Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

“Ndashaka kuba Kagame”- Umuhanzi ukunzwe yasohoye indirimbo ireba buri Munyarwanda

radiotv10by radiotv10
22/09/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
“Ndashaka kuba Kagame”- Umuhanzi ukunzwe yasohoye indirimbo ireba buri Munyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Nemeye Platini P. yashyize hanze indirimbo yise ‘Ijana ku ijana’, igaruka ku bikorwa by’indashyikirwa bya Perezida Paul Kagame byagejeje u Rwanda ku iterambere ritangarirwa na buri wese, aho uyu muhanzi asaba buri Munyarwanda gufatira urugero kuri Perezida.

Ni indirimbo yasohokanye n’amashusho, aho uyu muhanzi Platini P. aba yambaye umupira wanditseho amagambo agira ati “Ndashaka kuba Kagame”, ari na yo magambo agaruka kenshi muri iyi ndirimbo.

Ni indirimbo itangira mu nyikirizo, igira iti “Ndashaka kuba Kagame imuhira iwacu mu Rwanda, ndashaka kuba Kagame aho mba ndetse n’aho nkorera. Ndashaka kuba Kagame mpeshe ishema Umunyarwanda wese.”

Mu mashusho yayo kandi, hagaragaramo Perezida Paul Kagame ari mu bikorwa binyuranye, nko kuba ayoboye inama zikomeye, ahandi ari mu bikorwa nk’Umuganda n’ibindi by’iterambere.

Platini akomeza aririmba agaragaza zimwe mu nzego zishimangira ibyagezweho kubera imiyoborere myiza irangajwe imbere na Perezida Paul Kagame.

Aho agira ati “Mu mashuri imbere cyane, mu buvuzi ni imbere cyane, umutekano ni imbere cyane, ruratera ntiruterwa sha. N’amahanga arabibona ko dutsinda, umuturage ku isonga.”

Uyu muhanzi akomeza atanga ubutumwa, agira inama buri wese mu rwego akoramo ko akwiye kugendera ku rugero rwiza rwa Perezida Paul Kagame, ku buryo buri muntu ibyo akora, agomba kubikora neza “ijana ku ijana.”

Muri iyi ndirimbo, Platini akomeza avuga ko Umunyarwanda uzitwara neza, akuzuza neza inshingano ze, azaba ari gutera ikirenge mu cya Perezida Paul Kagame.

Ati “Nzaba Kagame nimba inyangamugayo, nzaba Kagame ninanga amacakubiri.”

Platini ashyize hanze iyi ndirimbo habura igihe kitageze ku mwaka, ngo mu Rwanda habe amatora y’Umukuru w’Igihugu, ndetse na Perezida Paul Kagame akaba aherutse kwemeza ko aziyamamaza, kuko icyizere akomeza kugaragarizwa n’Abanyarwanda, na we atabatenguha, akaba yiteguye kuzabakorera igihe cyose azaba akibishoboye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 20 =

Previous Post

Ibyagaragaye ubwo hatabururwaga umubiri w’umuhanzi wari ukunzwe muri Afurika byateye urujijo

Next Post

Nyamagabe: Harumvikana kwitana bamwana hagati y’ubuyobozi n’abacuruzi ku cyemezo bavuga ko cyabatunguye

Related Posts

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

by radiotv10
17/12/2025
0

Abarimo umunyamakuru Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, na bagenzi be baregwa ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni, bafatiwe icyemezo cyo gufungwa...

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy uri mu myiteguro yo gukorana ubukwe n’umuraperi Shizzo, yakorewe ibirori byo gusezera ku rungano...

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

IZIHERUKA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?
IMIBEREHO MYIZA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamagabe: Harumvikana kwitana bamwana hagati y’ubuyobozi n’abacuruzi ku cyemezo bavuga ko cyabatunguye

Nyamagabe: Harumvikana kwitana bamwana hagati y’ubuyobozi n’abacuruzi ku cyemezo bavuga ko cyabatunguye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.