Wednesday, October 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Imodoka yatobotse ipine irenga umuhanda igonga abarimo umubyeyi wari ufite impinja ebyiri

radiotv10by radiotv10
22/08/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Imodoka yatobotse ipine irenga umuhanda igonga abarimo umubyeyi wari ufite impinja ebyiri
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka yakoreye impanuka mu Murenge wa Muko mu Karere ka Musanze, ubwo yatobokaga ipine igata umuhanda igonga abantu barimo umugore wari ufite abana babiri b’impanga umwe ahasiga ubuzima.

Iyi mpanuka yabaye kuri iki Cyumweru tariki 21 Kanama 2022, ubwo iyi modoka yari utwawe n’umugabo utavuga Ikinyarwanda, yatobokaga ipine igahita yinjira mu mukono w’abanyamaguru.

Iyi modoka ifite plaque RAD 690 Z, yari itwaye n’umugabo wavugaga Ikiswahili, yagoze umukecuru umwe, abadamu babiri barimo uwari ufite abana babiri b’impanga, umwe muri abo bana akaba yahise yitaba Imana.

Ababonye iyi mpanuka, bavuga ko iyi modoka yavaga mu Karere ka Nyabihu yerecyeza mu Mujyi wa Musanze, ari na bwo yaje gutobokesha ipine igahita ita umurongo wayo, igahita yerecyeza mu nzira y’abanyamaguru ari na bwo yahitaga igonga aba bantu.

Abamotari bahise bagera aha, bahise bajyana aba bantu kwa muganga ariko amakuru yaje kumenyekana ni uko umwana umwe muri aba babiri wari ufite amezi arindwi, yitabye Imana.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, SSP Irene Irere, yemeje iby’iyi mpanuka, avuga ko iyi modoka yagonze aba baturage, yabasanze mu mukono wabo w’abanyamaguru.

Muri uyu Murenge wa Muko kandi haherutse kuba impanuka yaturutse ku modoka y’ikamyo ndetse n’iya RDF zabangamiye umunyegare wari utwaye abana babiri, agahita azigwamo bariya bana babiri bagakomereka barimo uwakomeretse bikabije.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − fifteen =

Previous Post

Abarimu bashaka kwigisha mu Rwanda bavuye muri Zimbabwe batangiye gukora ibizamini by’akazi

Next Post

FARDC na Maï-Maï bavugwa mu bucuruzi bwa Zahabu inyura mu Bihugu birimo u Rwanda

Related Posts

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

by radiotv10
22/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi; yakiriye mugenzi we wa Somalia, n’Umugaba Wungirije w’Ingabo za Qatar...

Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame

Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame

by radiotv10
22/10/2025
0

Abasenateri bane bashyizweho na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; bamushimiye icyizere yabagiriye cyo gukomeza gukorera Igihugu, bamwizeza kuzakorana umurava. Aba...

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

by radiotv10
22/10/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayoza baherutse guhura n’ibiza by’imvura byatwaye ubuzima bwa bamwe, bikanangiza...

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
21/10/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashyizeho Abasenateri bane nyuma yuko manda y’abo yari yashyizeho irangiye, barimo babiri bagarutse muri Sena...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
22/10/2025
3

Rwanda’s ambitious move to introduce a new digital identification system has sparked widespread curiosity among citizens and observers eager to...

IZIHERUKA

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia
MU RWANDA

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

by radiotv10
22/10/2025
0

Kigali igiye kwakira ibindi birori by’umukino w’amagare nyuma ya UCI Road World Championships

Kigali igiye kwakira ibindi birori by’umukino w’amagare nyuma ya UCI Road World Championships

22/10/2025
Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame

Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame

22/10/2025
Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

22/10/2025
BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

21/10/2025
Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Byongeye gukomera hagati ya AFC/M23 na FARDC uruhande rumwe rwongera gukoresha intwaro za rutura

21/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC na Maï-Maï bavugwa mu bucuruzi bwa Zahabu inyura mu Bihugu birimo u Rwanda

FARDC na Maï-Maï bavugwa mu bucuruzi bwa Zahabu inyura mu Bihugu birimo u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

Kigali igiye kwakira ibindi birori by’umukino w’amagare nyuma ya UCI Road World Championships

Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.