Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mwai Kibaki wabaye Perezida wa Kenya yitabye Imana ku myaka 90

radiotv10by radiotv10
22/04/2022
in MU RWANDA
0
Mwai Kibaki wabaye Perezida wa Kenya yitabye Imana ku myaka 90
Share on FacebookShare on Twitter

Mwai Kibaki wabaye Perezida wa gatatu wa Kenya, yitabye Imana nk’uko byemejwe na Perezida w’iki Gihugu, Uhuru Kenyatta kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Mata 2022.

Mu itangazo rya Uhuru Kenyatta, yavuze ko kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu iki Gihugu kinjiye mu bihe by’akababaro ko kubura uyu mukambwe wakiyoboye.

Yagize ati “Mbabajwe no kumenyesha Igihugu urupfu rwa nyakubahwa Mwai Kibaki, wabayeho mu buzima bufite intego ubwo yakoreraga Igihugu. Umuyobozi warwaniye Igihugu cye kandi akageza byinshi ku Gihugu cye.”

Yakomeje agira ati “Igihugu kizahora kizirikana umuhate no kutiganda byamuranze mu kuganisha aheza abaturage bacu.”

Kenyatta yategetse ko ibendera ry’Igihugi ryunamurwa rikagezwa mu cya kabiri mu rwego rwo kunamira no guha icyubahiro Mwai Kibaki.

Yavuze ko amabendera ku biro by’inzego za Leta muri Kenya ndetse no ku biro by’abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga, agezwa mu cya kabiri.

Muri iki gihe cyo kunamira Mwai Kibaki, abayobozi bakuru basanzwe bafite ibendera ku modoka zabo, barimo Perezida ubwe, Visi Perezida, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga ndetse na ba Ambadaseri, ntabwo bazaba bemerewe kuyashyiraho kugeza igihe nyakwigendera azashyingurirwaho.

Kenyatta kandi yatangaje ko nyakwigendera Mwai Kibaki azashyingurwa mu muhanfo w’abanyacyubahiro uzakorwa n’igisirikare.

Mwai Kibaki yayoboye Kenya kuva tariki 30 Ukuboza 2002 kugeza tariki 09 Mata 2013.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 15 =

Previous Post

Ukomoka muri DRCongo uyobora Kaminuza yo muri Scotland wapfobeje Jenoside yasabye imbabazi

Next Post

Yaje nk’umutumirwa ahita atangira akazi- Andy Bumuntu yatangiye umwuga w’itangazamakuru

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Yaje nk’umutumirwa ahita atangira akazi- Andy Bumuntu yatangiye umwuga w’itangazamakuru

Yaje nk’umutumirwa ahita atangira akazi- Andy Bumuntu yatangiye umwuga w’itangazamakuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.