Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Bavuga ko Santere yabo yahindutse ikibuga cy’ubusambanyi, hari n’abarara mu mihanda bishimishirizamo

radiotv10by radiotv10
19/07/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Bavuga ko Santere yabo yahindutse ikibuga cy’ubusambanyi, hari n’abarara mu mihanda bishimishirizamo
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu isantere ya Mukono bakunze kwita ku Kabara iherereye mu Kagari ka Kamisave mu Murenge wa Remera mu Karere ka Musanze, bavuga ko uburaya buhakorerwa bukomeje gufata intera ku buryo nta joro basiba kubona abasambanira mu muhanda rwagati.

Iyi santere iherereye mu Mudugudu wa Kabara, isanzwe ikorerwamo ubucuruzi buciriritse bw’ibyo abaturage bakenera mu buzi bwa buri munsi ndetse n’icyo kunywa, gusa kuri ubu ngo igikomeje kuhagaragara ni ubusambanyi budasanzwe.

Bamwe mu batuye muri santere n’abakorera ingendo, babwiye RADIOTV10 ko ubu busambanyi bukabije, akenshi buterwa n’ubusinzi nab wo budasanzwe ndetse n’abakora akazi ko kwicuruza.

Bavuga ko abakora ubu busambanyi badatinya no kubukorera ku karubanda, kuko hari n’abatirirwa bajya kwihisha ngo bakore iki gikorwa gisanzwe kizwiho ko ari icy’ibanga.

Yagize ati “No mu binani [ibisambu] bararayo cyangwa mu bizu bitubatse, yewe n’aha baharara bapfa kuba bakundanye cyangwa basinze.”

Aba baturage bavuga ko ubu busambanyi bukabike bukomeje konona abakiri bato kuko bukorerwa ku mugaragaro ku buryo hari abashobora kuzakurana izi ngeso mbi.

Undi muturage ati “Ikibazo ni uko badutera imyanda nk’ibi bipuridanse [udukingirizo] baba bakoresheje bakabita mu mayira, abana bacu bakabitegura bakabangamo imipira.”

Undi ati “Mu gitondo ni ugusanga imwe hariya indi hariya, nta metero n’imwe watambuka utarabona puridanse.”

Bavuga kandi ko ubu buraya bunatuma muri iyi santere hagaragara urugomo kuko nk’iyo bamwe bari kwinezeza hakagira ubarogoya ubwo aba agatowe, ndetse n’abashakanye bagahora mi mirwano bapfa ubwo buraya.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza, Kamanzi Axelle avuga ko abaturage bakwiye kwirinda kwishora muri izi ngeso mbi bibwira ko bari gushaka imibereho nyamara zishobora kubakururira ingaruka mbi.

Ati “Uburyo bantu bahitamo gushaka amaramuko bitajyanye n’indangagaciro z’Abanyarwanda harimo kwiyandarika nk’ibyo by’uburaya, ntabwo ari ibyo gushyigikirwa, ahubw turabashishikariza gukora imirimo itandukanye kuko irahari bitewe n’ubushobozi bw’umuntu ashobora gukora atiyandaritse.”

Kamanzi Axelle avuga ko ubuyobozi busanzwe bukorana n’abafite utubari kugira uruhare mu kurwanya ibi bikorwa bibi, bubasaba guhagarika guha umuntu inzoga mu gihe babona yasinze ndetse bakanatangira amakuru ku gihe iyo hari uzamuye urugomo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + thirteen =

Previous Post

Nyaruguru: Fuso ipakiye umucanga yagonze inzu iruhukiramo imbere ihitana babiri

Next Post

Aho ndi ko bahazi kuki bataza kumfata?- Gen.Makenga ahaye ubutumwa abamukangisha Ubutabera Mpuzamahanga

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Aho ndi ko bahazi kuki bataza kumfata?- Gen.Makenga ahaye ubutumwa abamukangisha Ubutabera Mpuzamahanga

Aho ndi ko bahazi kuki bataza kumfata?- Gen.Makenga ahaye ubutumwa abamukangisha Ubutabera Mpuzamahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.