Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Musanze: Ubuhinzi bwabo babugereranya n’urusimbi bati “Ni ugukina kazungu wagakina nabi ugataha amaramasa”

radiotv10by radiotv10
01/07/2022
in Uncategorized
0
Musanze: Ubuhinzi bwabo babugereranya n’urusimbi bati “Ni ugukina kazungu wagakina nabi ugataha amaramasa”
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinga mu Kibaya cya Mugogo giherereye mu Murenge wa Busogo mu Karere ka Musanze, bavuga ko bamaze imyaka 20 bakora ubuhinzi bumeze nk’urusimbi kuko bubasaba imibare myinshi ku buryo uyibaze nabi atirirwa ajya gusarura.

Aba bahinzi babwiye RADIOTV10 ko imyaka yabo ihora irengerwa bigatuma bahora mu bihombo ndetse ko hari n’ababihagarika kubera kurambirwa aya marira.

Bavuga ko kugira ngo bagire icyo baramura, bibasaba gucunganwa n’amezi, azagwiramo imvura ku buryo iyo imyaka ihuye n’icyo gihe irengerwa.

Umwe yagize ati “Ni ugukina akazungu, ugenda ubara amezi imvura igomba kugwamo, ubwo wagakina nabi, ugahomba.”

Mugenzi we wari uri guhinga, yabwiye Umunyamakuru ko nubwo ahinze ariko atizeye ko azasarura.

Ati “Ni ko gukina kazungu, ntawamenya niba bizera, kumera biramera, ariko ikibazo kikaba gusarura.”

Aba baturage bavuga ko kuba umuntu yahinga akeza ari igitangaza mu gihe bumva abandi bo mu bindi bice bo bahinga bakeza bakabona ibyo barya bakanasagurira amasoko.

Undi ati “Kubirya ni ishaba. Nta gihe hano hatuzurirwa, haba harimo imyaka, twamara gutera ibirayi, urabone bose bari gutera, ubu turi gutanguranwa n’imvura kugira ngo nibura izaze, abahinze mbere baramaze kubibona.”

Bakomeza bagaragaza ko muri iyo myaka yose bamaze bahinga nyamara ntibasarure kubera guhora imirima yabo irengerwa n’amazi menshi bibatera ibihombo byanatumye batagira aho bagera nk’abandi bahinzi.

Undi muhinzi ati “None se niba nashoyemo nk’ibyo bihumbi mirongo itanu, bikagendera ubusa sinsarure, ubwo iyo mbishyira mu kindi gikorwa ntabwo mba ngeze kure.”

Liliane Mugumyabanga ushinzwe imirimo yo gutunganya iki kibaya cya Mugogo, yabwiye RADIOTV10 ko bakora ibishoboka ngo bahangane n’isuri ituruka mu karere ka Nyabihu kuko ari yo yuzuza iki kibaya kandi ngo bitanga umusaruro n’ubwo hataraboneka igisubizo kirambye ku bibazo by’aba baturage.

Ati “Hari gahunda iteganyijwe yo kuba nibura aya mazi yasohoka muri iki Kibaya akagira ahandi yerecyeza, mu gihe ibyo bitarajya mu buryo twe dukora imirimo yo gutunganya imiyoboro ihariko ariko urebye ikingu cyuzuza hano cyane ni amasuri aturuka mu masoko ava mu Karere ka Nyabihu.”

Avuga ko imirimo yo gutunganya iki kibaya cya Mugogo gifite ubuso bungana na hegitare 70 igeze ku kigero cya 85%.

Imirima yabo ikunze kuzurirwa bagataha amaramasa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Hatahuwe ko Umu-Dj usigaje igihe gito cyo kubaho yafungiwe gufata ku ngufu none byazamuye impaka

Next Post

Ijambo rya Kayibanda, Habyarimana na Bikindi ryaratwishe ariko iry’Inkotanyi ryaraturokoye- Sen.Dusingizemungu

Related Posts

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

IZIHERUKA

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi
IMYIDAGADURO

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ijambo rya Kayibanda, Habyarimana na Bikindi ryaratwishe ariko iry’Inkotanyi ryaraturokoye- Sen.Dusingizemungu

Ijambo rya Kayibanda, Habyarimana na Bikindi ryaratwishe ariko iry’Inkotanyi ryaraturokoye- Sen.Dusingizemungu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.