Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Muri Vietnam hadutse indwara yandura ku muvuduko udasanzwe

radiotv10by radiotv10
07/09/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Muri Vietnam hadutse indwara yandura ku muvuduko udasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Indwara ya Dengue Fever ikwirakwizwa n’umubu, ikomeje gusanganwa abantu benshi muri Vietnam, aho mu cyumweru kimwe gusa, yasanganywe abantu ibihumbi 10.

Minisitiri w’Ubuzima muri Vietnam ivuga ko igipimo cy’ubwandu bw’iyi ndwara muri Vietnam, gikomeje kuzamuka, kuko cyiyongereyeho 42% by’uko cyari kimeze umwaka ushize.

Abantu 90 626 bamaze kwandura, barimo 76 848 bajyanywe mu bitaro, ndetse na 24 bitabye Imana bazize iyi ndwara yandura ku muvuduko uri hejuru.

Minisiteri y’Ubuzima muri iki Gihugu cya Vietnam ivuga ko ubwandu bw’iyi ndwara, bwiyongera mu gihe hariho ubushyuhe bwinshi ndetse no mu gihe hagwa imvura nyinshi, kimwe no mu gihe agace gatuwe cyane.

Umuyobozi w’Ibitaro by’Igihugu byo muri Hanoi, Dr Vu Minh Dien; yavuze ko iyo hari abantu bari kujyanwa mu bitaro, hanasuzumwa abandi benshi baba bagaragaje ibimenyetso by’umuriro mwinshi.

Ati “Mu bantu 1 000 bakekwaho iyi ndwara ya dengue fever, bagasuzumwa, 800 barayisanganwa buri munsi.”

Tran Thi Xuyen, umucuruzi w’imbuto wo mu isoko rimwe rito mu Ntara ya Son La, wasanganywe iyi ndwara, avuga ko atazi uburyo yayanduye, ndetse n’uburyo yayanduje bagenzi be.

Yagize ati “Nafashe imiti nahawe n’ibitaro by’iwacu mu Karere mu gihe cy’iminsi ine ariko umuriro wanga gushira, nza kwiyemeza kwijyana ku Bitaro, aho abaganga bavuze ko mfite dengue fever.”

Kugeza ubu ntiharaboneka imiti ivura ibimenyetso bine by’iyi ndwara, iterwa na virusi, igakwirakwizwa n’umubu, izwiho gutera umuriro mwinshi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + eighteen =

Previous Post

Urujijo ku baturage bamaze icyumweru bajya kwivuza bakabura abaganga

Next Post

Gabon: Bongo wari ufungiye iwe kuva yakorerwa ‘Coup d’Etat’ ubu byahindutse

Related Posts

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gabon: Bongo wari ufungiye iwe kuva yakorerwa ‘Coup d’Etat’ ubu byahindutse

Gabon: Bongo wari ufungiye iwe kuva yakorerwa 'Coup d’Etat' ubu byahindutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.