Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

“Narihannye ubu nta kigare kizongera kunyobya”-Runanira Amza nyuma yo gusinyira Espoir FC

radiotv10by radiotv10
23/09/2021
in SIPORO
0
“Narihannye ubu nta kigare kizongera kunyobya”-Runanira Amza nyuma yo gusinyira Espoir FC
Share on FacebookShare on Twitter

Runanira Amza myugariro wakinaga mu mutima w’ubwugarizi muri Bugesera FC mbere y’uko batandukana, kuri ubu yasinye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Espoir FC ibarizwa mu karere ka Rusizi mu ntara y’iburengerazuba.

Runanira Amza wagiye arangwa n’amakosa atandukanye byatumye anatandukana n’amakipe atandukanye arimo Rayon Sports na Bugesera FC.

Nyuma yo gutandukana na Rayon Sports habanje kubaho ubwumvikane bucye akajya muri Bugesera FC, nabwo ntabwo byagenze neza kuko iyi kipe yamushinjaga imyitwarire idahwitse.

Nyuma yo gutandukana na Bugesera FC nibwo Runanira yahise afatanwa na Kwizera Olivier na bagenzi babo baranafungwa bazira ko bafashwe banywa ibiyobyabwenge. Gusa, baje gufungurwa banakatirwa igihano cy’umwaka umwe usubitse.

Image

Runanira Amza yasinye amasezerano y’imyaka ibiri muri Espoir FC

Amaze kurekurwa nibwo amakipe atandukanye yatangiye kumurambagiza ariko biza kurangira yumvikanye na Espoir FC yanamaze gusinyamo amasezerano y’imyaka ibiri (2021-2023).

Aganira na RadioTV10, Runanira yavuze ko amakosa yose yabayemo ayemera kandi ko abona ahagije kugira ngo afate umwanya yikosore akine umupira nyirizina.

“Amakosa yose nakoze ni ayo sinzongera kwisanga mu bibazo ahanini usanga ari njye wabyiteye. Ibigare nabagamo ubu nabivuyemo ubu umutima wanjye wose uri ku mupira w’amaguru.” Runanira

Runanira akomeza avuga ko kuri ubu yafashe umwanzuro wo kujya gutanga imbaraga ze mu ikipe ye nshya ya Espoir FC, ikipe yizera ko izamushyira ku rwego rwiza agasubira mu bihe bye.

“Espoir FC ni ikipe nziza kuko umwaka w’imikino ushize yarabigaragaje. Ubu rero nizeye ko ngomba gufatanya na bagenzi banjye kugira ngo binafashe kuzamura urwego bityo nzasubire uko nari meze mbere y’uko mva muri Marines FC njya muri Rayon Sports” Runanira

Rayon Sports yasinyishije myugariro wa Marines FC imyaka ine - IGIHE.com

Runanira Amza (14) ubwo yari ahanganye na Bimenyimana BonFils Caleb (7) ubwo Marines FC yahuraga na Rayon Sports kuri sitade Umuganda i Rubavu

Runanira Hamza wabayeho kapiteni wa Marines FC mbere y’uko agana muri Rayon Sports, avuga ko ubu intego ye ari ugukora uko ashoboye akagaruka mu bihe bye.

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

CYCLING: U Rwanda rwemerewe kuzakira shampiyona y’isi ya 2025

Next Post

10 SPORTS: Yerry Mina na Iglesias babonye izuba, Enyimba SC yanyagiye Rayon Sports…ibyaranze uyu munsi mu mateka

Related Posts

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko igitego cyanzwe cya APR FC mu mukino wayihuje na El Merrikh SC,...

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Ndi umukunzi wa Rayon Sport w'akadosohoka, nimbivuga mubyumve nk’Ukuri kuzuye. Niba hari igihe nshobona kubona ibyishimo bisendereye ni igihe iyi...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
10 SPORTS: Yerry Mina na Iglesias babonye izuba, Enyimba SC yanyagiye Rayon Sports…ibyaranze uyu munsi mu mateka

10 SPORTS: Yerry Mina na Iglesias babonye izuba, Enyimba SC yanyagiye Rayon Sports…ibyaranze uyu munsi mu mateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.