Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ndimbati yaburanye mu mizi avuga ko uwo ashinjwa gusambanya babikoze yujuje ubukure

radiotv10by radiotv10
13/09/2022
in MU RWANDA
2
Ndimbati yaburanye mu mizi avuga ko uwo ashinjwa gusambanya babikoze yujuje ubukure
Share on FacebookShare on Twitter
  • Ubushinjacyaha bwamusabiye gufungwa imyaka 25

Umukinnyi wa Film Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka ‘Ndimbati’, yaburanye mu mizi, abwira Urukiko ko adahakana ko yaryamanye n’uwo ashinjwa gusambanya, ariko ko yari yujuje imyaka y’ubukure.

Uru rubanza rwabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Nzeri, rwabaye hifashishijwe ikoranabuhanga ry’iya kure; Ndimbati yari aho afungiye kuri Gereza mu gihe Inteko y’Urukiko yari ku cyicaro cyarwo ku Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Ubushinjacyaha bwahawe umwanya ngo busobanurire Urukiko ibyaha burega Ndimbati, buvuga ko aregwa icyaha cyo kunywesha umwana inzoga ndetse n’icyo gusambanya umwana utazuza imyaka y’ubukure.

Ubushinjacyaha bwavuze ko ku wa 24 Ukuboza 2019, Ndimbati yaje guhura na Kabahizi Fridaus wamusabaga kumwinjiza mu mwuga wo gukina film, akaza afite inzoga izwi nk’Amarula akamubeshya ko ari amata, ubundi akayinywa agasinda, akabona kumusambanya.

Umushinjacyaha yavuze ko uyu mukobwa yavutse muri Kamena 2002 bikaba bigaragara ko icyo gihe baryamaniyeho yari ataruzuza imyaka y’ubukure.

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge guhamya Ndimbati ibyaha akurikiranyweho, rukamukatira gufungwa imyaka 25 nkuko biteganywa n’itegeko.

Ndimbati ubwo yisobanuraga, yongeye kuvuga ko yakorewe akambane, mu rwego rwo gushaka indonke kuko Kabahizi yagiwe mu matwi n’abantu bakamushuka ngo amwake Miliyoni 5 Frw, akanamukodeshereza inzu y’ibihumbi 300 Frw.

Yongeye kugaruka ku munyamakuru wakoresheje ikiganiro Kabahizi, akaza kumuhamagara amusaba miliyoni 2 Frw ndetse akamubwira ko natazimuha, amushyira hanze.

Uyu mukinnyi wa film yavuze ko itariki ya 24 Ukuboza 2019 ivugwa ko yaryamaniyeho na Kabahizi, atari ari mu Mujyi wa Kigali ahubwo ko baryamanye ku wa 02 Mutarama 2020.

Ndimbati yavuze ko umukobwa babyaranye atari umwana kuko n’itariki yavukiyeho ari ku ya 01 Mutarama 2002.

Umunyamategeko wunganira uregwa, yavuze ko itariki y’amavuko ya Kabahizi yahinduwe mu rwego rwo gushaka kumushyirishamo kuko hari habuze ibimenyetso bihagije.

Uyu munyamategeko wanagarutse ku cyaha cyo gusindisha umwana, yavuze ko nta bimenyetso byagitangiwe bityo ko kidakwiye guhabwa agaciro, avuga ko n’igihano yasabiwe cy’igifungo cy’imyaka 25 batakwirirwa bagira icyo bakivugaho kuko ibyo ashinjwa bitatangiwe ibimenyetso.

Muri uru rubanza kandi hajemo abaregera indishyi aho umuryango wa Kabahizi Fridaus wasabye ko Ndimbati nahamwa n’ibyaha yazatanga indishyi ya Miliyoni 30 Frw.

Urubanza rwo mu mizi ruregwamo uyu mukinnyi wa film rwahise rupfundikirwa, rukazasomwa tariki 29 Nzeri 2022.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Frank says:
    3 years ago

    KBS leta nibikurikirane imenye abari mukuri

    Reply
    • imuragire Jado max says:
      3 years ago

      Njye kurubare rwanjye sinakwinjira muri Leta arko ikigaragara cyo ndimbati arahamwa nicyaha arko nibakurikirane barebe abari mukuri

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − three =

Previous Post

Kicukiro: Urupfu rw’amayobera rw’umugabo wajyanye n’umukobwa kwinezeza muri ‘Lodge’ akaza kumusigamo

Next Post

Umwana wavukiye mu cyaro abaye Perezida wa Kenya!- Ruto amaze kurahira

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwana wavukiye mu cyaro abaye Perezida wa Kenya!- Ruto amaze kurahira

Umwana wavukiye mu cyaro abaye Perezida wa Kenya!- Ruto amaze kurahira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.