Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhoozi umaze kugenderera Abaperezida batatu mu mezi atatu yakiriwe na Kenyatta yita mukuru we

radiotv10by radiotv10
08/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Muhoozi umaze kugenderera Abaperezida batatu mu mezi atatu yakiriwe na Kenyatta yita mukuru we
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka za Uganda, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yagendereye Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya, amushyikiriza ubutumwa bwihariye bwa Perezida Yoweri Kaguta Museveni.

Byatangajwe na Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, wavuze ko yishimiye guhura na “mukuru wanjye akaba n’inshuti yanjye Perezida Uhuru Kenyatta i Nairobi.”

Muri ubu butumwa Gen Muhoozi yatambukije kuri Twitter buherekejwe n’amafoto yakirwa na Uhuru Kenyatta, yakomeje agira ati “Nanamushyikirije ubutumwa bwihariye bwa Nyakubahwa Yoweri Museveni.”

Gen Muhoozi Kainerugaba wakunze kugaragaza ko afitanye ubucuti na Perezida Uhuru Kenyatta, mu minsi yashize ubwo yateguraga ibirori by’isabukuru ye, yari yavuze ko uyu mukuru wa Kenya na we atagomba kuzabiburamo, gusa ntiyagaragayemo.

Uyu muhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni akaba ari n’Umujyanama we wihariye mu bikorwa bya Gisirikare, amaze iminsi agenderera abakuru b’Ibihugu.

Kuva yasura Perezida Paul Kagame w’u Rwanda ubwo bombi bashakaga umuti w’ibibazo byari bimaze igihe biri hagati ya Uganda n’u Rwanda, Lt Gen Muhoozi yanasuye Perezida Abdel Fattah Al-Sisi wa Misiri.

Muhoozi wari wasuye u Rwanda muri Mutarama akaza kugaruka tariki 14 Werurwe 2022, akanakirwa na Perezida Paul Kagame bakanagirana ibiganiro, nyuma y’iminsi itageze ku cyumweru ni bwo yahise yerecyeza mu Misiri gusura Perezida Abdel Fattah Al-Sisi aho yagiyeyo tariki 20 Werurwe 2022.

Bivuze ko muri aya mezi atatu, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba amaze kugenderera abakuru b’Ibihugu batatu barimo; Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Uhuru Kenyatta wa Kenya na Abdel Fattah Al-Sisi wa Misiri.

Abasesengura ibya Politiki muri Uganda no mu karere, bemeza ko Lt Gen Muhoozi Kainerugaba azasimbura se Yoweri Museveni ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu ndetse ko yatangiye kubyitoza.

Muhoozi akunze kwita Kenyatta mukuru we

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 19 =

Previous Post

Jay Squeezer-Kasuku uba USA uzwiho gutitiza imbuga nkoranyambaga ari mu Rwanda

Next Post

Perezida Kagame yakiriye Ellen DeGeneres w’ikirangirire mu kiganiro gikunzwe ku Isi (AMAFOTO)

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye Ellen DeGeneres w’ikirangirire mu kiganiro gikunzwe ku Isi (AMAFOTO)

Perezida Kagame yakiriye Ellen DeGeneres w’ikirangirire mu kiganiro gikunzwe ku Isi (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.