Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: V/Mayor yabajijwe ikibazo n’Umunyamakuru araruca ararumira ahita ahindukira amwereka mu mugongo arigendera

radiotv10by radiotv10
30/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
3
Musanze: V/Mayor yabajijwe ikibazo n’Umunyamakuru araruca ararumira ahita ahindukira amwereka mu mugongo arigendera
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Musanze ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Kamanzi Axelle yabajijwe ikibazo n’umunyamakuru imbere ya camera arabanza aracyumva, araruca ararumira, yongera kumusubiriramo, arongera aramwihorera arangije ahita ahindukira arigendera.

Amashusho yatambutse ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza uyu muyobozi Wungirije w’Akarere ka Musanze, ari mu kiganiro n’abanyamakuru [Interview] yatunzwe microphones z’ibinyamakuru binyuranye.

Muri iki kiganiro n’intangazamakuru, umunyamakuru umwe abaza uyu muyobozi ibyekereye ikibazo cya bamwe mu bo amateka agaragaza ko basigaye inyuma batujwe mu Murenge wa Shingiro ariko inzu bubakiwe zikaba zarangiritse hatarashira n’umwaka.

Umunyamakuru wabazaga uyu muyobozi ikigiye gukorerwa aba baturage, yagize ati “Bamwe bari kurara mu bikoni abandi bari kurara hanaze, ngo bayubakishije amatafari atumye ni yo mpamvu yatangiye gusenyuka, murabafasha iki ngo bongere bayasubiremo ko bari bayishimiye?”

Umuyobozi wa @MusanzeDistrict wungirije ushinzwe imibereho myiza Kamanzi Axelle, nyuma yo kubazwa n’abanyamakuru, yaruciye ararumira. pic.twitter.com/ijfWBIBDpg

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) May 30, 2022

Uyu muyobozi Wungirije w’Akarere ka Musanze, Kamanzi Axelle bigaragara ko ikibazo yacyumvise, yaruciye ararumira hashira amasegonda icyenda ntacyo avuga, abanyamakuru na bo bategereje igisubizo.

Umunyamakuru wari wabajije icyo kibazo yongeye gusubiramo ati “Murabafasha iki muyobozi?” Uyu muyobozi yongera guceceka hashira andi masegonda atanu, umunyamakuru ahita agira ati “Murakoze.”

Ako kanya uyu muyobozi yahise ahindukirana igitsiburira, ahita yigendera yihuta cyane asiga Abanyamakuru aho.

Yabanje aramwumva arangije aramuringana
Yahise ahindukira arigendera

RADIOTV10

Comments 3

  1. Bosco says:
    4 years ago

    Hahahah, none se yari gusubiza igisubizo adafite??? Ntabwo azi ibyo arimo, umurenge mumubwira ashobora kuba atanawuzi, ibibazo biriyo ntabyo azi abyumviye aho, none namwe mumushyize hanze!!! Ariko abanyamakuru namwe mujye muzana abantu muri interview mwabateguje, ibibazo birajya mu kiganiro mubibahe hakiri kare!!! Nibura niba atabizi abanze ahamagere Gitifu w’uwo murenge kuko uwo muyobozi rwose ntazi iyo biva n’iyo bijya, ni n’umwana, nta navuze ati …..

    Reply
  2. Fabien says:
    4 years ago

    Uyu ntamuyobozi umurimo. Ubuse igihugu cyavuga ko gifite umuyobozi koko!!! Ubuse uyu yakemura iki? Igihugu cyacu dukunda nticyatera imbere gifite abayobozi bakize kugasuzuguro. Leta itegure itorero abayobozi bigishwe indangagaciro. Njye birambabaje

    Reply
  3. Imboni says:
    4 years ago

    Njye nkurikije imyitwarire y,uyu mu Visi_Meya namusaba ko yahita yandika akegura

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 15 =

Previous Post

Operasiyo Iranzi Jean Claude muri USA: Antha avuze ukuri kutari kuzwi

Next Post

Umupadiri uyobora ishuri n’umwarimu bavuze ko habayeho Jenoside yakorewe Abanyarwanda bakurikiranyweho ingengabitekerezo

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Umupadiri uyobora ishuri n’umwarimu bavuze ko habayeho Jenoside yakorewe Abanyarwanda bakurikiranyweho ingengabitekerezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.