Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA POLITIKI

Munyakazi wabaye Minisitiri yakatiwe imyaka 5 isubitse, uwo bareganwa akatirwa gufungwa

radiotv10by radiotv10
15/12/2021
in POLITIKI
0
Munyakazi wabaye Minisitiri yakatiwe imyaka 5 isubitse, uwo bareganwa akatirwa gufungwa
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza rw’Ubujurire, Urukiko Rukuru rwahamijie icyaha cya ruswa Dr Munyakazi Isaac wabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, rumukatira igifungo cy’imyata itanu isubitse mu gihe uwo baregwaga hamwe we yakatiwe gufungwa imyaka 5 muri gereza.

Dr Munyakazi Isaac wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri abanza n’Ayisumbuye yari yahamijwe icyaha cya ruswa n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rumukatira gufungwa imyaka 10 n’ihazabu ya Miliyoni 10 Frw.

Dr Munyakazi na Gahima Abdoul baregwa hamwe bari bajuririye Urukiko Rukuru rwari rumaze iminsi rubaburanisha.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Ukuboza 2021, Urukiko Rukuru rwasomye umwanzuro warwo muri uru rubanza rw’Ubujurire aho na rwo rwahamije Dr Munyakazi icyaha cya ruswa ariko rumukatira igifungo cy’imyaka itanu isubitse n’ihazabu ya Miliyoni 3 Frw.

Urukiko Rukuru rwavuze ko Gahima Abdoul ari we nyiri ishuri ryitwa Good Harvest School, we ubujurire bwe budafite ishingiro, rumuhanisha igifungo cy’imyaka itanu no gutanga ihazabu ya miliyoni 1,5 Frw.

Dr Munyakazi watangiye kuburana ubujurire bwe mu kwezi kwa Gatanu 2021, yatakambiye urukiko Rukuru arubwira ko yanasabye imbabazi ibikorwa yakoreshejwe n’intege nke za muntu.

Mu iburanisha ryo ku ya 14 Gicurasi 2021, Dr Munyakazi yagize ati “Nagize intege nke nk’umuntu ndabisabira imbabazi nanazisabye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika namwe banyakubahwa ndangira ngo imbere yanyu mbasabe imbabazi n’izi manza ndimo ubwazo nazo ni igihano kuko ibintu nagiyemo byo guhamagara Dr Sebaganwa Alphonse ngo arebe niba ishuri ryaza mu myanya myiza ntabwo byari ku rwego rwanjye ukurikije umwanya nari ndiho wo ku rwego rwa Minisitiri.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − seven =

Previous Post

Claude Muhayimana uri kuburanishirizwa i Paris yasabiwe gufungwa imyaka 15

Next Post

Urutonde rw’abasifuzi mpuzamahanga muri 2022 ruzagaragaraho amazina mashya 2 y’Abanyarwanda

Related Posts

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Security is an asset NOT to be taken for granted!

Security is an asset NOT to be taken for granted!

by radiotv10
05/04/2026
0

The current global geopolitical landscape and its implications for regional security. Since the end of the Second World War, EU...

Abavuga ko ingamba z’ubwirinzi ari ukuba RDF iri muri Congo, kuzumvikana na Tshisekedi,…Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro

Abavuga ko ingamba z’ubwirinzi ari ukuba RDF iri muri Congo, kuzumvikana na Tshisekedi,…Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro

by radiotv10
03/04/2026
0

Perezida Paul Kagame yagize icyo avuga ku bavuga ko ingamba z'ubwirinzi u Rwanda rwashyizeho ari ukohereza Ingabo zarwo muri DRC,...

Menya Abayobozi bashyizwe mu myanya barimo CP Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda

Menya Abayobozi bashyizwe mu myanya barimo CP Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
03/04/2026
0

Inama y’Abaminisitiri yashyize mu myanya abayobozi banyuranye, barimo CP Theos Bagede wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, wagizwe Komiseri...

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku byatangajwe na FARDC ko igiye kwambura intwaro FDLR no kuyirandura

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku byatangajwe na FARDC ko igiye kwambura intwaro FDLR no kuyirandura

by radiotv10
01/04/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yibukije Leta ya DRC ko gushyira mu bikorwa Amasezerano y’Amahoro bitagarukira...

IZIHERUKA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage
AMAHANGA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urutonde rw’abasifuzi mpuzamahanga muri 2022 ruzagaragaraho amazina mashya 2 y’Abanyarwanda

Urutonde rw'abasifuzi mpuzamahanga muri 2022 ruzagaragaraho amazina mashya 2 y’Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.