Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhoozi yavuze ko RDF na UPDF ari aba mbere muri Afurika

radiotv10by radiotv10
03/10/2022
in MU RWANDA
0
Muhoozi yavuze ko RDF na UPDF ari aba mbere muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka za Uganda, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda, ari iza mbere zikomeye ku Mugabane wa Afurika.

Si ubwa mbere Lt Gen Muhoozi Kainerugaba agaragaje ko ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda ari indashyikirwa, kuko no muri Gashyantare uyu mwaka, yari yavuze ko RDF na UPDF zishyize hamwe, zahita zitsinsura imitwe yitwaje intwaro iri muri Congo iguhanganya u Rwanda na Uganda.

Uyu musirikare ukomeye muri Uganda akaba n’Umujyanama wihariye wa Perezida Yoweri Museveni, yigeze gusaba umutwe wa FDLR kumanika amaboko vuba na bwangu ukishyikiriza ingabo ziwegereye yaba ari iza RDF cyangwa iza UPDF.

Ibi yavuze muri Gicurasi 2022 ubwo uyu mutwe wa FDLR wari ukomeje gufatanya n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda, avuga ko uyu mutwe nutishyikiriza izo ngabo (RDF cyangwa UPDF), uzacanwaho umuriro muri operasiyo yari yavuze ko izitwa Rudahigwa.

Gen Muhoozi Kainerugaba, yongeye gushyira ubutumwa kuri Twitter, avuga ko Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Uganda (UPDF) ari indashyikirwa.

Mu butumwa bwo kuri iki Cyumweru tariki 02 Ukwakira 2022, Muhoozi yagize ati “UPDF na RDF ni zo ngabo nziza za mbere muri Afruka. Dufite ubushobozi bwo gukubita incuro [gutsinda] umwanzi watwenderanyaho. Urugamba rurakomeje.”

UPDF and RDF are the greatest armies in Africa. We can defeat any enemy that threatens us! Aluta Continua!! pic.twitter.com/qwXMycKt0n

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) October 2, 2022

Ni ubutumwa buherekejwe n’amafoto abiri arimo iya Perezida Paul Kagame ari kumwe na bamwe mu Bajenerani muri RDF,  ndetse n’iy’abasirikare ba UPDF bari mu myitozo y’urugamba.

Muhoozi yakomeje agaruka ku bikorwa bya gisirikare biriho bikorwa na UPDF muri DRCongo byo guhiga abarwanyi ba ADF, avuga ko mu mpera z’umwaka ushize yari yasezeranyije ko uyu mutwe ugiye kubona akazawubaho kandi ko isezerano ryaje kuba impamo. Ati “Ubu rero mwakwibaza ngo hakurikiyeho iki?”

Muhoozi Kainerugaba wagize uruhare mu kubura umubano hagati y’u Rwanda na Uganda, yakunze kuvuga ko kimwe mu byamushimishije mu rugendo rwa gisirikare, ari ukunga ubumuwe bwa RDF na UPDF.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Bugesera: Uwafunzwe imyaka 12 kubera gusambanya umukobwa ubu akurikiranyweho gusambanya abana 9 b’abahundu

Next Post

Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.