Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhoozi yagaragaje akamuri ku mutima nyuma yo kongera kuganira na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
19/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Muhoozi yagaragaje akamuri ku mutima nyuma yo kongera kuganira na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Umujyanama wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni mu bya gisirikare, General Muhoozi Kainerugaba, wari umaze iminsi ari mu ruzinduko rwihariye mu Rwanda, yavuze ko yishimiye ibiganiro byiza yagiranye na Perezida Paul Kagame.

General Muhoozi Kainerugaba yageze mu Rwanda mu mpera z’icyumweru gishize, tariki 15 Ukwakira 2022, aje mu ruzinduko rwe rwihariye yanagiriye hanze bwa mbere kuva yakurwa ku mwanya w’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka.

Uyu musirikare ukomeye muri Uganda wagize uruhare mu kubura umubano w’Igihugu cye n’u Rwanda, tariki 16 Ukwakira 2022 yakiriwe na Perezida Paul Kagame mu biro bye.

Umukuru w’u Rwanda kandi yanatembereje General Muhoozi mu rwuri rwe aho yari kumwe n’itsinda ry’abo bazanye mu Rwanda barimo umunyamakuru Andrew Mwenda wanagabiwe Inka na Perezida Kagame.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Ukwakira 2022, ku munsi wa nyuma w’uruzinduko rwa General Muhoozi Kainerugaba mu Rwanda, yongeye kwakirwa n’Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame mu biro bye.

Muhoozi akimara kugera muri Uganda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku bw’ibiganiro byiza bagiranye.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Muhoozi yagize ati “Nishimiye kugaruka mu rugo nyuma y’urundi ruzinduko rwo gusura u Rwanda rutemba ibyiza, ndetse n’ibindi biganiro byimbitse kandi byiza nagiranye na Data wacu w’intagarugero Nyakubahwa Paul Kagame.”

Kuva uyu mwaka watangira, General Muhoozi amaze kugirira uruzinduko mu Rwanda inshuro eshatu zirimo urwo yahagiriye muri Mutarama uyu mwaka rwanakurikiwe n’impinduka nziza mu mubano w’u Rwanda na Uganda wari umaze igihe urimo igitotsi.

Muri Werurwe kandi yongeye kugenderera u Rwanda aho yanatangaje ko umubano w’Ibihugu byombi ukomeje kurushaho kujya mu nzira nziza.

Nyuma yo kongera gusura u Rwanda muri uru ruzinduko rwa gatatu, General Muhoozi, mu butumwa bwe yakomeje ashimangira ko umubano w’ibi Bihugu byombi ubu ugeze ahatajegajega.

Yagize ati “Umubano wa Uganda n’u Rwanda ni ntayegayezwa! Imana ihundagazeho imigisha Ibihugu byacu by’ibivandimwe.”

General Muhoozi yagendereye u Rwanda muri uru ruzinduko rwa gatatu, nyuma y’iminsi micye akuwe ku nshingano zo kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku Butaka, ariko azamurwa mu mapeti akurwa ku rya Lieutenant General, ahabwa irya General risumba ayandi mu gisirikare.

Muhoozi kandi yanitabiriye Car Free Day ari kumwe na Perezida Paul Kagame
Ku munsi wa nyuma w’uruzinduko yakiriwe na Perezida Paul Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + nineteen =

Previous Post

Hasobanuwe impamvu Perezida Tshisekedi yahaye inshingano Umujenerali umaze imyaka 10 yarapfuye

Next Post

Rusizi: Inkuba yabasanze mu murima ku manywa y’ihangu ikubitamo umwe abandi basigara ari bataraga

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Inkuba yabasanze mu murima ku manywa y’ihangu ikubitamo umwe abandi basigara ari bataraga

Rusizi: Inkuba yabasanze mu murima ku manywa y’ihangu ikubitamo umwe abandi basigara ari bataraga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.