Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Musanze: Abahinzi bakunze kurira ayo kwarika bagejejweho inkuru yumvikanamo ko bagiye guhozwa amarira

radiotv10by radiotv10
15/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Musanze: Abahinzi bakunze kurira ayo kwarika bagejejweho inkuru yumvikanamo ko bagiye guhozwa amarira

Aba baturage bavuga ko bifuza ko iki gishanga gitunganywa

Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko abahinga mu kibaya cya Mugogo cyo mu Murenge wa Busogo mu Karere ka Musanze bamaze igihe bavuga ko ubuhinzi bwabo ari nk’urusimbi kuko imyaka yabo ihora irengerwa n’amazi, Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru buvuga ko hari icyizere ko hagiye kuboneka igisubizo kirambye.

Aba baturage bakunze kugaragariza RADIOTV10 ko iki kibazo cyagiye kubatera ibihombo, kuko amazi menshi yuzuraga muri iki Kibaya cya Mugogo, ntihagire uwirirwa ajya gusarura.

Umwe yagize ati “Turahinga tukagenda gutyo, ukajyamo amadeni, ugahinga byajya kugira ngo byere, amazi akaza bikarengerwa, ubwo amadeni akaba yose.”

Aba baturage bagereranayaga ubuhinzi bwabo n’urusimbi, kuko bashoraga amafaranga menshi, ariko yose akahatikirira, ahubwo bagasiga mu bibazo uruhuri kuko bahingaga ari uko bagujije.

Akomeza agira ati “Naba n’urusimbi ahari hari ubwo umuntu atomboye akunguka. Nk’ubu abenshi imirima yagendeyemo bari guca imigenda ariko na bwo ntibigire icyo bitanga.”

Undi ati “Ingaruka zihoraho kuko iyo wahinze nk’ibihingwa, amazi akaza kuzuramo urumva ibihingwa biruzura, watekereza rero nk’ikilo cy’ibirayi wahinze kubera abakozi baba barimo, ukagendera ku cyizere cy’uko baba bari gukora, ugahinga amazi akazi akuzura, ibyo wahinze byose nyine bikaba bipfuye ubusa.”

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice avuga ko iki kibazo cy’amazi amaze igihe yazengereje aba bahinzi, kigiye kubonerwa umuti urambye, kuko Leta y’u Rwanda yamaze gutanga ingengo y’imari yo kugitunganya mu buryo bugezweho.

Ati “Ikibazo turakizi ndetse hashyizwemo n’amafaranga kugira ngo icyo Kibaya cya Mugogo gitunganywe kugira ngo amazi atazongera kwangiriza abaturage; ni ukugira ngo rwose gitunganywe umusaruro umere neza n’amazi ntakomeza kwangiriza abaturage.”

Avuga ko ubuyobozi buri gukorana na Minisiteri y’Ingabo, kugira ngo iki kibazo kibonerwe umuti, kandi ko hari icyizere gihagije ko aya mazi atazongera kwangiza imyaka y’aba baturage.

Ikibaya cya Mugogo gifite ubuso bungana na hegitare 70, bwahoze butuweho n’abaturage mu myaka 30 ishize, nyuma baza kwimurwa n’imyuzure y’amazi yaturukaga mu misozi igikikije.

Aba baturage bavuga ko bifuza ko iki gishanga gitunganywa

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Chad: Habonetse uwa mbere utemera intsinzi ya General Itno watorewe kuba Perezida

Next Post

Kigali: Impungenge ni nyinshi ku kiraro kimaze imyaka 40 ibyacyo byarabaye agatereranzamba

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Impungenge ni nyinshi ku kiraro kimaze imyaka 40 ibyacyo byarabaye agatereranzamba

Kigali: Impungenge ni nyinshi ku kiraro kimaze imyaka 40 ibyacyo byarabaye agatereranzamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.