Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhoozi yavuze icyo yafasha Congo ku bya M23 ayibuza kuyirwanya

radiotv10by radiotv10
07/11/2022
in MU RWANDA
0
Muhoozi yavuze icyo yafasha Congo ku bya M23 ayibuza kuyirwanya
Share on FacebookShare on Twitter

General Muhoozi Kainerugaba, umujyanama wa Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yavuze ko kurwanya M23, ari ukwishyira mu kangaratete, avuga ko yafasha Congo kubona amahoro.

Uyu mujenerali umaze kumenyekana mu karere kubera ibitekerezo bye akunze gutanga ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, yavuze ku kibazo kiri hagati y’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa M23.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter kuri iki Cyumweru, General Muhoozi yaburiye abarwanya M23, avuga ko ari akaga gakomeye.

Yagize ati “Nka M23, ndatekereza ko ari akaga gakomeye ku muntu uwo ari we wese urwanya abavandimwe bacu. Ntabwo ari ibyihebe. Bararwanira uburenganzira bw’Abatutsi bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

General Muhoozi yakomeje agaragaza icyo yafasha ubutegetsi bwa Congo Kinshasa kugira ngo bubone amahoro aho gukomeza kwishora mu ntambara na M23.

Ati “Ku bavandimwe b’Abanyekongo, nshobora gutuma mugirana amahoro n’abavandimwe banyu ba M23. Amahoro ni yo dukene! Hadashingiwe ku buryo umuntu asa, ubwoko bwe, ururimi cyangwa idini.”

Muhoozi agarutse kuri iki kibazo cyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma yuko intambara ihanganishije igisirikare cya Congo (FARDC) na M23 yongeye kubura, ndetse uyu mutwe ukaba warongeye gufata ibindi bice byiyongera ku mujyi wa Bunagana umaze igihe uri mu maboko yawo.

Muhoozi kandi yigeze kuvuga ku mutwe wa FDLR uri gufatanya n’igisirikare cya Congo muri iyi mirwano, awusaba gushyira hasi intwaro ukemera kwishyikiriza igisirikare kiwegereye hagati ya UPDF na RDF, bitaba ibyo ukazahura n’akaga gakomeye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

Perezida Kagame na William Ruto baganiriye ku mubano mwiza w’u Rwanda na Kenya

Next Post

Hamenyekanye ibyavuye mu biganiro byahuje abakuriye dipolomasi y’u Rwanda n’iya DRCongo

Related Posts

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

by radiotv10
21/01/2026
0

Many people focus on how many hours they sleep, but they forget something very important: when they sleep. Sleep timing...

IZIHERUKA

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces
AMAHANGA

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye ibyavuye mu biganiro byahuje abakuriye dipolomasi y’u Rwanda n’iya DRCongo

Hamenyekanye ibyavuye mu biganiro byahuje abakuriye dipolomasi y’u Rwanda n’iya DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.