Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngo hari n’uwo yaciriyeho ikariso: Bagaragaje ibyo bakorerwa n’umuyobozi wabo bafata nk’agahomamunwa

radiotv10by radiotv10
10/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Ngo hari n’uwo yaciriyeho ikariso: Bagaragaje ibyo bakorerwa n’umuyobozi wabo bafata nk’agahomamunwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Akamarara wo mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayonza, bavuga ko barembejwe n’inkoni bakubitwa n’Umuyobozi wabo batazi n’uko yagiyeho kuko batamwitoreye, bakavuga ko hari n’umubyeyi ufite uruhinja yakubise kugeza amuciriyeho umwenda w’imbere.

Aba baturage bo muri uyu Mudugudu uherereye mu Kagari ka Nyagatovu mu Murenge wa Mukarange, babwiye RADIOTV10 ko barambiwe kuyobozwa inkoni nk’amatungo.

Batanga urugero rw’umwe wakubiswe n’uyu muyobozi, ubu wanamaze kwimuka muri uyu Mudugudu nyuma yuko amukubise by’agahomamunwa.

Umwe muri aba baturage, avuga ko uyu Muyobozi w’Umudugudu akubita abantu atabanje no kumva ikibazo cyabo cyangwa bamwe babeshyerwa, ariko we ntabyiteho ngo ashyiremo ubushishozi.

Umwe ati “Hari umudamu witwa Zabayo twari duturanye, baramubeshyeye ngo yibye mudasobwa, ari umudamu uca incuro w’umukene cyane, yaramukubise aramukubita, amukubita no hagati n’agakariso yari yambaye karacika ava amaraso.”

Aba baturage bavuga ko ikibabaje ari uko uyu mugore wakubiswe n’uyu muyobozi, ari umubyeyi ufite uruhinja.

Undi ati “Yafashe umugore w’umubyeyi ufite umwana yonsa w’umwaka, aramuboha amaguru, aramukubita kugeza ha handi umwenda w’imbere ucika, abantu bamubona ubwambure.”

Aba baturage bavuga ko uyu muyobozi atari umwe cyangwa babiri amaze gukubita, bavuga ko akwiye kuvaho hakajyaho uwo bitoreye dore ko uyu batazi uko yagiyeho.

Undi muturage ati “Niba abasha gukubita umubyeyi akamwandagaza akamwambura ubusa, yamuziritse, hari umuntu ukicwa urobozo?”

Umunyamakuru yagerageje kuvugisha Umushemeza Clementine, ushinjwa n’abaturage kubayoboza inkoni, ariko ahita yikubura aragenda, ati “Reka kumfotora si ngombwa.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukarange, Kabandana Patrick avuga ko atari azi aya makuru kuko nta raporo yabyo yigeze yakira.

Ati “Ni ukwegera inzego bakatubwira icyo bamunenga, tukabaga n’uburenganzira bwo kuba bishyiriyeho undi w’agateganyo.”

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. Uwimbabazi Elyse says:
    3 years ago

    Ibi ntabwo bikwiye kuriki gihugu cyu Rwanda

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 9 =

Previous Post

Igihugu gihana imbibi n’u Rwanda cyatangaje igihano gishobora kuzajya gihanisha abatinganyi

Next Post

APR ifitemo 7, Rayon 3,…Amuvubi yahamagawe hagaragaramo umunyezamu utaherukaga, Haruna ntiyabonekamo

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
APR ifitemo 7, Rayon 3,…Amuvubi yahamagawe hagaragaramo umunyezamu utaherukaga, Haruna ntiyabonekamo

APR ifitemo 7, Rayon 3,…Amuvubi yahamagawe hagaragaramo umunyezamu utaherukaga, Haruna ntiyabonekamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.