Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: V/Mayor yabajijwe ikibazo n’Umunyamakuru araruca ararumira ahita ahindukira amwereka mu mugongo arigendera

radiotv10by radiotv10
30/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
3
Musanze: V/Mayor yabajijwe ikibazo n’Umunyamakuru araruca ararumira ahita ahindukira amwereka mu mugongo arigendera
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Musanze ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Kamanzi Axelle yabajijwe ikibazo n’umunyamakuru imbere ya camera arabanza aracyumva, araruca ararumira, yongera kumusubiriramo, arongera aramwihorera arangije ahita ahindukira arigendera.

Amashusho yatambutse ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza uyu muyobozi Wungirije w’Akarere ka Musanze, ari mu kiganiro n’abanyamakuru [Interview] yatunzwe microphones z’ibinyamakuru binyuranye.

Muri iki kiganiro n’intangazamakuru, umunyamakuru umwe abaza uyu muyobozi ibyekereye ikibazo cya bamwe mu bo amateka agaragaza ko basigaye inyuma batujwe mu Murenge wa Shingiro ariko inzu bubakiwe zikaba zarangiritse hatarashira n’umwaka.

Umunyamakuru wabazaga uyu muyobozi ikigiye gukorerwa aba baturage, yagize ati “Bamwe bari kurara mu bikoni abandi bari kurara hanaze, ngo bayubakishije amatafari atumye ni yo mpamvu yatangiye gusenyuka, murabafasha iki ngo bongere bayasubiremo ko bari bayishimiye?”

Umuyobozi wa @MusanzeDistrict wungirije ushinzwe imibereho myiza Kamanzi Axelle, nyuma yo kubazwa n’abanyamakuru, yaruciye ararumira. pic.twitter.com/ijfWBIBDpg

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) May 30, 2022

Uyu muyobozi Wungirije w’Akarere ka Musanze, Kamanzi Axelle bigaragara ko ikibazo yacyumvise, yaruciye ararumira hashira amasegonda icyenda ntacyo avuga, abanyamakuru na bo bategereje igisubizo.

Umunyamakuru wari wabajije icyo kibazo yongeye gusubiramo ati “Murabafasha iki muyobozi?” Uyu muyobozi yongera guceceka hashira andi masegonda atanu, umunyamakuru ahita agira ati “Murakoze.”

Ako kanya uyu muyobozi yahise ahindukirana igitsiburira, ahita yigendera yihuta cyane asiga Abanyamakuru aho.

Yabanje aramwumva arangije aramuringana
Yahise ahindukira arigendera

RADIOTV10

Comments 3

  1. Bosco says:
    4 years ago

    Hahahah, none se yari gusubiza igisubizo adafite??? Ntabwo azi ibyo arimo, umurenge mumubwira ashobora kuba atanawuzi, ibibazo biriyo ntabyo azi abyumviye aho, none namwe mumushyize hanze!!! Ariko abanyamakuru namwe mujye muzana abantu muri interview mwabateguje, ibibazo birajya mu kiganiro mubibahe hakiri kare!!! Nibura niba atabizi abanze ahamagere Gitifu w’uwo murenge kuko uwo muyobozi rwose ntazi iyo biva n’iyo bijya, ni n’umwana, nta navuze ati …..

    Reply
  2. Fabien says:
    4 years ago

    Uyu ntamuyobozi umurimo. Ubuse igihugu cyavuga ko gifite umuyobozi koko!!! Ubuse uyu yakemura iki? Igihugu cyacu dukunda nticyatera imbere gifite abayobozi bakize kugasuzuguro. Leta itegure itorero abayobozi bigishwe indangagaciro. Njye birambabaje

    Reply
  3. Imboni says:
    4 years ago

    Njye nkurikije imyitwarire y,uyu mu Visi_Meya namusaba ko yahita yandika akegura

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Operasiyo Iranzi Jean Claude muri USA: Antha avuze ukuri kutari kuzwi

Next Post

Umupadiri uyobora ishuri n’umwarimu bavuze ko habayeho Jenoside yakorewe Abanyarwanda bakurikiranyweho ingengabitekerezo

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Umupadiri uyobora ishuri n’umwarimu bavuze ko habayeho Jenoside yakorewe Abanyarwanda bakurikiranyweho ingengabitekerezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.