Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

NBA yamukuriye ingofero: Nshobozwabyosenumukiza yafashije REG BBC kongera gutsinda ahagurutsa imbaga

radiotv10by radiotv10
10/03/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
NBA yamukuriye ingofero: Nshobozwabyosenumukiza yafashije REG BBC kongera gutsinda ahagurutsa imbaga
Share on FacebookShare on Twitter

Bigizwemo uruhare runini na Nshobozwabyosenumukiza Jean Jacques Wilson, ikipe ya Basketball ya REG ihagarariye u Rwanda mu irushanwa BAL 2022 riri kubera muri Senegal, yatsinze iyo muri Guinea amanota 83 kuri 81. Uyu musore yashimwe na benshi barimo n’ubuyobozi bwa NBA.

Ni umukino wa kabiri w’ikipe ya REG yari iherutse gutsinda n’undi mukino wa mbere ubwo yakinaga As salé yo muri Maroc.

Nk’uko byagenze ku mukino wa mbere, REG BBC ubwo yatsindaga iyi kipe yo muri Maroc amanota 93 kuri 87, yongeye gutsinda SLAC yo muri Guinea bigoranye amanta 83 kuri 81.

Uyu mukino wari ukurikiwe n’abakunzi benshi ba Basketball mu Rwanda, wagaragayemo ishyaka ridasanzwe aho umukinnyi umaze kugaragaza ko afite impano idasanzwe muri uyu mukino ari we Nshobozwabyosenumukiza Jean Jacques Wilson yongeraga kwigaragaza bidasanzwe.

Ubwo uyu mukino waburaga amasegonda ane gusa ngo urangire, Nshobozwabyosenumukiza Jean Jacques Wilson yakoze ibikunze kugaragara ku bakinnyi ba kabuhariwe muri NBA, atsinda amanota atatu yatumye REG ikuramo ikinyuranyo cy’amanota yarushwaga kuko SLAC yari ifite amanota 81 kuri 80 ya REG, bituma iyi kipe yo mu Rwanda yegukana uyu mukino ku manota 83 kuri 81 ya SLAC (Seydou Legacy Athletique Club).

Ku mbuga nkoranyambaga z’abakunzi b’uyu mukino wa Basketball yaba mu Rwanda ndetse no mu bindi bice by’Isi, bakuriye ingofero uyu musore w’Umunyarwanda Nshobozwabyosenumukiza.

Ubuyobozi bwa Shampiyona yo muri Basketball izwi nka NBA, na bwo bwagaragaje ko bwishimiye uyu Munyarwanda aho bwashyize ubutumwa kuri Twitter, bugira buti “Mbega umukino w’agatangaza ubonetsemo intsinzi idasanzwe iturutse kuri Jean Jacques NSHOBOZWABYOSENUMUKIZA!”

What an incredible game-winner from Jean Jacques NSHOBOZWABYOSENUMUKIZA! #theBAL

(via @theBAL) pic.twitter.com/g3MPWdIvER

— NBA (@NBA) March 9, 2022

Agace ka mbere k’uyu mukino, karangiye REG BBC iwuyoboye kuko yari ifite amanota 22 kuri 15 ya SLAC.

Agace ka kabiri katagendekeye neza REG BBC, karangiye amakipe yombi anganya amanota 42 kuri 42 mu gihe aka gatatu karangiye REG yongeye kwicara ku ntebe aho yari ifite amanota 64 kuri 63.

Nshobozwabyosenumukiza yagaragaje ishyaka ridasanzwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

Uko ikipe y’i Burundi yakiriye ubusabe bwa Rayon yifuza kuzakina uwa gicuti

Next Post

Ngoma: Uw’umuranduranzuzi watumye umugabo atemagura ibitoki nyuma yo kubura umugore we yashakaga gutema

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
1

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

01/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Uw’umuranduranzuzi watumye umugabo atemagura ibitoki nyuma yo kubura umugore we yashakaga gutema

Ngoma: Uw’umuranduranzuzi watumye umugabo atemagura ibitoki nyuma yo kubura umugore we yashakaga gutema

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.