Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

NBA yamukuriye ingofero: Nshobozwabyosenumukiza yafashije REG BBC kongera gutsinda ahagurutsa imbaga

radiotv10by radiotv10
10/03/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
NBA yamukuriye ingofero: Nshobozwabyosenumukiza yafashije REG BBC kongera gutsinda ahagurutsa imbaga
Share on FacebookShare on Twitter

Bigizwemo uruhare runini na Nshobozwabyosenumukiza Jean Jacques Wilson, ikipe ya Basketball ya REG ihagarariye u Rwanda mu irushanwa BAL 2022 riri kubera muri Senegal, yatsinze iyo muri Guinea amanota 83 kuri 81. Uyu musore yashimwe na benshi barimo n’ubuyobozi bwa NBA.

Ni umukino wa kabiri w’ikipe ya REG yari iherutse gutsinda n’undi mukino wa mbere ubwo yakinaga As salé yo muri Maroc.

Nk’uko byagenze ku mukino wa mbere, REG BBC ubwo yatsindaga iyi kipe yo muri Maroc amanota 93 kuri 87, yongeye gutsinda SLAC yo muri Guinea bigoranye amanta 83 kuri 81.

Uyu mukino wari ukurikiwe n’abakunzi benshi ba Basketball mu Rwanda, wagaragayemo ishyaka ridasanzwe aho umukinnyi umaze kugaragaza ko afite impano idasanzwe muri uyu mukino ari we Nshobozwabyosenumukiza Jean Jacques Wilson yongeraga kwigaragaza bidasanzwe.

Ubwo uyu mukino waburaga amasegonda ane gusa ngo urangire, Nshobozwabyosenumukiza Jean Jacques Wilson yakoze ibikunze kugaragara ku bakinnyi ba kabuhariwe muri NBA, atsinda amanota atatu yatumye REG ikuramo ikinyuranyo cy’amanota yarushwaga kuko SLAC yari ifite amanota 81 kuri 80 ya REG, bituma iyi kipe yo mu Rwanda yegukana uyu mukino ku manota 83 kuri 81 ya SLAC (Seydou Legacy Athletique Club).

Ku mbuga nkoranyambaga z’abakunzi b’uyu mukino wa Basketball yaba mu Rwanda ndetse no mu bindi bice by’Isi, bakuriye ingofero uyu musore w’Umunyarwanda Nshobozwabyosenumukiza.

Ubuyobozi bwa Shampiyona yo muri Basketball izwi nka NBA, na bwo bwagaragaje ko bwishimiye uyu Munyarwanda aho bwashyize ubutumwa kuri Twitter, bugira buti “Mbega umukino w’agatangaza ubonetsemo intsinzi idasanzwe iturutse kuri Jean Jacques NSHOBOZWABYOSENUMUKIZA!”

What an incredible game-winner from Jean Jacques NSHOBOZWABYOSENUMUKIZA! #theBAL

(via @theBAL) pic.twitter.com/g3MPWdIvER

— NBA (@NBA) March 9, 2022

Agace ka mbere k’uyu mukino, karangiye REG BBC iwuyoboye kuko yari ifite amanota 22 kuri 15 ya SLAC.

Agace ka kabiri katagendekeye neza REG BBC, karangiye amakipe yombi anganya amanota 42 kuri 42 mu gihe aka gatatu karangiye REG yongeye kwicara ku ntebe aho yari ifite amanota 64 kuri 63.

Nshobozwabyosenumukiza yagaragaje ishyaka ridasanzwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 1 =

Previous Post

Uko ikipe y’i Burundi yakiriye ubusabe bwa Rayon yifuza kuzakina uwa gicuti

Next Post

Ngoma: Uw’umuranduranzuzi watumye umugabo atemagura ibitoki nyuma yo kubura umugore we yashakaga gutema

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Uw’umuranduranzuzi watumye umugabo atemagura ibitoki nyuma yo kubura umugore we yashakaga gutema

Ngoma: Uw’umuranduranzuzi watumye umugabo atemagura ibitoki nyuma yo kubura umugore we yashakaga gutema

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.