Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngo hari n’uwo yaciriyeho ikariso: Bagaragaje ibyo bakorerwa n’umuyobozi wabo bafata nk’agahomamunwa

radiotv10by radiotv10
10/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Ngo hari n’uwo yaciriyeho ikariso: Bagaragaje ibyo bakorerwa n’umuyobozi wabo bafata nk’agahomamunwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Akamarara wo mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayonza, bavuga ko barembejwe n’inkoni bakubitwa n’Umuyobozi wabo batazi n’uko yagiyeho kuko batamwitoreye, bakavuga ko hari n’umubyeyi ufite uruhinja yakubise kugeza amuciriyeho umwenda w’imbere.

Aba baturage bo muri uyu Mudugudu uherereye mu Kagari ka Nyagatovu mu Murenge wa Mukarange, babwiye RADIOTV10 ko barambiwe kuyobozwa inkoni nk’amatungo.

Batanga urugero rw’umwe wakubiswe n’uyu muyobozi, ubu wanamaze kwimuka muri uyu Mudugudu nyuma yuko amukubise by’agahomamunwa.

Umwe muri aba baturage, avuga ko uyu Muyobozi w’Umudugudu akubita abantu atabanje no kumva ikibazo cyabo cyangwa bamwe babeshyerwa, ariko we ntabyiteho ngo ashyiremo ubushishozi.

Umwe ati “Hari umudamu witwa Zabayo twari duturanye, baramubeshyeye ngo yibye mudasobwa, ari umudamu uca incuro w’umukene cyane, yaramukubise aramukubita, amukubita no hagati n’agakariso yari yambaye karacika ava amaraso.”

Aba baturage bavuga ko ikibabaje ari uko uyu mugore wakubiswe n’uyu muyobozi, ari umubyeyi ufite uruhinja.

Undi ati “Yafashe umugore w’umubyeyi ufite umwana yonsa w’umwaka, aramuboha amaguru, aramukubita kugeza ha handi umwenda w’imbere ucika, abantu bamubona ubwambure.”

Aba baturage bavuga ko uyu muyobozi atari umwe cyangwa babiri amaze gukubita, bavuga ko akwiye kuvaho hakajyaho uwo bitoreye dore ko uyu batazi uko yagiyeho.

Undi muturage ati “Niba abasha gukubita umubyeyi akamwandagaza akamwambura ubusa, yamuziritse, hari umuntu ukicwa urobozo?”

Umunyamakuru yagerageje kuvugisha Umushemeza Clementine, ushinjwa n’abaturage kubayoboza inkoni, ariko ahita yikubura aragenda, ati “Reka kumfotora si ngombwa.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukarange, Kabandana Patrick avuga ko atari azi aya makuru kuko nta raporo yabyo yigeze yakira.

Ati “Ni ukwegera inzego bakatubwira icyo bamunenga, tukabaga n’uburenganzira bwo kuba bishyiriyeho undi w’agateganyo.”

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. Uwimbabazi Elyse says:
    3 years ago

    Ibi ntabwo bikwiye kuriki gihugu cyu Rwanda

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 10 =

Previous Post

Igihugu gihana imbibi n’u Rwanda cyatangaje igihano gishobora kuzajya gihanisha abatinganyi

Next Post

APR ifitemo 7, Rayon 3,…Amuvubi yahamagawe hagaragaramo umunyezamu utaherukaga, Haruna ntiyabonekamo

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
APR ifitemo 7, Rayon 3,…Amuvubi yahamagawe hagaragaramo umunyezamu utaherukaga, Haruna ntiyabonekamo

APR ifitemo 7, Rayon 3,…Amuvubi yahamagawe hagaragaramo umunyezamu utaherukaga, Haruna ntiyabonekamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.