Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

NBA yamukuriye ingofero: Nshobozwabyosenumukiza yafashije REG BBC kongera gutsinda ahagurutsa imbaga

radiotv10by radiotv10
10/03/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
NBA yamukuriye ingofero: Nshobozwabyosenumukiza yafashije REG BBC kongera gutsinda ahagurutsa imbaga
Share on FacebookShare on Twitter

Bigizwemo uruhare runini na Nshobozwabyosenumukiza Jean Jacques Wilson, ikipe ya Basketball ya REG ihagarariye u Rwanda mu irushanwa BAL 2022 riri kubera muri Senegal, yatsinze iyo muri Guinea amanota 83 kuri 81. Uyu musore yashimwe na benshi barimo n’ubuyobozi bwa NBA.

Ni umukino wa kabiri w’ikipe ya REG yari iherutse gutsinda n’undi mukino wa mbere ubwo yakinaga As salé yo muri Maroc.

Nk’uko byagenze ku mukino wa mbere, REG BBC ubwo yatsindaga iyi kipe yo muri Maroc amanota 93 kuri 87, yongeye gutsinda SLAC yo muri Guinea bigoranye amanta 83 kuri 81.

Uyu mukino wari ukurikiwe n’abakunzi benshi ba Basketball mu Rwanda, wagaragayemo ishyaka ridasanzwe aho umukinnyi umaze kugaragaza ko afite impano idasanzwe muri uyu mukino ari we Nshobozwabyosenumukiza Jean Jacques Wilson yongeraga kwigaragaza bidasanzwe.

Ubwo uyu mukino waburaga amasegonda ane gusa ngo urangire, Nshobozwabyosenumukiza Jean Jacques Wilson yakoze ibikunze kugaragara ku bakinnyi ba kabuhariwe muri NBA, atsinda amanota atatu yatumye REG ikuramo ikinyuranyo cy’amanota yarushwaga kuko SLAC yari ifite amanota 81 kuri 80 ya REG, bituma iyi kipe yo mu Rwanda yegukana uyu mukino ku manota 83 kuri 81 ya SLAC (Seydou Legacy Athletique Club).

Ku mbuga nkoranyambaga z’abakunzi b’uyu mukino wa Basketball yaba mu Rwanda ndetse no mu bindi bice by’Isi, bakuriye ingofero uyu musore w’Umunyarwanda Nshobozwabyosenumukiza.

Ubuyobozi bwa Shampiyona yo muri Basketball izwi nka NBA, na bwo bwagaragaje ko bwishimiye uyu Munyarwanda aho bwashyize ubutumwa kuri Twitter, bugira buti “Mbega umukino w’agatangaza ubonetsemo intsinzi idasanzwe iturutse kuri Jean Jacques NSHOBOZWABYOSENUMUKIZA!”

What an incredible game-winner from Jean Jacques NSHOBOZWABYOSENUMUKIZA! #theBAL

(via @theBAL) pic.twitter.com/g3MPWdIvER

— NBA (@NBA) March 9, 2022

Agace ka mbere k’uyu mukino, karangiye REG BBC iwuyoboye kuko yari ifite amanota 22 kuri 15 ya SLAC.

Agace ka kabiri katagendekeye neza REG BBC, karangiye amakipe yombi anganya amanota 42 kuri 42 mu gihe aka gatatu karangiye REG yongeye kwicara ku ntebe aho yari ifite amanota 64 kuri 63.

Nshobozwabyosenumukiza yagaragaje ishyaka ridasanzwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − eight =

Previous Post

Uko ikipe y’i Burundi yakiriye ubusabe bwa Rayon yifuza kuzakina uwa gicuti

Next Post

Ngoma: Uw’umuranduranzuzi watumye umugabo atemagura ibitoki nyuma yo kubura umugore we yashakaga gutema

Related Posts

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Uw’umuranduranzuzi watumye umugabo atemagura ibitoki nyuma yo kubura umugore we yashakaga gutema

Ngoma: Uw’umuranduranzuzi watumye umugabo atemagura ibitoki nyuma yo kubura umugore we yashakaga gutema

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.