Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Bavuga ko Santere yabo yahindutse ikibuga cy’ubusambanyi, hari n’abarara mu mihanda bishimishirizamo

radiotv10by radiotv10
19/07/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Bavuga ko Santere yabo yahindutse ikibuga cy’ubusambanyi, hari n’abarara mu mihanda bishimishirizamo
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu isantere ya Mukono bakunze kwita ku Kabara iherereye mu Kagari ka Kamisave mu Murenge wa Remera mu Karere ka Musanze, bavuga ko uburaya buhakorerwa bukomeje gufata intera ku buryo nta joro basiba kubona abasambanira mu muhanda rwagati.

Iyi santere iherereye mu Mudugudu wa Kabara, isanzwe ikorerwamo ubucuruzi buciriritse bw’ibyo abaturage bakenera mu buzi bwa buri munsi ndetse n’icyo kunywa, gusa kuri ubu ngo igikomeje kuhagaragara ni ubusambanyi budasanzwe.

Bamwe mu batuye muri santere n’abakorera ingendo, babwiye RADIOTV10 ko ubu busambanyi bukabije, akenshi buterwa n’ubusinzi nab wo budasanzwe ndetse n’abakora akazi ko kwicuruza.

Bavuga ko abakora ubu busambanyi badatinya no kubukorera ku karubanda, kuko hari n’abatirirwa bajya kwihisha ngo bakore iki gikorwa gisanzwe kizwiho ko ari icy’ibanga.

Yagize ati “No mu binani [ibisambu] bararayo cyangwa mu bizu bitubatse, yewe n’aha baharara bapfa kuba bakundanye cyangwa basinze.”

Aba baturage bavuga ko ubu busambanyi bukabike bukomeje konona abakiri bato kuko bukorerwa ku mugaragaro ku buryo hari abashobora kuzakurana izi ngeso mbi.

Undi muturage ati “Ikibazo ni uko badutera imyanda nk’ibi bipuridanse [udukingirizo] baba bakoresheje bakabita mu mayira, abana bacu bakabitegura bakabangamo imipira.”

Undi ati “Mu gitondo ni ugusanga imwe hariya indi hariya, nta metero n’imwe watambuka utarabona puridanse.”

Bavuga kandi ko ubu buraya bunatuma muri iyi santere hagaragara urugomo kuko nk’iyo bamwe bari kwinezeza hakagira ubarogoya ubwo aba agatowe, ndetse n’abashakanye bagahora mi mirwano bapfa ubwo buraya.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza, Kamanzi Axelle avuga ko abaturage bakwiye kwirinda kwishora muri izi ngeso mbi bibwira ko bari gushaka imibereho nyamara zishobora kubakururira ingaruka mbi.

Ati “Uburyo bantu bahitamo gushaka amaramuko bitajyanye n’indangagaciro z’Abanyarwanda harimo kwiyandarika nk’ibyo by’uburaya, ntabwo ari ibyo gushyigikirwa, ahubw turabashishikariza gukora imirimo itandukanye kuko irahari bitewe n’ubushobozi bw’umuntu ashobora gukora atiyandaritse.”

Kamanzi Axelle avuga ko ubuyobozi busanzwe bukorana n’abafite utubari kugira uruhare mu kurwanya ibi bikorwa bibi, bubasaba guhagarika guha umuntu inzoga mu gihe babona yasinze ndetse bakanatangira amakuru ku gihe iyo hari uzamuye urugomo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 13 =

Previous Post

Nyaruguru: Fuso ipakiye umucanga yagonze inzu iruhukiramo imbere ihitana babiri

Next Post

Aho ndi ko bahazi kuki bataza kumfata?- Gen.Makenga ahaye ubutumwa abamukangisha Ubutabera Mpuzamahanga

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Aho ndi ko bahazi kuki bataza kumfata?- Gen.Makenga ahaye ubutumwa abamukangisha Ubutabera Mpuzamahanga

Aho ndi ko bahazi kuki bataza kumfata?- Gen.Makenga ahaye ubutumwa abamukangisha Ubutabera Mpuzamahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.