Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Musanze: Bubakiwe Biogaz bizezwe no kuzahabwa Inka barategereza amaso ahera mu kirere

radiotv10by radiotv10
02/06/2022
in Uncategorized
0
Musanze: Bubakiwe Biogaz bizezwe no kuzahabwa Inka barategereza amaso ahera mu kirere
Share on FacebookShare on Twitter

Abatujwe mu mudugudu w’ikitegererezo wa Gatovu uherereye mu Kagari ka Rungu mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, bavuga ko bubakiwe ibigega bya biogaz bizezwa no kuzahabwa Inka ariko imyaka ibaye itanu batarazihabwa.

Uyu mudugudu w’ikitegererezo wubatswe mu byiciro bibiri ndetse abatujwe mu cyiciro cya mbere bawumazemo imyaka 5 bemerewe guhabwa inka 2 kugira ngo babashe gukoresha neza biogaz bari bubakiwe.

Baje guhabwa Inka imwe ariko bakavuga ko idashobora kubahaza mu kubona amase yo kwifashisha muri Biogaz none ubu inyinshi ntizikora.

Umwe yagize ati “Biogaz yarahagaze, byarapfuye ntabwo bikora”

Naho imiryango 20 yubakiwe mu cyiciro cya kabiri imazemo imyaka 3, yo ivuga ko itigeze ihabwa inka n’imwe kandi yarubakiwe biogas.

Umwe yagize ati “Ntabwo tuyicana kubera ko tutagira amase kandi amase ni yo acana biogas.”

Aba baturage bavuga ko bagorwa no kubana ibyo batekesha kuko bakoresha ibyatsi bagenda bashakisha mu bihuru.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Ramuli Janvier avuga ko hari gahunda yo kugenda bareba ibibazo bya biogaz cyane cyane muri iyi midugudu yubakiwe abatishoboye kugira ngo bishakirwe umuti.

Yavuze ko uyu mwanzuro wavuye mu nama yahuje Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu n’Uturere yigaga ku bibazo biri mu midugudu y’ikitegererezo birimo n’iki cya Biogaz.

Ati “Icyo kibazo na cyo cyavuzweho hatangwa umurongo ko REG izegera ubuyobozi bw’Akarere bakagenda bareba aho Biogaz noneho abatekinisiye b’Akarere babifite mu nshingano bakagenda bareba aho ziri bakareba izishobora gusanwa.”

Uyu muyobozi avuga ko izidakoreshwa kubera kubura amase, abaturage na bo basabwa kwishakamo ibisubizo na bo bakagira uruhare rwabo.

Nyuma y’uko inshingano zo gukurikirana gahunda ya Biogaz zeguriwe Uturere muri 2016 ndetse sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu REG igahabwa inshingano zo gutanga ubufasha mu bya tekiniki, raporo y’igenzura ry’umwaka wa 2019-2020, igaragaza ko 52% bya biogaz zubatswe zidakora.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + two =

Previous Post

Operasiyo ihuriweho n’Igisirikare cya Congo n’icya Uganda yongerewe igihe

Next Post

Ukuri mpamo ku makuru yasakaye ko muri Zimbabwe ino riri kugura Miliyoni 20Frw

Related Posts

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukuri mpamo ku makuru yasakaye ko muri Zimbabwe ino riri kugura Miliyoni 20Frw

Ukuri mpamo ku makuru yasakaye ko muri Zimbabwe ino riri kugura Miliyoni 20Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.