Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Muri Congo urugamba rwongeye kwambikana mu buryo butunguranye

radiotv10by radiotv10
12/04/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Muri Congo urugamba rwongeye kwambikana mu buryo butunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe umutwe wa M23 wari ukomeje kurekura ibice wari warafashe ndetse hatangiye kugaragara icyizere ko mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo haba hagiye kuboneka amahoro, urugamba hagati ya FARDC na M23 rwubuye.

Ni imirwano iri kubera mu gace ka Kibumba muri Teritwari ya Nyiragongo, yatangiye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Mata 2023.

Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa watangaje iby’iyi mirwano, mu butumwa yanyujije kuri Twitter muri iki gitondo, yavuze ko “Nyuma yo kwigabiza ibirindiro ARC/M34 yari yashyikirije ingabo za EACRF, i Kibumba muri iki gitondo, ubufatanye bwa Guverinoma ya Kinshasa bagabye igitero ku barwanyi bacu. Imirwano irakomeje.”

Bertrand Bisimwa yasoje ubutumwa bwe, avuga ko bamaganye ubu bushotoranyi bwa FARDC bubaye inshuro nyinshi, bwo kurenga ku myanzuro yafashwe n’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC.

Iyi mirwano yubuye mu gihe umutwe wa M23 wari ukomeje kurekura ibice wari warafashe ukabishyikiriza ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ndetse bikaba byari biteganyijwe ko bizageza ku ya 15 Mata 2023 uyu mutwe waramaze kurekura ibice byose wari warafashe.

Gusa muri aka gace ka Kibumba kavugwamo kuburamo imirwano, kari katangiye kuvugwamo ibikorwa byo guhohotera abaturage, nkuko bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na M23 ku wa Mbere tariki 10 Mata 2023, igaragaza abaturage bamaze kwicwa n’imitwe ifasha FARDC barimo umuganga w’umukobwa wababaje benshi wishwe azizwa ko ari Umututsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + nineteen =

Previous Post

Impuguke igaragaje ingingo nshya ku cyizere cy’igabanuka ry’ibiciro

Next Post

Kigali: Umuntu utaramenyekana yitwikiriye ijoro yigabiza urugo rw’umuturage atera icyuma uwaho

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Umuntu utaramenyekana yitwikiriye ijoro yigabiza urugo rw’umuturage atera icyuma uwaho

Kigali: Umuntu utaramenyekana yitwikiriye ijoro yigabiza urugo rw'umuturage atera icyuma uwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.