• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uganda: Hamenyekanye inkurikizi zabaye ku mugabo wakubitiye urushyi Minisitiri mu Kiliziya

radiotv10by radiotv10
28/06/2022
in MU RWANDA, UDUSHYA, UDUSHYA
0
Uganda: Hamenyekanye inkurikizi zabaye ku mugabo wakubitiye urushyi Minisitiri mu Kiliziya
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 39 wakubise urushyi Minisitiri ushinzwe imirimo muri Guverinoma ya Uganda ubwo bari mu misa mu Kiliziya, yatawe muri yombi na Polisi ndetse ubu yatangiye gukora iperereza.

Uyu munyapolitiki usanzwe ari n’Intumwa ya rubanda mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda, yahuye n’uruva gusenya ubwo yari yitabiriye igitambo cya misa kuri iki Cyumweru muri Kiliziya yitiriwe Mutagatifu Micahael yo muri Paruwasi ya Wera.

Umugabo witwa Michael Okurut wari wagiye gusengera muri iyi kiliziya iherereye mu Karere ka Amuria, yakubise urushyi Minisitiri.

Umuvugizi wa Polisi muri Kyoga y’Iburasirazuba, Oscar Gregg Ageca, yavuze ko icyatumye uyu mugabo akubita Minisitiri itaramenyekana.

Yagize ati “Okurut Micheal yaje mbere nk’abandi bakristu bose ubundi arapfukama arasenga, ubwo yahagurukaga mu buryo butunguranye yakubise urushyi Minisitiri wari uri kumuramutsa [amwifuriza umugisha w’Imana].”

Oscar Gregg Ageca yatangaje ko uyu mugabo wakubise urushyi Minisitiri, yahise afatwa n’abarinzi b’uyu munyapolitiki ubundi bakaza kumushyikiriza Polisi ubu ikirego cye kikaba cyaratangiye gukurikiranwa kuri statio ya Wera.

Polisi ya Uganda, ivuga ko ntakibazo kizwi cyari kiri hagati y’uyu mugabo na Minisitiri yakubise urushyi.

Nubwo impamvu y’uru rushyi itaramenyekana, mu mwaka ushize, Minisitiri Ecweru yigeze guhura n’ikibazo bigatuma abarinzi be bakubita inshyi abantu batatu barimo Padiri mukuru wa Paruwasi ya Wera, Simon Peter Olato ndetse n’abamufasha gusoma misa ari bo Benjamin Otasono na Simon Peter Eriku.

Gusa aya makimbirane yabaye muri Gicurasi umwaka ushize 2021, yari yahoshejwe ndetse uyu muminisitiri yiyunga n’aba bantu batatu bakubiswe n’abarinzi be.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 10 =

Previous Post

Muri DRCongo rwongeye kwambikana, FARDC irashaka kwisubiza Bunagana

Next Post

Abanyarwanda banywa amazi y’inganda basabwe gushishoza, hasohoka urutonde rw’inganda zafunzwe

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Abanyarwanda banywa amazi y’inganda basabwe gushishoza, hasohoka urutonde rw’inganda zafunzwe

Abanyarwanda banywa amazi y’inganda basabwe gushishoza, hasohoka urutonde rw’inganda zafunzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.