Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhoozi umaze kugenderera Abaperezida batatu mu mezi atatu yakiriwe na Kenyatta yita mukuru we

radiotv10by radiotv10
08/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Muhoozi umaze kugenderera Abaperezida batatu mu mezi atatu yakiriwe na Kenyatta yita mukuru we
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka za Uganda, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yagendereye Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya, amushyikiriza ubutumwa bwihariye bwa Perezida Yoweri Kaguta Museveni.

Byatangajwe na Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, wavuze ko yishimiye guhura na “mukuru wanjye akaba n’inshuti yanjye Perezida Uhuru Kenyatta i Nairobi.”

Muri ubu butumwa Gen Muhoozi yatambukije kuri Twitter buherekejwe n’amafoto yakirwa na Uhuru Kenyatta, yakomeje agira ati “Nanamushyikirije ubutumwa bwihariye bwa Nyakubahwa Yoweri Museveni.”

Gen Muhoozi Kainerugaba wakunze kugaragaza ko afitanye ubucuti na Perezida Uhuru Kenyatta, mu minsi yashize ubwo yateguraga ibirori by’isabukuru ye, yari yavuze ko uyu mukuru wa Kenya na we atagomba kuzabiburamo, gusa ntiyagaragayemo.

Uyu muhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni akaba ari n’Umujyanama we wihariye mu bikorwa bya Gisirikare, amaze iminsi agenderera abakuru b’Ibihugu.

Kuva yasura Perezida Paul Kagame w’u Rwanda ubwo bombi bashakaga umuti w’ibibazo byari bimaze igihe biri hagati ya Uganda n’u Rwanda, Lt Gen Muhoozi yanasuye Perezida Abdel Fattah Al-Sisi wa Misiri.

Muhoozi wari wasuye u Rwanda muri Mutarama akaza kugaruka tariki 14 Werurwe 2022, akanakirwa na Perezida Paul Kagame bakanagirana ibiganiro, nyuma y’iminsi itageze ku cyumweru ni bwo yahise yerecyeza mu Misiri gusura Perezida Abdel Fattah Al-Sisi aho yagiyeyo tariki 20 Werurwe 2022.

Bivuze ko muri aya mezi atatu, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba amaze kugenderera abakuru b’Ibihugu batatu barimo; Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Uhuru Kenyatta wa Kenya na Abdel Fattah Al-Sisi wa Misiri.

Abasesengura ibya Politiki muri Uganda no mu karere, bemeza ko Lt Gen Muhoozi Kainerugaba azasimbura se Yoweri Museveni ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu ndetse ko yatangiye kubyitoza.

Muhoozi akunze kwita Kenyatta mukuru we

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Jay Squeezer-Kasuku uba USA uzwiho gutitiza imbuga nkoranyambaga ari mu Rwanda

Next Post

Perezida Kagame yakiriye Ellen DeGeneres w’ikirangirire mu kiganiro gikunzwe ku Isi (AMAFOTO)

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye Ellen DeGeneres w’ikirangirire mu kiganiro gikunzwe ku Isi (AMAFOTO)

Perezida Kagame yakiriye Ellen DeGeneres w’ikirangirire mu kiganiro gikunzwe ku Isi (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.