Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Muri Congo bishobora guhindura isura kubera ibyo M23 yategujwe ko igiye gukorerwa

radiotv10by radiotv10
06/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ibirambuye ku busabe bw’u Rwanda ko imbaraga za Gisirikare za SADC muri Congo ziterwa umugongo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wa SADC wavuze ko ingabo ziri mu butumwa bwawo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (SAMIDRC), zifatanyije na FARDC, bagiye gukora ibitero simusiga byo kurandura burundu M23, mu gihe uyu mutwe na wo wavuze ko uzirwanaho igihe cyose uzagabwaho igitero.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubunyamabanga bw’uyu Muryango SADC, kuri iki Cyumweru tariki 05 Gicurasi 2024, aho SADC ivuga ko yashenguwe n’ibitero bya M23 yagabye ku bakuwe mu byabo n’intambara bari mu nkambi, byahitanye inzirakarengane z’abaturage 16 ziganjemo abagore n’abana, bigakomeretsa abandi 30.

Ni ibitero byabaye tariki 03 Gicurasi byarashwemo ibibombe byahitanye bamwe mu bacumbikiwe mu nkambi ya Mugunga muri Goma, aho bikomeje kugarukwaho n’imiryango mpuzamahanga itandukanye.

SADC ivuga ko ibi bitero byagabwe n’umutwe wa M23 umaze iminsi uhanganye na FARDC ifatanyije n’ingabo ziri kuyiha umusada zirimo iz’uyu muryango ziri mu butumwa bwiswe ‘SAMIDRC’, ikavuga ko ari ibikorwa bihonyora ihame mpuzamahanga ry’uburenganzira bwa muntu.

Itangazo rya SADC, rikomeza rivuga ko “Ibitero by’inyeshyamba za M23 byagiye byibasira abaturage bavuye mu byabo, bigafunga imihanda yerecyeza i Goma isanzwe ari nyamwamba mu koroshya urujya n’uruza rw’abaturage n’ibintu ndetse n’ibikorwa by’ubutabazi, yabaye itakiri nyabagendwa kubera imitwe yitwaje intwaro, binahagarika serivisi z’ibanze ndetse n’iyoherezwa ry’ibintu.”

Iri tangazo rigakomeza rigira riti “SAMIDRC ifatanyije n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), bagiye gukora ibikorwa bya gisirikare byo kurandura inyeshyamba za M23, bagarure amahoro n’umutekano mu rwego rwo kuzana umwuka mwiza ndetse no kurinda abasivile n’ibyabo ko byagabwaho ibitero.”

SADC ikomeza ivuga kandi ko iyi operasiyo igamije no gufungura imihanda yafunzwe ndetse no gukuraho icyoba kiri mu baturage, no guhagarika ibikorwa bikomeje gutuma abaturage bava mu byabo ndetse n’ubwicanyi bakorerwa, bityo “imiryango migari ibashe kubaho ubuzima busanzwe nta gihunga cyangwa ubwoba bw’ibitero.”

SADC ivuga ko ibi bitero by’ingabo ziri mu butumwa bw’uyu Muryango, bizagendera ku kubahiriza amahame mpuzamahanga y’uburenganzira bwa muntu ndetse n’amategeko ya gisirikare.

Ni mu gihe umutwe wa M23 na wo utahwemye kuvuga ko utazarebera igihe cyose uzagabwaho ibitero, ahubwo ko uzirwanaho ndetse ukanarwana ku baturage bari mu bice ugenzura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Ibyitezwe ku matora y’Igihugu kimaze imyaka 3 gipfushije Perezida waguye ku rugamba

Next Post

Numvaga ntabyizeye- Umuhanzikazi Nyarwanda yagaragaje icyamutunguye nyuma y’igitaramo cye cya mbere

Related Posts

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
25/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

IZIHERUKA

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi
MU RWANDA

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Numvaga ntabyizeye- Umuhanzikazi Nyarwanda yagaragaje icyamutunguye nyuma y’igitaramo cye cya mbere

Numvaga ntabyizeye- Umuhanzikazi Nyarwanda yagaragaje icyamutunguye nyuma y'igitaramo cye cya mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.