Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhoozi yavuze icyo yafasha Congo ku bya M23 ayibuza kuyirwanya

radiotv10by radiotv10
07/11/2022
in MU RWANDA
0
Muhoozi yavuze icyo yafasha Congo ku bya M23 ayibuza kuyirwanya
Share on FacebookShare on Twitter

General Muhoozi Kainerugaba, umujyanama wa Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yavuze ko kurwanya M23, ari ukwishyira mu kangaratete, avuga ko yafasha Congo kubona amahoro.

Uyu mujenerali umaze kumenyekana mu karere kubera ibitekerezo bye akunze gutanga ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, yavuze ku kibazo kiri hagati y’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa M23.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter kuri iki Cyumweru, General Muhoozi yaburiye abarwanya M23, avuga ko ari akaga gakomeye.

Yagize ati “Nka M23, ndatekereza ko ari akaga gakomeye ku muntu uwo ari we wese urwanya abavandimwe bacu. Ntabwo ari ibyihebe. Bararwanira uburenganzira bw’Abatutsi bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

General Muhoozi yakomeje agaragaza icyo yafasha ubutegetsi bwa Congo Kinshasa kugira ngo bubone amahoro aho gukomeza kwishora mu ntambara na M23.

Ati “Ku bavandimwe b’Abanyekongo, nshobora gutuma mugirana amahoro n’abavandimwe banyu ba M23. Amahoro ni yo dukene! Hadashingiwe ku buryo umuntu asa, ubwoko bwe, ururimi cyangwa idini.”

Muhoozi agarutse kuri iki kibazo cyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma yuko intambara ihanganishije igisirikare cya Congo (FARDC) na M23 yongeye kubura, ndetse uyu mutwe ukaba warongeye gufata ibindi bice byiyongera ku mujyi wa Bunagana umaze igihe uri mu maboko yawo.

Muhoozi kandi yigeze kuvuga ku mutwe wa FDLR uri gufatanya n’igisirikare cya Congo muri iyi mirwano, awusaba gushyira hasi intwaro ukemera kwishyikiriza igisirikare kiwegereye hagati ya UPDF na RDF, bitaba ibyo ukazahura n’akaga gakomeye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 16 =

Previous Post

Perezida Kagame na William Ruto baganiriye ku mubano mwiza w’u Rwanda na Kenya

Next Post

Hamenyekanye ibyavuye mu biganiro byahuje abakuriye dipolomasi y’u Rwanda n’iya DRCongo

Related Posts

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

In Kigali today, something new is happening on rooftops. Instead of only seeing water tanks and solar panels, you can...

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

IZIHERUKA

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi
FOOTBALL

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

by radiotv10
17/11/2025
0

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye ibyavuye mu biganiro byahuje abakuriye dipolomasi y’u Rwanda n’iya DRCongo

Hamenyekanye ibyavuye mu biganiro byahuje abakuriye dipolomasi y’u Rwanda n’iya DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.