Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Muri Gaza amarira yongeye kuba menshi mu gihe hasuzumwaga umushinga ugamije amahoro

radiotv10by radiotv10
30/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Muri Gaza amarira yongeye kuba menshi mu gihe hasuzumwaga umushinga ugamije amahoro
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 50 bahitanywe n’ibitero bya Israel muri Gaza, mu gihe umutwe wa Hamas uhanganye n’iki Gihugu uri gusuzuma umugambi wa Donald Trump ugamije kurangira iyi ntambara, yanavuze ko afite icyizere ko bari hafi yo kugera ku mwanzuro ufatika.

Itsinda rya Hamas rishinzwe ibiganiro riri kwiga ku mugambi w’ingingo 20 wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump wo kurangiza intambara ya Israel muri Gaza.

Ubwo yari muri White House, Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, mu kiganiro n’abanyamakuru hamwe na Perezida Trump, yavuze ko yemeye uwo mugambi wo kurangiza intambara.

Ni mu gihe kandi ibitero bya Israel muri Gaza byakomeje kuri uyu wa Kabiri byahitanye abantu 11, nk’uko byatangajwe n’amavuriro y’imbere mu Gihugu, bije bikurikira ibindi byabaye kuri uyu wa Mbere byo byaguyemo abantu 39.

Mu gitero giheruka kandi, ingabo za Israel zarashe ku bashakaga ubufasha hafi y’ahazwi nka Koridoro ya Netzarim mu burengerazuba bwa Gaza, nk’uko babitangarije ibinyamakuru, gusa ntibagaragaje umubare w’abahitanywe cyangwa abakomerekejwe nabyo.

Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narenda Modi abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yashimye umugambi wa Perezida Trump uganisha ku kurangiza intambara muri Gaza anahamagarira impande bireba kubyubahiriza.

Yagize ati “Twakiranye yombi itangazo rya Perezida Donald J. Trump ryerekeye umugambi usesuye wo kurangiza intambara yo muri Gaza. Uwo mugambi utanga inzira nyayo iganisha ku mahoro arambye kandi akomeye, ku mutekano no ku iterambere by’abaturage ba Palesitina n’aba Israel, ndetse n’akarere kanini ka Aziya y’Uburengerazuba. Turizera ko impande zose bireba zizashyigikira igitekerezo cya Perezida Trump, kandi zigafatanya muri uru rugendo rwo kurangiza intambara no guharanira amahoro.”

Phyllis Bennis, umuyobozi mu kigo Institute for Policy Studies i Washington, DC, yavuze ko uyu mugambi wa Trump nta cyizere utanga cy’uko intambara yo muri Gaza izarangira burundu, cyangwa se ngo inyungu z’Abanya-Palesitina zubahirizwe, yanashimangiye ko ibimenyetso byose bigaragaza ko igihe cyose Israel yifuza gusubira mu ntambara, izabikora.

Bimwe mu bikubiye muri zo ngingo 20 za Perezida Trump zireba impande zombi mu kurangiza intambara, harimo ko Israel itagomba kwigarurira Gaza ngo iyiyomekeho nkuko byari byavuzwe, mu gihe Hamas na yo yasabwe kurekura imfungwa zose za Israel ifite.

Jean de Dieu NDAHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Eng.-Trump reveals outcome of talks with Netanyahu

Next Post

Ubutumwa bw’akababaro bwa rutahizamu wakiniye amakipe akomeye Lukaku wagize ibyago

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bw’akababaro bwa rutahizamu wakiniye amakipe akomeye Lukaku wagize ibyago

Ubutumwa bw’akababaro bwa rutahizamu wakiniye amakipe akomeye Lukaku wagize ibyago

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.