Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ndimbati yaburanye mu mizi avuga ko uwo ashinjwa gusambanya babikoze yujuje ubukure

radiotv10by radiotv10
13/09/2022
in MU RWANDA
2
Ndimbati yaburanye mu mizi avuga ko uwo ashinjwa gusambanya babikoze yujuje ubukure
Share on FacebookShare on Twitter
  • Ubushinjacyaha bwamusabiye gufungwa imyaka 25

Umukinnyi wa Film Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka ‘Ndimbati’, yaburanye mu mizi, abwira Urukiko ko adahakana ko yaryamanye n’uwo ashinjwa gusambanya, ariko ko yari yujuje imyaka y’ubukure.

Uru rubanza rwabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Nzeri, rwabaye hifashishijwe ikoranabuhanga ry’iya kure; Ndimbati yari aho afungiye kuri Gereza mu gihe Inteko y’Urukiko yari ku cyicaro cyarwo ku Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Ubushinjacyaha bwahawe umwanya ngo busobanurire Urukiko ibyaha burega Ndimbati, buvuga ko aregwa icyaha cyo kunywesha umwana inzoga ndetse n’icyo gusambanya umwana utazuza imyaka y’ubukure.

Ubushinjacyaha bwavuze ko ku wa 24 Ukuboza 2019, Ndimbati yaje guhura na Kabahizi Fridaus wamusabaga kumwinjiza mu mwuga wo gukina film, akaza afite inzoga izwi nk’Amarula akamubeshya ko ari amata, ubundi akayinywa agasinda, akabona kumusambanya.

Umushinjacyaha yavuze ko uyu mukobwa yavutse muri Kamena 2002 bikaba bigaragara ko icyo gihe baryamaniyeho yari ataruzuza imyaka y’ubukure.

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge guhamya Ndimbati ibyaha akurikiranyweho, rukamukatira gufungwa imyaka 25 nkuko biteganywa n’itegeko.

Ndimbati ubwo yisobanuraga, yongeye kuvuga ko yakorewe akambane, mu rwego rwo gushaka indonke kuko Kabahizi yagiwe mu matwi n’abantu bakamushuka ngo amwake Miliyoni 5 Frw, akanamukodeshereza inzu y’ibihumbi 300 Frw.

Yongeye kugaruka ku munyamakuru wakoresheje ikiganiro Kabahizi, akaza kumuhamagara amusaba miliyoni 2 Frw ndetse akamubwira ko natazimuha, amushyira hanze.

Uyu mukinnyi wa film yavuze ko itariki ya 24 Ukuboza 2019 ivugwa ko yaryamaniyeho na Kabahizi, atari ari mu Mujyi wa Kigali ahubwo ko baryamanye ku wa 02 Mutarama 2020.

Ndimbati yavuze ko umukobwa babyaranye atari umwana kuko n’itariki yavukiyeho ari ku ya 01 Mutarama 2002.

Umunyamategeko wunganira uregwa, yavuze ko itariki y’amavuko ya Kabahizi yahinduwe mu rwego rwo gushaka kumushyirishamo kuko hari habuze ibimenyetso bihagije.

Uyu munyamategeko wanagarutse ku cyaha cyo gusindisha umwana, yavuze ko nta bimenyetso byagitangiwe bityo ko kidakwiye guhabwa agaciro, avuga ko n’igihano yasabiwe cy’igifungo cy’imyaka 25 batakwirirwa bagira icyo bakivugaho kuko ibyo ashinjwa bitatangiwe ibimenyetso.

Muri uru rubanza kandi hajemo abaregera indishyi aho umuryango wa Kabahizi Fridaus wasabye ko Ndimbati nahamwa n’ibyaha yazatanga indishyi ya Miliyoni 30 Frw.

Urubanza rwo mu mizi ruregwamo uyu mukinnyi wa film rwahise rupfundikirwa, rukazasomwa tariki 29 Nzeri 2022.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Frank says:
    3 years ago

    KBS leta nibikurikirane imenye abari mukuri

    Reply
    • imuragire Jado max says:
      3 years ago

      Njye kurubare rwanjye sinakwinjira muri Leta arko ikigaragara cyo ndimbati arahamwa nicyaha arko nibakurikirane barebe abari mukuri

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Kicukiro: Urupfu rw’amayobera rw’umugabo wajyanye n’umukobwa kwinezeza muri ‘Lodge’ akaza kumusigamo

Next Post

Umwana wavukiye mu cyaro abaye Perezida wa Kenya!- Ruto amaze kurahira

Related Posts

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Eng.-President Kagame and First Lady host Senior U.S Officials including Senior Advisor to the White House

by radiotv10
07/11/2025
0

President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame hosted senior officials from the United States of America, including Paula White-Cain,...

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari gaherereye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, birakekwa ko yaba yajugunywemo n’abamwishe....

Networking like a pro: How young women in Kigali can build meaningful professional connections

Networking like a pro: How young women in Kigali can build meaningful professional connections

by radiotv10
07/11/2025
0

In today’s world, who you know can sometimes be just as important as what you know. For young women in...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

by radiotv10
07/11/2025
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abayobozi mu nzego nkuru muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America
MU RWANDA

Eng.-President Kagame and First Lady host Senior U.S Officials including Senior Advisor to the White House

by radiotv10
07/11/2025
0

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

07/11/2025
Networking like a pro: How young women in Kigali can build meaningful professional connections

Networking like a pro: How young women in Kigali can build meaningful professional connections

07/11/2025
Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

07/11/2025
Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

07/11/2025
Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwana wavukiye mu cyaro abaye Perezida wa Kenya!- Ruto amaze kurahira

Umwana wavukiye mu cyaro abaye Perezida wa Kenya!- Ruto amaze kurahira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame and First Lady host Senior U.S Officials including Senior Advisor to the White House

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

Networking like a pro: How young women in Kigali can build meaningful professional connections

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.