Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhoozi yavuze icyo yafasha Congo ku bya M23 ayibuza kuyirwanya

radiotv10by radiotv10
07/11/2022
in MU RWANDA
0
Muhoozi yavuze icyo yafasha Congo ku bya M23 ayibuza kuyirwanya
Share on FacebookShare on Twitter

General Muhoozi Kainerugaba, umujyanama wa Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yavuze ko kurwanya M23, ari ukwishyira mu kangaratete, avuga ko yafasha Congo kubona amahoro.

Uyu mujenerali umaze kumenyekana mu karere kubera ibitekerezo bye akunze gutanga ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, yavuze ku kibazo kiri hagati y’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa M23.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter kuri iki Cyumweru, General Muhoozi yaburiye abarwanya M23, avuga ko ari akaga gakomeye.

Yagize ati “Nka M23, ndatekereza ko ari akaga gakomeye ku muntu uwo ari we wese urwanya abavandimwe bacu. Ntabwo ari ibyihebe. Bararwanira uburenganzira bw’Abatutsi bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

General Muhoozi yakomeje agaragaza icyo yafasha ubutegetsi bwa Congo Kinshasa kugira ngo bubone amahoro aho gukomeza kwishora mu ntambara na M23.

Ati “Ku bavandimwe b’Abanyekongo, nshobora gutuma mugirana amahoro n’abavandimwe banyu ba M23. Amahoro ni yo dukene! Hadashingiwe ku buryo umuntu asa, ubwoko bwe, ururimi cyangwa idini.”

Muhoozi agarutse kuri iki kibazo cyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma yuko intambara ihanganishije igisirikare cya Congo (FARDC) na M23 yongeye kubura, ndetse uyu mutwe ukaba warongeye gufata ibindi bice byiyongera ku mujyi wa Bunagana umaze igihe uri mu maboko yawo.

Muhoozi kandi yigeze kuvuga ku mutwe wa FDLR uri gufatanya n’igisirikare cya Congo muri iyi mirwano, awusaba gushyira hasi intwaro ukemera kwishyikiriza igisirikare kiwegereye hagati ya UPDF na RDF, bitaba ibyo ukazahura n’akaga gakomeye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − five =

Previous Post

Perezida Kagame na William Ruto baganiriye ku mubano mwiza w’u Rwanda na Kenya

Next Post

Hamenyekanye ibyavuye mu biganiro byahuje abakuriye dipolomasi y’u Rwanda n’iya DRCongo

Related Posts

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara

by radiotv10
25/11/2025
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, batangiye kwikanga ko bashobora kugarizwa n’amapfa nyuma yuko...

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

by radiotv10
25/11/2025
0

Umwarimu w’imyaka 50 wigisha muri Nyanza TSS waregwaga gusambanya abana b’abakobwa babiri bacuruza ibiraha, yanabanje no kubirya ubundi akaboshyoshya akabajyana...

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

by radiotv10
25/11/2025
0

Mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza, abaturage basanze umurambo w'umugabo mu nzu itabamo abantu, bigaragara ko wari umazemo...

Rwanda’s Visa-Free Leap: How Removing Barriers for All African Nationals Is Powering Trade and Economic Growth

Rwanda’s Visa-Free Leap: How Removing Barriers for All African Nationals Is Powering Trade and Economic Growth

by radiotv10
25/11/2025
0

In June 2025, Rwanda took a bold step by introducing visa-free travel for all African Union nationals, a landmark policy...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

IZIHERUKA

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon
FOOTBALL

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

by radiotv10
25/11/2025
0

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara

25/11/2025
Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye ibyavuye mu biganiro byahuje abakuriye dipolomasi y’u Rwanda n’iya DRCongo

Hamenyekanye ibyavuye mu biganiro byahuje abakuriye dipolomasi y’u Rwanda n’iya DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.