Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muri DRCongo rwongeye kwambikana, FARDC irashaka kwisubiza Bunagana

radiotv10by radiotv10
28/06/2022
in MU RWANDA
0
Muri DRCongo rwongeye kwambikana, FARDC irashaka kwisubiza Bunagana
Share on FacebookShare on Twitter

Imirwano yongeye kubura hagati y’igisirikare cya Congo n’umutwe wa M23, aho bivugwa ko FARDC ishaka kwisubiza Umujyi wa Bunagana mu gihe uyu mutwe ukomeje kuba ibamba.

Goma 24 News iravuga ko iyi mirwano yatangiriye mu gace ka Shangi na Ruvumu aho abasirikare ba FARDC banyuze mu duce twa Nyaruhondo bagera ahitwa Ruseke mu gace gaherereye Ntamugenda mu Bilometeri 15 uvuye Rubare ku muhanda wa Goma-Rutshuru.

Mu gitondo cya kare kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Kamena 2022, ingabo za FARDC ziri kumwe n’abo mu mitwe iri gufatanya n’aba basirikare irimo FDLR, bakomereje mu duce turimo Tchanzu muri Gurupoma ya Jomba.

Hari amakuru avuga ko abasirikare bari kurwanira ku ruhande rwa Leta bagera ku bihumbi bitanu (5 000) baje kuri uru rugamba kugira ngo bisubize umujyi wa Bunagana umaze iminsi uri mu maboko ya M23.

Abarwanyi b’imitwe itandukanye irimo uyu wa FDLR urwanya u Rwanda, na Mai Mai, bakomeje kugaragara mu bice biri kuberamo imirwano kugira ngo bafashe FARDC kwisubiza uyu mujyi.

Ubwo M23 yafataga umujyi wa Bunagana, Umuvugizi w’uyu mutwe Maj Willy Ngoma, yatangarije RADIOTV10 ko gufata uyu mujyi bitari biri mu bushake bwabo ahubwo ko bawufashe mu rwego rwo kwizera umutekano wabo kuko FARDC yari ikomeje kubagabaho ibitero.

Mu minsi ishize, havuzwe amakuru ko M23 yaba yakuwe muri Bunagana ariko Maj Willy Ngoma, yaje kunyomoza aya makuru avuga ko nta ngabo na zimwe zifite ubushobozi bwo kubakura muri uyu mujyi.

Uyu muvugizi wa M23, mu kiganiro yatambukije ku mbuga nkoranyambaga z’uyu mutwe, yavuze ko abarwanyi babo bahagaze bwuma ndetse ko biteguye kurwana urugamba rwose bashozwaho.

Muri iki kiganiro, Maj Willy Ngoma yanaboneyeho kunyomoza amakuru yavugaga ko umuyobozi wa M23, Gen Sultan Makenga yapfuye, yerekana bari kumwe yabasuye aho bari ku rugamba, ashimangira ko uyu mujenerali ari we uzabohora Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Putin ahawe ubutumwa bukomeye na G7 kubera igisasu rutura Russia yateye muri Ukraine

Next Post

Uganda: Hamenyekanye inkurikizi zabaye ku mugabo wakubitiye urushyi Minisitiri mu Kiliziya

Related Posts

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

by radiotv10
20/01/2026
0

Bamwe mu Basenateri muri Sena y'u Rwanda, bagararije Guverinoma y'u Rwanda ko aborozi bakigorwa cyane no kubona ibiryo by'amatungo, kuko...

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

by radiotv10
20/01/2026
0

Modern life involves a lot of sitting at work, at home, in transport, and during entertainment. Sitting for long hours...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura
MU RWANDA

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Hamenyekanye inkurikizi zabaye ku mugabo wakubitiye urushyi Minisitiri mu Kiliziya

Uganda: Hamenyekanye inkurikizi zabaye ku mugabo wakubitiye urushyi Minisitiri mu Kiliziya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.