Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Bavuga ko Santere yabo yahindutse ikibuga cy’ubusambanyi, hari n’abarara mu mihanda bishimishirizamo

radiotv10by radiotv10
19/07/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Bavuga ko Santere yabo yahindutse ikibuga cy’ubusambanyi, hari n’abarara mu mihanda bishimishirizamo
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu isantere ya Mukono bakunze kwita ku Kabara iherereye mu Kagari ka Kamisave mu Murenge wa Remera mu Karere ka Musanze, bavuga ko uburaya buhakorerwa bukomeje gufata intera ku buryo nta joro basiba kubona abasambanira mu muhanda rwagati.

Iyi santere iherereye mu Mudugudu wa Kabara, isanzwe ikorerwamo ubucuruzi buciriritse bw’ibyo abaturage bakenera mu buzi bwa buri munsi ndetse n’icyo kunywa, gusa kuri ubu ngo igikomeje kuhagaragara ni ubusambanyi budasanzwe.

Bamwe mu batuye muri santere n’abakorera ingendo, babwiye RADIOTV10 ko ubu busambanyi bukabije, akenshi buterwa n’ubusinzi nab wo budasanzwe ndetse n’abakora akazi ko kwicuruza.

Bavuga ko abakora ubu busambanyi badatinya no kubukorera ku karubanda, kuko hari n’abatirirwa bajya kwihisha ngo bakore iki gikorwa gisanzwe kizwiho ko ari icy’ibanga.

Yagize ati “No mu binani [ibisambu] bararayo cyangwa mu bizu bitubatse, yewe n’aha baharara bapfa kuba bakundanye cyangwa basinze.”

Aba baturage bavuga ko ubu busambanyi bukabike bukomeje konona abakiri bato kuko bukorerwa ku mugaragaro ku buryo hari abashobora kuzakurana izi ngeso mbi.

Undi muturage ati “Ikibazo ni uko badutera imyanda nk’ibi bipuridanse [udukingirizo] baba bakoresheje bakabita mu mayira, abana bacu bakabitegura bakabangamo imipira.”

Undi ati “Mu gitondo ni ugusanga imwe hariya indi hariya, nta metero n’imwe watambuka utarabona puridanse.”

Bavuga kandi ko ubu buraya bunatuma muri iyi santere hagaragara urugomo kuko nk’iyo bamwe bari kwinezeza hakagira ubarogoya ubwo aba agatowe, ndetse n’abashakanye bagahora mi mirwano bapfa ubwo buraya.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza, Kamanzi Axelle avuga ko abaturage bakwiye kwirinda kwishora muri izi ngeso mbi bibwira ko bari gushaka imibereho nyamara zishobora kubakururira ingaruka mbi.

Ati “Uburyo bantu bahitamo gushaka amaramuko bitajyanye n’indangagaciro z’Abanyarwanda harimo kwiyandarika nk’ibyo by’uburaya, ntabwo ari ibyo gushyigikirwa, ahubw turabashishikariza gukora imirimo itandukanye kuko irahari bitewe n’ubushobozi bw’umuntu ashobora gukora atiyandaritse.”

Kamanzi Axelle avuga ko ubuyobozi busanzwe bukorana n’abafite utubari kugira uruhare mu kurwanya ibi bikorwa bibi, bubasaba guhagarika guha umuntu inzoga mu gihe babona yasinze ndetse bakanatangira amakuru ku gihe iyo hari uzamuye urugomo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

Nyaruguru: Fuso ipakiye umucanga yagonze inzu iruhukiramo imbere ihitana babiri

Next Post

Aho ndi ko bahazi kuki bataza kumfata?- Gen.Makenga ahaye ubutumwa abamukangisha Ubutabera Mpuzamahanga

Related Posts

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

In Kigali today, something new is happening on rooftops. Instead of only seeing water tanks and solar panels, you can...

IZIHERUKA

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka
AMAHANGA

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

by radiotv10
17/11/2025
0

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Eng.-DRC and Burundi enter new cooperation after Military Collaboration

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Aho ndi ko bahazi kuki bataza kumfata?- Gen.Makenga ahaye ubutumwa abamukangisha Ubutabera Mpuzamahanga

Aho ndi ko bahazi kuki bataza kumfata?- Gen.Makenga ahaye ubutumwa abamukangisha Ubutabera Mpuzamahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.