Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

radiotv10by radiotv10
19/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yabwiye abaturage ko intsinzi ikomeye yabonye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka igaragaza ubuhangange bw’ishyaka rye, rimaze imyaka hafi 40 riyobora Uganda.

Ibyo Museveni yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki ya 18 Mutarama 2026, nyuma y’umunsi umwe atangajwe nk’uwatsinze amatora y’umukuru w’igihugu yabaye ku wa Kane w’icyumweru gishize.

Mu ijambo rye rya mbere yagejeje ku baturage kuva yakongera gutorerwa kuyobora Uganda, Perezida Museveni yavuze ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bagize amahirwe, kuko amatora yo ku wa Kane yitabiriwe n’abantu bake.

Yagize ati: “Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bagize amahirwe, kuko abaturage banjye bagera kuri miliyoni 10 batitabiriye amatora. Iyo baza kuza, bari kugira ipfunwe rikomeye, kuko iyo abanyamuryango bacu bose baza gutora, ndabizeza ko nta batavuga rumwe n’ubutegetsi bari kuba basigaye muri Uganda.”

Umubare w’abitabiriye amatora y’umukuru w’igihugu n’abagize Inteko Ishinga Amategeko muri Uganda wari kuri 52%. Uyu ni wo mubare muto w’abitabiriye amatora wabayeho kuva Uganda yagaruka ku butegetsi bwa demokarasi ishingiye ku mashyaka menshi mu 2006.

Museveni yabonye amajwi arenga 71.6%, mu gihe umukandida wamukurikiye ari Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, uyobora ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda, wabonye 24.7% by’amajwi, nk’uko ibyavuye mu matora bibigaragaza. Icyakora, Bobi Wine abihakana avuga ko ari ibinyoma, hakaba hategerejwe ko azageza ikirego mu nkiko, nubwo mu bihe byashize inkiko zanze ubusabe bw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwo gutesha agaciro intsinzi za Museveni.

Yoweri Kaguta Museveni, ufatwa nka Perezida wa gatatu muri Afurika umaze igihe kirekire ku butegetsi, agiye gutangira manda ya karindwi izamwegereza imyaka igera kuri 50 ayoboye igihugu cya Uganda.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + ten =

Previous Post

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Related Posts

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.