Tuesday, November 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

radiotv10by radiotv10
11/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yavuze ko nta Munya-Uganda ushobora kuzana imikino yo kujya mu muhanda ngo agiye kwigaragambya mu bihe by’amatora nk’uko biherutse kuba mu baturanyi muri Tanzania.

Ni mu gihe Abakandida ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu bakomeje ibikorwa byo kwiyamamaza, barimo umukandida utavuga rumwe n’ubutegetsi Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine, ukomoje kuvuga ko inzego z’umutekano zikomeje kubangamira ibikorwa bye.

Uwo munyapolitiki yavuze ko ibyo bidashobora kumuca intege, ashimangira ko uyu ari wo mwanya bafite wo gukoresha ubushobozi bwose bushoboka kugira ngo bafate ubutegetsi.

Ibyo bituma bamwe bibaza ko aya matora ashobora gukurikirwa n’ibibazo by’umutekano muke mu gihe Perezida Museveni yaba yatsindiye kongera kuyobora igihugu, ariko Perezida Museveni yavuze ko ibyo bibazo bitazigera biba muri Uganda.

Yagize ati “Nta muntu ushobora kuzana iyo mikino hano. Iyo mikino mujye muyijyana mu bindi Bihugu byo muri Afurika, ariko hano ntibishoboka. Ibyo bintu rimwe na rimwe tubyumva, bamwe mu rubyiruko rwacu babeshya abanyamahanga bakababwira ko Uganda ari igihugu kirimbuka, ariko ndababwira ko nta muntu ushobora guhungabanya amahoro yacu. Hagize ubigerageza, twamufata urugendo rwe rukarangirira aho.”

Perezida Museveni yongeyeho ko n’abanyamategeko biteguye gufatanya na Leta mu guhangana n’ibikorwa nk’ibyo.

Ati “Ubu turi no kuganira n’abanyamategeko bacu. Hari ubwo umuntu akora icyaha nk’icyo, agatanga ingwate bakamurekura, ariko inkiko zacu zimaze gushyira imbaraga mu gukurikirana abo banyabyaha.
Ntawahungabanya amahoro yacu. Nihagira ubigerageza, tuzabimuryoza. Ntimwabonye ibyabaye ku baturage bari bavuye hafi y’umupaka wa Congo? Twabirangije mu gihe gito cyane.”

Amatora y’Umukuru w’Igihugu cya Uganda azaba ku itariki ya 15 Mutarama 2026. Iyi izaba ari inshuro ya kabiri yikurikiranya Perezida Museveni ahanganye n’umunyapolitiki akaba n’umuhanzi Bobi Wine.

Mu matora yo mu 2021, Perezida Yoweri Museveni yatsinze ku majwi 58.64%, naho Robert Kyagulanyi Ssentamu agira 34.83%. Aba bakandida bombi ni bo bahabwa amahirwe menshi yo guhatanira uyu mwanya.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Related Posts

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

by radiotv10
10/11/2025
0

Pariki yo mu Kibaya cya N’Sele izwi cyane i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, isanzwe ari iya Joseph...

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

by radiotv10
10/11/2025
0

Leta ya Tanzania yagejeje mu nkiko abantu amagana ibarega icyaha cya gucura umugambi wo kugambanira Igihugu, nyuma y’imyigaragambyo yabaye mu...

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

by radiotv10
10/11/2025
0

Colonel Fureko usanzwe akomoka mu Banyamulenge ukorana n’Umutwe wa Wazalendo na FARDC guhangana na AFC/M23, yatawe muri yombi anakorerwa iyicarubozo...

Umusirikare mu gisirikare cya Congo yishwe nyuma yo gushaka kwivugana komanda we

Umusirikare mu gisirikare cya Congo yishwe nyuma yo gushaka kwivugana komanda we

by radiotv10
10/11/2025
0

Umusirikare mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bivugwa ko yari yasinze, yishwe nyuma yo gushaka kwivugana umukuriye,...

Imyitwarire y’Igisirikare cy’u Burundi ikomeje guteza impungenge ku Banyamulenge muri Congo

Imyitwarire y’Igisirikare cy’u Burundi ikomeje guteza impungenge ku Banyamulenge muri Congo

by radiotv10
10/11/2025
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kohereza abandi basirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byumwihariko muri Kivu y’Epfo, aho bivugwa ko...

IZIHERUKA

Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho
AMAHANGA

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

by radiotv10
11/11/2025
0

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

10/11/2025
Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

10/11/2025
Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

10/11/2025
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

10/11/2025
Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

10/11/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.