Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Ngoma: Etoile de l’Est yagarutse mu cyiciro cya mbere nyuma y’imyaka 24

radiotv10by radiotv10
12/10/2021
in SIPORO
0
Ngoma: Etoile de l’Est yagarutse mu cyiciro cya mbere nyuma y’imyaka 24
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Etoile de l’Est yagarutse mu cyiciro cya mbere nyuma y’imyaka 24 itsinze Amagaju FC penaliti 6-5 nyuma y’uko basoje imikino 2-2.

Umukino ubanza wahuje impande zombi mu karere ka Huye wari warangiye banganya igitego 1-1 binagenda gutyo kuri uyu wa Kabiri kuri Sitade y’akarere ka Ngoma.

Nyuma yo kubona ikarita itukura, Amagaju FC bahise babindura uburyo bakinaga bajya kuri 4:2:2:1 nyuma yo kuba batangiranye 4:3:2:1.

Amagaju FC yari hanze yatangiye atsindwa igitego ku munota wa 53′ cyatsinzwe na Bugingo Jean Pierre kuri coup franc nyuma y’uko Hirwa Pacifique akoreye ikosa kuri Gahamanyi Boniface rutahizamu wa Etoile de l’Est wari ugiye gutsinda igitego.

Amagaju FC yongeye kubona ikarita itukura kuko banayibonye mu mukino ubanza kuri Sitade Huye. Iyi kipe y’akarere ka Nyamagabe yabonye igitego cyo kwishyura ku munota wa 66′ gitsinzwe na Kabagema Bashiru kuri penaliti yabonetse nyuma y’uko umunyezamu wa Etoile de l’Est, Rukundo Protène akoreye ikosa kuri Bashiru Kabagema.

Umukino wahinduye isura, abatoza bakora impinduka zitandukanye biza kugera ku munota wa 71′ Etoile de l’Est ibona ikarita itukura yahawe Habimana Viateur wari winjiye asimbuye bityo batangira gukina ari abakinnyi 10 buri ruhande.

Mu minota ya nyuma byabonekaga ko amakipe atangiye kunganya imbaraga bituma Etoile de l’Est ikuramo Muzerwa Amin wari kapiteni ahita asigira ubuyobozi Mbaraga Jimmy Traore.u

Kuri uru ruhande, abakinnyi barimo Habimana Viateur, Evode Ngabitsinze na Migambi Kevin bagiye mu kibuga biboneka ko Banamwana Camarade abashyiriyemo gutera penaliti kuko umukino wari ugeze ku munota wa 90′ bongeyeho iminota umunani (8′). Abarimo, Karangirwa Pacifique, Batagatifu Yves bavuyemo kimwe na Rukundo Protegene wavuye mu izamu agaha umwanya Yves Musoni.

Ku ruhande rwa Amagaju FC naho bahinduye bashyiramo; Iradukunda Clement, Mugisha Patrick, binjiye bitezweho kwinjiza penaliti ariko imibare ipfira mu kuzinjiza kuko binjije eshanu muri zirindwi mu gihe Etoile yateretsemo esheshatu muri zirindwi.

 

Ku ruhande rwa Amagaju FC, abinjije penaliti ni; Bashiru Kabagema, Himbaza Jacques, Mugisha Patrick, Bernard Uwera, na Epaphrodite Kwizera,  Iradukunda Laurent na Eric Nsabimana barazihusha.u

Ku ruhande rwa Etoile de l’Est abazishyizemo ni; Bugingo Jean Pierre, Dukundane Pacifique, Migambi Kevin, Twagizimana Fabrice, Evode Ngabitsinze na Jimmy Kibengo. Boniface Gahamanyi yayihushije.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Nyuma y’Imyaka 24, Etoile de l’Est yagarutse mu cyiciro cya mbere izamukana na Gicumbi FC

Next Post

Minisiteri y’ibidukikije iributsa aborozi b’inka ko hari ibyo bazigaburira birangira byanduje ikirere

Related Posts

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Ikipe ya Police FC yanganyije na APR FC 0-0 mu mukino wari uryoheye ijisho w’umunsi wa 10 wa Shampiyona y’Icyiciro...

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y'Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260...

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

by radiotv10
05/12/2025
0

Imikino ibanza muri shampiyona y’icyiciro cya mbere (Phase Aller) muri Volleyball irasozwa mu mpera z’iki cyumweru guhera kuri uyu wa...

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Umunyamabanga Mushya Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe avuga ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko amanyanga...

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w'umwaka muri Afurika mu mukino w'amagare muri 2025, mu...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisiteri y’ibidukikije iributsa aborozi b’inka ko hari ibyo bazigaburira birangira byanduje ikirere

Minisiteri y’ibidukikije iributsa aborozi b’inka ko hari ibyo bazigaburira birangira byanduje ikirere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.