Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: V/Mayor yabajijwe ikibazo n’Umunyamakuru araruca ararumira ahita ahindukira amwereka mu mugongo arigendera

radiotv10by radiotv10
30/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
3
Musanze: V/Mayor yabajijwe ikibazo n’Umunyamakuru araruca ararumira ahita ahindukira amwereka mu mugongo arigendera
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Musanze ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Kamanzi Axelle yabajijwe ikibazo n’umunyamakuru imbere ya camera arabanza aracyumva, araruca ararumira, yongera kumusubiriramo, arongera aramwihorera arangije ahita ahindukira arigendera.

Amashusho yatambutse ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza uyu muyobozi Wungirije w’Akarere ka Musanze, ari mu kiganiro n’abanyamakuru [Interview] yatunzwe microphones z’ibinyamakuru binyuranye.

Muri iki kiganiro n’intangazamakuru, umunyamakuru umwe abaza uyu muyobozi ibyekereye ikibazo cya bamwe mu bo amateka agaragaza ko basigaye inyuma batujwe mu Murenge wa Shingiro ariko inzu bubakiwe zikaba zarangiritse hatarashira n’umwaka.

Umunyamakuru wabazaga uyu muyobozi ikigiye gukorerwa aba baturage, yagize ati “Bamwe bari kurara mu bikoni abandi bari kurara hanaze, ngo bayubakishije amatafari atumye ni yo mpamvu yatangiye gusenyuka, murabafasha iki ngo bongere bayasubiremo ko bari bayishimiye?”

Umuyobozi wa @MusanzeDistrict wungirije ushinzwe imibereho myiza Kamanzi Axelle, nyuma yo kubazwa n’abanyamakuru, yaruciye ararumira. pic.twitter.com/ijfWBIBDpg

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) May 30, 2022

Uyu muyobozi Wungirije w’Akarere ka Musanze, Kamanzi Axelle bigaragara ko ikibazo yacyumvise, yaruciye ararumira hashira amasegonda icyenda ntacyo avuga, abanyamakuru na bo bategereje igisubizo.

Umunyamakuru wari wabajije icyo kibazo yongeye gusubiramo ati “Murabafasha iki muyobozi?” Uyu muyobozi yongera guceceka hashira andi masegonda atanu, umunyamakuru ahita agira ati “Murakoze.”

Ako kanya uyu muyobozi yahise ahindukirana igitsiburira, ahita yigendera yihuta cyane asiga Abanyamakuru aho.

Yabanje aramwumva arangije aramuringana
Yahise ahindukira arigendera

RADIOTV10

Comments 3

  1. Bosco says:
    4 years ago

    Hahahah, none se yari gusubiza igisubizo adafite??? Ntabwo azi ibyo arimo, umurenge mumubwira ashobora kuba atanawuzi, ibibazo biriyo ntabyo azi abyumviye aho, none namwe mumushyize hanze!!! Ariko abanyamakuru namwe mujye muzana abantu muri interview mwabateguje, ibibazo birajya mu kiganiro mubibahe hakiri kare!!! Nibura niba atabizi abanze ahamagere Gitifu w’uwo murenge kuko uwo muyobozi rwose ntazi iyo biva n’iyo bijya, ni n’umwana, nta navuze ati …..

    Reply
  2. Fabien says:
    4 years ago

    Uyu ntamuyobozi umurimo. Ubuse igihugu cyavuga ko gifite umuyobozi koko!!! Ubuse uyu yakemura iki? Igihugu cyacu dukunda nticyatera imbere gifite abayobozi bakize kugasuzuguro. Leta itegure itorero abayobozi bigishwe indangagaciro. Njye birambabaje

    Reply
  3. Imboni says:
    4 years ago

    Njye nkurikije imyitwarire y,uyu mu Visi_Meya namusaba ko yahita yandika akegura

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 3 =

Previous Post

Operasiyo Iranzi Jean Claude muri USA: Antha avuze ukuri kutari kuzwi

Next Post

Umupadiri uyobora ishuri n’umwarimu bavuze ko habayeho Jenoside yakorewe Abanyarwanda bakurikiranyweho ingengabitekerezo

Related Posts

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka
MU RWANDA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Umupadiri uyobora ishuri n’umwarimu bavuze ko habayeho Jenoside yakorewe Abanyarwanda bakurikiranyweho ingengabitekerezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.