politiki muri Uganda no mu karere, bemeza ko Lt Gen Muhoozi Kainerugaba azasimbura se Yoweri Museveni ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu ndetse ko yatangiye kubyitoza.

Muhoozi akunze kwita Kenyatta mukuru we

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − two =

Previous Post

Jay Squeezer-Kasuku uba USA uzwiho gutitiza imbuga nkoranyambaga ari mu Rwanda

Next Post

Perezida Kagame yakiriye Ellen DeGeneres w’ikirangirire mu kiganiro gikunzwe ku Isi (AMAFOTO)

Related Posts

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Umuhuzabikorwa w'Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Bahame Hassan ukurikiranyweho ibyaha birimo gukora ishimishamubiri rishingiye...

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
22/12/2025
0

Hari gushakishwa abasore babiri muri batatu biraye mu ishuri ryo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bahengereye abanyeshuri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

IZIHERUKA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo
MU RWANDA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye Ellen DeGeneres w’ikirangirire mu kiganiro gikunzwe ku Isi (AMAFOTO)

Perezida Kagame yakiriye Ellen DeGeneres w’ikirangirire mu kiganiro gikunzwe ku Isi (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.