Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

“Narihannye ubu nta kigare kizongera kunyobya”-Runanira Amza nyuma yo gusinyira Espoir FC

radiotv10by radiotv10
23/09/2021
in SIPORO
0
“Narihannye ubu nta kigare kizongera kunyobya”-Runanira Amza nyuma yo gusinyira Espoir FC
Share on FacebookShare on Twitter

Runanira Amza myugariro wakinaga mu mutima w’ubwugarizi muri Bugesera FC mbere y’uko batandukana, kuri ubu yasinye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Espoir FC ibarizwa mu karere ka Rusizi mu ntara y’iburengerazuba.

Runanira Amza wagiye arangwa n’amakosa atandukanye byatumye anatandukana n’amakipe atandukanye arimo Rayon Sports na Bugesera FC.

Nyuma yo gutandukana na Rayon Sports habanje kubaho ubwumvikane bucye akajya muri Bugesera FC, nabwo ntabwo byagenze neza kuko iyi kipe yamushinjaga imyitwarire idahwitse.

Nyuma yo gutandukana na Bugesera FC nibwo Runanira yahise afatanwa na Kwizera Olivier na bagenzi babo baranafungwa bazira ko bafashwe banywa ibiyobyabwenge. Gusa, baje gufungurwa banakatirwa igihano cy’umwaka umwe usubitse.

Image

Runanira Amza yasinye amasezerano y’imyaka ibiri muri Espoir FC

Amaze kurekurwa nibwo amakipe atandukanye yatangiye kumurambagiza ariko biza kurangira yumvikanye na Espoir FC yanamaze gusinyamo amasezerano y’imyaka ibiri (2021-2023).

Aganira na RadioTV10, Runanira yavuze ko amakosa yose yabayemo ayemera kandi ko abona ahagije kugira ngo afate umwanya yikosore akine umupira nyirizina.

“Amakosa yose nakoze ni ayo sinzongera kwisanga mu bibazo ahanini usanga ari njye wabyiteye. Ibigare nabagamo ubu nabivuyemo ubu umutima wanjye wose uri ku mupira w’amaguru.” Runanira

Runanira akomeza avuga ko kuri ubu yafashe umwanzuro wo kujya gutanga imbaraga ze mu ikipe ye nshya ya Espoir FC, ikipe yizera ko izamushyira ku rwego rwiza agasubira mu bihe bye.

“Espoir FC ni ikipe nziza kuko umwaka w’imikino ushize yarabigaragaje. Ubu rero nizeye ko ngomba gufatanya na bagenzi banjye kugira ngo binafashe kuzamura urwego bityo nzasubire uko nari meze mbere y’uko mva muri Marines FC njya muri Rayon Sports” Runanira

Rayon Sports yasinyishije myugariro wa Marines FC imyaka ine - IGIHE.com

Runanira Amza (14) ubwo yari ahanganye na Bimenyimana BonFils Caleb (7) ubwo Marines FC yahuraga na Rayon Sports kuri sitade Umuganda i Rubavu

Runanira Hamza wabayeho kapiteni wa Marines FC mbere y’uko agana muri Rayon Sports, avuga ko ubu intego ye ari ugukora uko ashoboye akagaruka mu bihe bye.

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 5 =

Previous Post

CYCLING: U Rwanda rwemerewe kuzakira shampiyona y’isi ya 2025

Next Post

10 SPORTS: Yerry Mina na Iglesias babonye izuba, Enyimba SC yanyagiye Rayon Sports…ibyaranze uyu munsi mu mateka

Related Posts

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Umunyamabanga Mushya Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe avuga ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko amanyanga...

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w'umwaka muri Afurika mu mukino w'amagare muri 2025, mu...

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu w'ikipe ya Arsenal Bukayo Saka yasabye urukundo Tolami Benson, umukobwa bakundanye igihe kirekire, mu birori byabereye muri resitora yo...

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

by radiotv10
28/11/2025
0

Umukinnyi wo hagati Bigirimana Abedi wa Rayon Sports, agiye kumara ibyumweru bitatu hanze y’ikibuga adakina kubera imvune yagize. Aya makuru...

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yahagaritse imikino itatu rutahizamu w’Umurundi Jean Claude Girumugisha ukinira Al Hilal Omdurman, nyuma yo...

IZIHERUKA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera
MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
10 SPORTS: Yerry Mina na Iglesias babonye izuba, Enyimba SC yanyagiye Rayon Sports…ibyaranze uyu munsi mu mateka

10 SPORTS: Yerry Mina na Iglesias babonye izuba, Enyimba SC yanyagiye Rayon Sports…ibyaranze uyu munsi mu mateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.