Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Umuyobozi yaramwijunditse kuko yavuganye n’itangazamakuru amubwira ko nta nkunga ateze kubona

radiotv10by radiotv10
21/06/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Umuyobozi yaramwijunditse kuko yavuganye n’itangazamakuru amubwira ko nta nkunga ateze kubona
Share on FacebookShare on Twitter

Umubyeyi ufite ubumuga wo mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze uherutse kuvugana n’Itangazamakuru agaragaza imibereho igoye abayemo, yabwiwe n’umwe mu bayobozi bo mu z’ibanze ko nta nkunga azahabwa kuko yamutamaje mu itangazamakuru akaba yarashatse kumucisha umutwe.

Uyu mubyeyi witwa Akimanizanye Providence wo mu Mudugudu wa Rwinzovu uri mu kagari ka Murago, asanzwe afite abana babiri arera wenyine kuko umugabo we yamutaye.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 aherutse gusura uyu mubyeyi, amubwira ko afite impungenge z’aho azerecyeza kuko uwari wamutije ikiraro cyo kubamo, yamusabye kugisohokamo.

Uyu mubyeyi wabwiraga umunyamakuru asa n’uwifuza ubuvugizi kuri ibi bibazo afite, ubu aravuga ko byaje kumukomerana kuko ubuvugizi yifuzaga bwaje kumubyarira amazi n’ibisusa kuko Umuyobozi w’Umudugudu amuhoza ku nkeke amuziza kuba yaravuganye n’itangazamakuru ndetse ko nta nkunga azabona.

Ati “Mudugudu yanyitwayemo inabi, ngo ntacyo nzabona ngo ntabwo Abanyamakuru batanga amazu, ngo mbese nabazanye nte.”

Akomeza agira ati “Bose ahubwo banyishyizemo ngo nari ndi kumucisha igihanga.”

Uyu muturage avuga ko aya magambo abwirwa n’umuyobozi amuteye impungenge kuko niyo haba habonetse amahirwe yo gufasha abatishoboye ataboneka ku rutonde kubera uburyo yamwitwayemo umwikomo.

Uyu mubyeyi akomeza avuga ko iki kiraro gisanzwe kiva cyane iyo imvura iguye mu ijoro imushiriraho we n’abana be ariko ubu ngo akaba afite ikibazo kuko nacyo nyiracyo yamusabye kukivamo mu byumweru bibiri.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gataraga, Herman Micomyiza yabwiye RADIOTV10 ko niba koko uwo muyobozi atoteza uyu muturage amuhora kuba yaravugishije itangazamakuru, bidakwiye.

Ati “Icyo kintu ntabwo gikwiye nta nubwo tugishyigikiye, itangazamakuru rifite uruhare rugaragara kandi ruzima mu kubaka Igihugu cyacu, mu gufasha Abanyarwanda, abayobozi b’inzego z’ibanze n’abandi bose n’abaturage ntabwo bakwiye kubona Umunyamakuru ngo birinde cyangwa ngo bigireyo ahubwo bakwiye kumufata nk’umufatanyabikorwa.”

Uyu muyobozi w’Umurenge uvuga ko bagiye kuganiriza uyu muyobozi utoteza umuturage amuhora kuba yaravuganye n’Itangazamakuru, yavuze kandi ko bagiye kwihutira gufasha uyu muturage.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − four =

Previous Post

Ibya ruswa ivugwa muri FERWAFA byafashe indi sura, RIB yabyinjiyemo

Next Post

Kamonyi: Umupadiri w’Umunya-Espagne umaze imyaka 20 atabarutse yashimiwe imbuto yereye ab’i Ngamba

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Umupadiri w’Umunya-Espagne umaze imyaka 20 atabarutse yashimiwe imbuto yereye ab’i Ngamba

Kamonyi: Umupadiri w’Umunya-Espagne umaze imyaka 20 atabarutse yashimiwe imbuto yereye ab’i Ngamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.