Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muri DRCongo rwongeye kwambikana, FARDC irashaka kwisubiza Bunagana

radiotv10by radiotv10
28/06/2022
in MU RWANDA
0
Muri DRCongo rwongeye kwambikana, FARDC irashaka kwisubiza Bunagana
Share on FacebookShare on Twitter

Imirwano yongeye kubura hagati y’igisirikare cya Congo n’umutwe wa M23, aho bivugwa ko FARDC ishaka kwisubiza Umujyi wa Bunagana mu gihe uyu mutwe ukomeje kuba ibamba.

Goma 24 News iravuga ko iyi mirwano yatangiriye mu gace ka Shangi na Ruvumu aho abasirikare ba FARDC banyuze mu duce twa Nyaruhondo bagera ahitwa Ruseke mu gace gaherereye Ntamugenda mu Bilometeri 15 uvuye Rubare ku muhanda wa Goma-Rutshuru.

Mu gitondo cya kare kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Kamena 2022, ingabo za FARDC ziri kumwe n’abo mu mitwe iri gufatanya n’aba basirikare irimo FDLR, bakomereje mu duce turimo Tchanzu muri Gurupoma ya Jomba.

Hari amakuru avuga ko abasirikare bari kurwanira ku ruhande rwa Leta bagera ku bihumbi bitanu (5 000) baje kuri uru rugamba kugira ngo bisubize umujyi wa Bunagana umaze iminsi uri mu maboko ya M23.

Abarwanyi b’imitwe itandukanye irimo uyu wa FDLR urwanya u Rwanda, na Mai Mai, bakomeje kugaragara mu bice biri kuberamo imirwano kugira ngo bafashe FARDC kwisubiza uyu mujyi.

Ubwo M23 yafataga umujyi wa Bunagana, Umuvugizi w’uyu mutwe Maj Willy Ngoma, yatangarije RADIOTV10 ko gufata uyu mujyi bitari biri mu bushake bwabo ahubwo ko bawufashe mu rwego rwo kwizera umutekano wabo kuko FARDC yari ikomeje kubagabaho ibitero.

Mu minsi ishize, havuzwe amakuru ko M23 yaba yakuwe muri Bunagana ariko Maj Willy Ngoma, yaje kunyomoza aya makuru avuga ko nta ngabo na zimwe zifite ubushobozi bwo kubakura muri uyu mujyi.

Uyu muvugizi wa M23, mu kiganiro yatambukije ku mbuga nkoranyambaga z’uyu mutwe, yavuze ko abarwanyi babo bahagaze bwuma ndetse ko biteguye kurwana urugamba rwose bashozwaho.

Muri iki kiganiro, Maj Willy Ngoma yanaboneyeho kunyomoza amakuru yavugaga ko umuyobozi wa M23, Gen Sultan Makenga yapfuye, yerekana bari kumwe yabasuye aho bari ku rugamba, ashimangira ko uyu mujenerali ari we uzabohora Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 10 =

Previous Post

Putin ahawe ubutumwa bukomeye na G7 kubera igisasu rutura Russia yateye muri Ukraine

Next Post

Uganda: Hamenyekanye inkurikizi zabaye ku mugabo wakubitiye urushyi Minisitiri mu Kiliziya

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Hamenyekanye inkurikizi zabaye ku mugabo wakubitiye urushyi Minisitiri mu Kiliziya

Uganda: Hamenyekanye inkurikizi zabaye ku mugabo wakubitiye urushyi Minisitiri mu Kiliziya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.