Monday, May 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Muri mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

radiotv10by radiotv10
18/05/2026
in FOOTBALL, SIPORO, Uncategorized
0
Muri mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma
Share on FacebookShare on Twitter

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira.

Mu kiciro cya kabiri cyasojwe mu mpera z’iki cyumweru, hatanzwe ibihembo bya miliyoni 36.

Ikipe ya Gakenke Ladies yegukanye igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri mu bagore itsinze Rambura WFC ibitego bitatu kuri kimwe.

Gakenke Ladies yahembwe miliyoni 10 z’amanyarwanda, iya kabiri Rambura WFC ihembwa miliyoni 8, hahembwa kugeza ku makipe atandatu yose.

Umutoza wa Rambura WFC, Uwineza Nadia, yavuze ko yishimye cyane nubwo yatsinzwe.

Ati: “Nk’umunyabigwi wakinnye muri AS Kigali n’ikipe y’igihugu, ndishimye cyane nubwo ntsinzwe, kuko ari ubwa mbere mbonye ibi bintu. Twakiniraga ubuntu, none ubu umupira watunga umuntu. Ndashimira FERWAFA kuri ibi bihembo. Ikipe y’ikiciro cya kabiri mu bagore igahabwa miliyoni 10? Ntibisanzwe. Ababyeyi mubyumvireho mureke abana b’abakobwa bakine.”

Komiseri ushinzwe amarushanwa muri FERWAFA, Niyitanga Desiré, yavuze ko bashaka guteza imbere umupira w’abagore, ku buryo hari amakipe azajya akina stade ikuzura nk’uko bigenda iyo APR FC yakinnye na Rayon Sports FC.

Rambura WFC na Gakenke Ladies zazamutse mu kiciro cya mbere zisimbuye AS Kigali na Nyagatare WFC zamanutse mu kiciro cya kabiri.

Mbere y’uyu mukino, Rambura WFC yari iyoboye urutonde n’amanota 11, Gakenke Ladies ari iya kabiri n’amanota 9.

Gakenke Ladies yasanze Rambura WFC ku kibuga cyayo iyitsinda ibitego bitatu kuri kimwe, ihita ifata umwanya wa mbere.

Usibye ibihembo bya miliyoni 36 byatanzwe mu kiciro cya kabiri, mu kiciro cya mbere hari hatanzwe ibihembo bya miliyoni 63 byo kuva ku ikipe ya mbere kugeza ku ya gatandatu.

Rayon Sports WFC yatwaye igikombe cya shampiyona mu kiciro cya mbere yegukanye miliyoni 20 z’amanyarwanda, Police WFC yabaye iya kabiri yegukanye miliyoni 15, iya gatatu itwara miliyoni 10.

Si mu bagore gusa bishimira ibihembo, kuko no mu bagabo ibihembo byariyongereye haba mu kiciro cya mbere no mu cya kabiri.

Igihembo cy’ikipe ya mbere mu kiciro cya mbere mu bagabo cyavuye kuri miliyoni 25 kigera kuri miliyoni 80 z’amanyarwanda.

Ikipe ya mbere mu kiciro cya kabiri yahembwe miliyoni 25, ubundi zahabwaga iya mbere yo mu cya mbere.

Ni ubwa mbere ibihembo bingana bitya bitanzwe mu mateka ya ruhago nyarwanda, kuko byose hamwe byageze kuri miliyoni 484 z’amanyarwanda.

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Kamonyi: Minisitiri Bizimana yibukije isomo rikomeye Abanyarwanda bagomba gukura mu Kwibuka

Related Posts

Kamonyi: Minisitiri Bizimana yibukije isomo rikomeye Abanyarwanda bagomba gukura mu Kwibuka

Kamonyi: Minisitiri Bizimana yibukije isomo rikomeye Abanyarwanda bagomba gukura mu Kwibuka

by radiotv10
18/05/2026
0

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene, yibukije ko Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, bikwiye guha isomo Abanyarwanda ryo...

REG Volleyball Club yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka ine

REG Volleyball Club yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka ine

by radiotv10
17/05/2026
0

Ikipe ya REG Volleyball Club yegukanye igikombe cya shampiyona ya Volleyball 2026 mu bagabo nyuma yo guturuka inyuma igatsinda Police...

Sunrise na Unity zazamutse mu Cyiciro cya Mbere

Sunrise na Unity zazamutse mu Cyiciro cya Mbere

by radiotv10
17/05/2026
0

Isozwa ry’imikino ya Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri, ryasize amakipe abiri yo mu Ntara y’Iburasirazuba azamutse mu Cyiciro cya Mbere. Ayo...

Umukinnyi w’umunyabigwi Lewandowski yaciye amarenga yo gutandukana na Barcelona

Umukinnyi w’umunyabigwi Lewandowski yaciye amarenga yo gutandukana na Barcelona

by radiotv10
15/05/2026
0

Umunyabigwi wa FC Barcelona, Robert Lewandowski, yamaze guca amarenga ko atazakomezanya na FC Barcelona, kuko amasezerano ye azarangira mu mpera...

Hatanzwe umucyo ku ikipe izahabwa Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda igihe iyo muri Sudan yasoza iyoboye

Hatanzwe umucyo ku ikipe izahabwa Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda igihe iyo muri Sudan yasoza iyoboye

by radiotv10
12/05/2026
0

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwemeje ko igihe ikipe yo mu mahanga mu zikina Shampiyona y’u Rwanda yasoza iri ku...

IZIHERUKA

Muri mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma
FOOTBALL

Muri mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Kamonyi: Minisitiri Bizimana yibukije isomo rikomeye Abanyarwanda bagomba gukura mu Kwibuka

Kamonyi: Minisitiri Bizimana yibukije isomo rikomeye Abanyarwanda bagomba gukura mu Kwibuka

18/05/2026
REG Volleyball Club yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka ine

REG Volleyball Club yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka ine

17/05/2026
Rusizi: Hibutswe abarimo Padiri Mbuguje wabeshyewe guhanura indege ya Habyarimana no kohereza abasore mu nkotanyi

Rusizi: Hibutswe abarimo Padiri Mbuguje wabeshyewe guhanura indege ya Habyarimana no kohereza abasore mu nkotanyi

17/05/2026
Sunrise na Unity zazamutse mu Cyiciro cya Mbere

Sunrise na Unity zazamutse mu Cyiciro cya Mbere

17/05/2026
The Lux Collective Enters Rwanda with Landmark Ultra-Luxury Tourism Circuit Partnership

The Lux Collective Enters Rwanda with Landmark Ultra-Luxury Tourism Circuit Partnership

16/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Muri mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Kamonyi: Minisitiri Bizimana yibukije isomo rikomeye Abanyarwanda bagomba gukura mu Kwibuka

REG Volleyball Club yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka ine

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.