Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mwai Kibaki wabaye Perezida wa Kenya yitabye Imana ku myaka 90

radiotv10by radiotv10
22/04/2022
in MU RWANDA
0
Mwai Kibaki wabaye Perezida wa Kenya yitabye Imana ku myaka 90
Share on FacebookShare on Twitter

Mwai Kibaki wabaye Perezida wa gatatu wa Kenya, yitabye Imana nk’uko byemejwe na Perezida w’iki Gihugu, Uhuru Kenyatta kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Mata 2022.

Mu itangazo rya Uhuru Kenyatta, yavuze ko kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu iki Gihugu kinjiye mu bihe by’akababaro ko kubura uyu mukambwe wakiyoboye.

Yagize ati “Mbabajwe no kumenyesha Igihugu urupfu rwa nyakubahwa Mwai Kibaki, wabayeho mu buzima bufite intego ubwo yakoreraga Igihugu. Umuyobozi warwaniye Igihugu cye kandi akageza byinshi ku Gihugu cye.”

Yakomeje agira ati “Igihugu kizahora kizirikana umuhate no kutiganda byamuranze mu kuganisha aheza abaturage bacu.”

Kenyatta yategetse ko ibendera ry’Igihugi ryunamurwa rikagezwa mu cya kabiri mu rwego rwo kunamira no guha icyubahiro Mwai Kibaki.

Yavuze ko amabendera ku biro by’inzego za Leta muri Kenya ndetse no ku biro by’abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga, agezwa mu cya kabiri.

Muri iki gihe cyo kunamira Mwai Kibaki, abayobozi bakuru basanzwe bafite ibendera ku modoka zabo, barimo Perezida ubwe, Visi Perezida, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga ndetse na ba Ambadaseri, ntabwo bazaba bemerewe kuyashyiraho kugeza igihe nyakwigendera azashyingurirwaho.

Kenyatta kandi yatangaje ko nyakwigendera Mwai Kibaki azashyingurwa mu muhanfo w’abanyacyubahiro uzakorwa n’igisirikare.

Mwai Kibaki yayoboye Kenya kuva tariki 30 Ukuboza 2002 kugeza tariki 09 Mata 2013.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Ukomoka muri DRCongo uyobora Kaminuza yo muri Scotland wapfobeje Jenoside yasabye imbabazi

Next Post

Yaje nk’umutumirwa ahita atangira akazi- Andy Bumuntu yatangiye umwuga w’itangazamakuru

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Yaje nk’umutumirwa ahita atangira akazi- Andy Bumuntu yatangiye umwuga w’itangazamakuru

Yaje nk’umutumirwa ahita atangira akazi- Andy Bumuntu yatangiye umwuga w’itangazamakuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.