Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ndifuza ko muri ADEPR habamo Gacaca-Diyakoni utemera ubuyobozi bw’Itorero ahishuye umuzi w’ibibazo byarizonze

radiotv10by radiotv10
20/07/2022
in MU RWANDA
1
Ndifuza ko muri ADEPR habamo Gacaca-Diyakoni utemera ubuyobozi bw’Itorero ahishuye umuzi w’ibibazo byarizonze
Share on FacebookShare on Twitter

Umudiyakoni Catete Gallican uvuga ko abayobozi bashya ba ADEPR badakwiye kuyobora iri torero, yagaragaje igihe ibibazo byakunze kuvugwa muri iri Torero, byatangiriye, asaba ko muri iri torero hakwiye kubamo Gacaca ikavugutirwamo umuti w’ibyo bibazo.

Uyu Mudiyakoni ukiri mu murimo w’Imana muri iri Torero ariko uvuga ko atemera ubuyobozi buriho bw’iri torero, mu kiganiro yagiranye na RADIO 10 mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Nyakanga, yavuze ko abo bayobozi atemera bifuje kumukuraho cyera ariko ko byabananiye.

Gatete ukunze kuvugira ku mugaragaro ko atemera abayobozi bakuru b’iri torero, agira ati “Bifuje kumpagarika ariko twebwe dufite abadiyakoni bazi umurimo w’itorero, barabahakaniye baravuga bati ‘ntabwo tubona impamvu, Gatete ibyo avuga birumvikana kandi gutanga igitekerezo muri Repubulika y’u Rwanda ni ubwisanzure’.”  

Avuga ko impamvu atemera aba bayobozi ari nyinshi kuko bamwe mu bari mu buyobozi bukuru batize Tewolojiya kandi biri mu byategetswe n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) ruherutse gutanga umurongo w’imiyoborere y’amadini n’amatorero.

Ati “Abanyarwanda baciye umugani ngo ‘Umudiho uva mu itako’ uburya umusaruro uboneka iyo umurima wafumbiwe, kandi ntanutanga icyo adafite buriya ibibazo dufite muri ADEPR mu bayobozi dufite yaba Umuyobozi mukuru n’abamwungirije navuga ngo ntabwo bize. N’aha muri Abanyamakuru, mukora umwuga w’itangazamakuru kuko mwawize, ntabwo bavuga kujya mu buganga ngo bahamagaze umuntu wize ubuhinzi. Ariko mu bayobozi ba ADEPR dufite nta n’umwe ize Tewoloji.”

Akomeza agaruka ku Muyobozi Mukuru wa ADEPR, Ndayizeye Isaie, ati “Uretse kwiyita Umushumba mukuru, ntiyigeze aba na mutoya.”

Avuga ko uyu Ndayizeye Isaie no kugira ngo abe Pasiteri, yabuhawe atabifitiye ubushobozi kuko yabuhawe ubwo yari agiye kubona akazi mu Muryango utegamiye kuri Leta ariko bakamusaba ko agomba kuba ari Umupasiteri.

Gatete Gallican uvuga ko batazi uko uyu mushumba mukuru wa ADEPR batazi uburyo yageze kuri uyu mwanya. Ati “Ntabwo tuzi uko yaje, n’ubuyobozi dufite aka kanya ntabwo tuzi uko bwaje kuko ntabwo bwashyizweho n’itorero ntibwashyizweho n’abanyetorero.”

Yavuze ko ibi byose ari ibyuririzi by’ibibazo byaje muri ADEPR akavuga ko byatangiye kuza ku buyobozi bwa Bishop Sibomana Jean na Bishop Tom Rwagasana ubwo hazamukaga inkuru zivuga ko bibye miliyari 3 Frw.

Gatete avuga ko hashyizweho umutwe wiswe nzahuratorero ariko ko uyu mutwe ntakindi wari ushinzwe uretse kurwanya aba bahoze ari abayobozi b’iri torero.

Avuga ko ibyashinjwaga aba bahoze ari abayobozi ba ADEPR byose byari ibihimbano byari bigamije kwangisha abakristu aba bahoze ari abayobozi ubu bagikurikiranyweho ibyaha we avuga ko bitigeze bibaho.

 

Gacaca muri ADEPR

Gatete Gallican uvuga ko bafite komite itajya imbizi n’ubuyobozi bushya bwashyizweho muri ADEPR, yanagarutse ku kigega cyashyizweho muri iri torero rya ADEPR cyashyirwagamo amafaranga n’abayoboke baryo ariko kikaza guhomba bikazamura urunturuntu mu bakristu, avuga ko iki kigega cyahombye cyera atari ku buyobozi bwa Sibomana na Tom.

Avuga ko kuva cyera haba ku buyobozi bwakurikiye ubwa ba Sibomana na bwi atahwemye kugaragaza ibibazo biri muri ADEPR bikaza kuba ibindibindi ku buyobozi buriho ubu, na bwo ko atazahwema kugaragaza imbaraga nke zabwo.

Ati “Ntabwo ibibazo bya ADEPR mbigiyemo ubu ahubwo we nda ni bwo mbashije kugaragara kuri za Channel ariko ntabwo mbigiyemo ubu kuko natangiye ku bwa Sibomana.”

Yahakanye ibivugwa ko muri iri torero habamo ingengabitekerezo ya Jenoside, ati “Ahubwo twagiye tugira bamwe mu bayobozi bagiye bagira iyo ngengabitekerezo ndetse na bamwe dufitemo ubu babifite.”

Yavuze ko gushakirwa umuti ibibazo biri muri ADEPR bikwiye guhera mu mizi kandi bigakoranwa ubushishozi ku buryo ubuyobozi buriho bwemera guca bugufi bukaganira n’abatavuga rumwe na bwo.

Ati “Mu cyo maze iminsi nsaba, nsaba ko iwacu muri ADEPR haba Gacaca, ayo mazimwe agashira, kuvuga ngo’ ba Tom na Sibomana baribye, ngo ba kanaka na ba kanaka barababeshyera ngo abariho ubu ni imfura’ nihabeho Gacaca.”

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jonathan NSENGIYUMVA says:
    4 years ago

    MATAYO 16:18
    [18]Nanjye ndakubwira nti ‘Uri Petero, kandi nzubaka Itorero ryanjye kuri urwo rutare, kandi amarembo y’ikuzimu ntazarishobora.’

    ku bwanjye ndumva Garikani yabasengera baringiza manda batorewe nawe akiyamamaza tukamutora ibyo bibazo avuga akabikemura, kuko ibyo avuga sinzi byadufasha kujya mbere mu MWUKA, murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Abagore babiri bafatanywe ibicuruzwa bya magendu byiganjemo mukorogo bya Miliyoni 9Frw bakuraga muri DRC

Next Post

Buravan wafashwe n’indwara y’amayobera ari kubarizwa muri Kenya aho yagiye kwivuriza

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Buravan wafashwe n’indwara y’amayobera ari kubarizwa muri Kenya aho yagiye kwivuriza

Buravan wafashwe n’indwara y’amayobera ari kubarizwa muri Kenya aho yagiye kwivuriza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.