Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ndayishimiye yageze i Luanda mu biganiro bitegerejwemo Perezida Kagame na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
23/11/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ndayishimiye yageze i Luanda mu biganiro bitegerejwemo Perezida Kagame na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye w’u Burundi unayoboye inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yamaze kugera i Luanda muri Angola ahagiye kubera ibiganiro byitabirwa na Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi.

Ibi biganiro byari bimaze iminsi bigarukwaho, bigamije gushaka umuti w’Ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo biterwa n’imitwe yitwaje intwaro irimo uwa M23 umaze iminsi uhanganye n’Igisirikare cya Congo (FARDC).

Amakuru dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi yanyujijwe kuri Twitter, avuga ko “Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi akaba anayoboye umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba, yageze i Luanda aho yitabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu bo mu karere ku bijyanye n’amahoro n’umutekano mu burasirikazuba bwa Repubukilika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Umukuru w’u Burundi yageze i Luanda nyuma yuko Ibiro Ntaramakuru bya Angola, byemeje ko Perezida w’iki Gihugu, João Manuel Gonçalves Lourenço yongeye gutumiza inama yo gushakira umuti ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa.

Ibiganiro bigiye guhuriramo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bibaye ku nshuro ya kabiri nyuma y’ibyabaye muri Nyakanga 2022 byari byafatiwemo imyanzuro isaba umutwe wa M23 guhagarika imirwano kandi ukava mu bice byose wafashe.

Ni ibiganiro byanatanze umusaruro kuko byari byanasabiwemo ko abategetsi bo ku ruhande rwa Congo Kinshasa guhagarika imvugo ziremereye zabibaga urwango n’amacakubiri, kuko nyuma yabyo izi mvugo zabaye nk’izigabanuka.

Perezida Evariste Ndayishimiye mu kiganiro yagiranye na France 24 na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI), yavuze ko nubwo ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bitarakemuka, ariko ko hari intambwe iri guterwa.

Yagize ati “Mbere na mbere mu kwiyunga hagati y’Ibihugu, intambwe yaratewe kuko bemeye kwicara hamwe ni intambwe njye mbona ko ishimishije, habayeho guhura kwinshi.”

Ndayishimiye kandi yabajijwe ku birego by’ibinyoma byakunze kuzamurwa na Guverinoma ya Congo Kinshasa ishinja iy’u Rwanda gufasha umutwe wa M23, avuga ko kugeza ubu nta kimenyetso kibihamya ariko ko ubwo azaba yitabiriye inama yagiyemo uyu munsi, hazabaho gusasa inzobe kuri iki kibazo.

Perezida Ndayishimiye yageze i Luanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 1 =

Previous Post

Akurikiranyweho kwica umugore we nyuma yo kubona umugabo amusohokeye mu rugo yiruka

Next Post

Nyagatare: Ukurikiranyweho gusambanya abana b’abahungu 10 n’umukobwa 1 harakekwa icyo yabashukishaga

Related Posts

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

by radiotv10
22/11/2025
0

Igihugu cya Ukraine cyavuze ko kidashobora kubahiriza amasezerano yateywe na Leta Zunze Ubumwe za America agamije kurangiza intambara kiriya Gihugu...

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

by radiotv10
22/11/2025
0

Nyuma yuko Leta Zunze Ubumwe za America zitangaje ko zitazitabira Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize G20 bikize kurusha ibindi ku Isi,...

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Nyagatare: Ukurikiranyweho gusambanya abana b’abahungu 10 n’umukobwa 1 harakekwa icyo yabashukishaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.