Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Musanze: Ubuhinzi bwabo babugereranya n’urusimbi bati “Ni ugukina kazungu wagakina nabi ugataha amaramasa”

radiotv10by radiotv10
01/07/2022
in Uncategorized
0
Musanze: Ubuhinzi bwabo babugereranya n’urusimbi bati “Ni ugukina kazungu wagakina nabi ugataha amaramasa”
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinga mu Kibaya cya Mugogo giherereye mu Murenge wa Busogo mu Karere ka Musanze, bavuga ko bamaze imyaka 20 bakora ubuhinzi bumeze nk’urusimbi kuko bubasaba imibare myinshi ku buryo uyibaze nabi atirirwa ajya gusarura.

Aba bahinzi babwiye RADIOTV10 ko imyaka yabo ihora irengerwa bigatuma bahora mu bihombo ndetse ko hari n’ababihagarika kubera kurambirwa aya marira.

Bavuga ko kugira ngo bagire icyo baramura, bibasaba gucunganwa n’amezi, azagwiramo imvura ku buryo iyo imyaka ihuye n’icyo gihe irengerwa.

Umwe yagize ati “Ni ugukina akazungu, ugenda ubara amezi imvura igomba kugwamo, ubwo wagakina nabi, ugahomba.”

Mugenzi we wari uri guhinga, yabwiye Umunyamakuru ko nubwo ahinze ariko atizeye ko azasarura.

Ati “Ni ko gukina kazungu, ntawamenya niba bizera, kumera biramera, ariko ikibazo kikaba gusarura.”

Aba baturage bavuga ko kuba umuntu yahinga akeza ari igitangaza mu gihe bumva abandi bo mu bindi bice bo bahinga bakeza bakabona ibyo barya bakanasagurira amasoko.

Undi ati “Kubirya ni ishaba. Nta gihe hano hatuzurirwa, haba harimo imyaka, twamara gutera ibirayi, urabone bose bari gutera, ubu turi gutanguranwa n’imvura kugira ngo nibura izaze, abahinze mbere baramaze kubibona.”

Bakomeza bagaragaza ko muri iyo myaka yose bamaze bahinga nyamara ntibasarure kubera guhora imirima yabo irengerwa n’amazi menshi bibatera ibihombo byanatumye batagira aho bagera nk’abandi bahinzi.

Undi muhinzi ati “None se niba nashoyemo nk’ibyo bihumbi mirongo itanu, bikagendera ubusa sinsarure, ubwo iyo mbishyira mu kindi gikorwa ntabwo mba ngeze kure.”

Liliane Mugumyabanga ushinzwe imirimo yo gutunganya iki kibaya cya Mugogo, yabwiye RADIOTV10 ko bakora ibishoboka ngo bahangane n’isuri ituruka mu karere ka Nyabihu kuko ari yo yuzuza iki kibaya kandi ngo bitanga umusaruro n’ubwo hataraboneka igisubizo kirambye ku bibazo by’aba baturage.

Ati “Hari gahunda iteganyijwe yo kuba nibura aya mazi yasohoka muri iki Kibaya akagira ahandi yerecyeza, mu gihe ibyo bitarajya mu buryo twe dukora imirimo yo gutunganya imiyoboro ihariko ariko urebye ikingu cyuzuza hano cyane ni amasuri aturuka mu masoko ava mu Karere ka Nyabihu.”

Avuga ko imirimo yo gutunganya iki kibaya cya Mugogo gifite ubuso bungana na hegitare 70 igeze ku kigero cya 85%.

Imirima yabo ikunze kuzurirwa bagataha amaramasa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Hatahuwe ko Umu-Dj usigaje igihe gito cyo kubaho yafungiwe gufata ku ngufu none byazamuye impaka

Next Post

Ijambo rya Kayibanda, Habyarimana na Bikindi ryaratwishe ariko iry’Inkotanyi ryaraturokoye- Sen.Dusingizemungu

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ijambo rya Kayibanda, Habyarimana na Bikindi ryaratwishe ariko iry’Inkotanyi ryaraturokoye- Sen.Dusingizemungu

Ijambo rya Kayibanda, Habyarimana na Bikindi ryaratwishe ariko iry’Inkotanyi ryaraturokoye- Sen.Dusingizemungu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.