Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ndimbati yaburanye mu mizi avuga ko uwo ashinjwa gusambanya babikoze yujuje ubukure

radiotv10by radiotv10
13/09/2022
in MU RWANDA
2
Ndimbati yaburanye mu mizi avuga ko uwo ashinjwa gusambanya babikoze yujuje ubukure
Share on FacebookShare on Twitter
  • Ubushinjacyaha bwamusabiye gufungwa imyaka 25

Umukinnyi wa Film Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka ‘Ndimbati’, yaburanye mu mizi, abwira Urukiko ko adahakana ko yaryamanye n’uwo ashinjwa gusambanya, ariko ko yari yujuje imyaka y’ubukure.

Uru rubanza rwabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Nzeri, rwabaye hifashishijwe ikoranabuhanga ry’iya kure; Ndimbati yari aho afungiye kuri Gereza mu gihe Inteko y’Urukiko yari ku cyicaro cyarwo ku Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Ubushinjacyaha bwahawe umwanya ngo busobanurire Urukiko ibyaha burega Ndimbati, buvuga ko aregwa icyaha cyo kunywesha umwana inzoga ndetse n’icyo gusambanya umwana utazuza imyaka y’ubukure.

Ubushinjacyaha bwavuze ko ku wa 24 Ukuboza 2019, Ndimbati yaje guhura na Kabahizi Fridaus wamusabaga kumwinjiza mu mwuga wo gukina film, akaza afite inzoga izwi nk’Amarula akamubeshya ko ari amata, ubundi akayinywa agasinda, akabona kumusambanya.

Umushinjacyaha yavuze ko uyu mukobwa yavutse muri Kamena 2002 bikaba bigaragara ko icyo gihe baryamaniyeho yari ataruzuza imyaka y’ubukure.

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge guhamya Ndimbati ibyaha akurikiranyweho, rukamukatira gufungwa imyaka 25 nkuko biteganywa n’itegeko.

Ndimbati ubwo yisobanuraga, yongeye kuvuga ko yakorewe akambane, mu rwego rwo gushaka indonke kuko Kabahizi yagiwe mu matwi n’abantu bakamushuka ngo amwake Miliyoni 5 Frw, akanamukodeshereza inzu y’ibihumbi 300 Frw.

Yongeye kugaruka ku munyamakuru wakoresheje ikiganiro Kabahizi, akaza kumuhamagara amusaba miliyoni 2 Frw ndetse akamubwira ko natazimuha, amushyira hanze.

Uyu mukinnyi wa film yavuze ko itariki ya 24 Ukuboza 2019 ivugwa ko yaryamaniyeho na Kabahizi, atari ari mu Mujyi wa Kigali ahubwo ko baryamanye ku wa 02 Mutarama 2020.

Ndimbati yavuze ko umukobwa babyaranye atari umwana kuko n’itariki yavukiyeho ari ku ya 01 Mutarama 2002.

Umunyamategeko wunganira uregwa, yavuze ko itariki y’amavuko ya Kabahizi yahinduwe mu rwego rwo gushaka kumushyirishamo kuko hari habuze ibimenyetso bihagije.

Uyu munyamategeko wanagarutse ku cyaha cyo gusindisha umwana, yavuze ko nta bimenyetso byagitangiwe bityo ko kidakwiye guhabwa agaciro, avuga ko n’igihano yasabiwe cy’igifungo cy’imyaka 25 batakwirirwa bagira icyo bakivugaho kuko ibyo ashinjwa bitatangiwe ibimenyetso.

Muri uru rubanza kandi hajemo abaregera indishyi aho umuryango wa Kabahizi Fridaus wasabye ko Ndimbati nahamwa n’ibyaha yazatanga indishyi ya Miliyoni 30 Frw.

Urubanza rwo mu mizi ruregwamo uyu mukinnyi wa film rwahise rupfundikirwa, rukazasomwa tariki 29 Nzeri 2022.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Frank says:
    3 years ago

    KBS leta nibikurikirane imenye abari mukuri

    Reply
    • imuragire Jado max says:
      3 years ago

      Njye kurubare rwanjye sinakwinjira muri Leta arko ikigaragara cyo ndimbati arahamwa nicyaha arko nibakurikirane barebe abari mukuri

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − four =

Previous Post

Kicukiro: Urupfu rw’amayobera rw’umugabo wajyanye n’umukobwa kwinezeza muri ‘Lodge’ akaza kumusigamo

Next Post

Umwana wavukiye mu cyaro abaye Perezida wa Kenya!- Ruto amaze kurahira

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwana wavukiye mu cyaro abaye Perezida wa Kenya!- Ruto amaze kurahira

Umwana wavukiye mu cyaro abaye Perezida wa Kenya!- Ruto amaze kurahira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.