Wednesday, March 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Ngoma: Etoile de l’Est yagarutse mu cyiciro cya mbere nyuma y’imyaka 24

radiotv10by radiotv10
12/10/2021
in SIPORO
0
Ngoma: Etoile de l’Est yagarutse mu cyiciro cya mbere nyuma y’imyaka 24
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Etoile de l’Est yagarutse mu cyiciro cya mbere nyuma y’imyaka 24 itsinze Amagaju FC penaliti 6-5 nyuma y’uko basoje imikino 2-2.

Umukino ubanza wahuje impande zombi mu karere ka Huye wari warangiye banganya igitego 1-1 binagenda gutyo kuri uyu wa Kabiri kuri Sitade y’akarere ka Ngoma.

Nyuma yo kubona ikarita itukura, Amagaju FC bahise babindura uburyo bakinaga bajya kuri 4:2:2:1 nyuma yo kuba batangiranye 4:3:2:1.

Amagaju FC yari hanze yatangiye atsindwa igitego ku munota wa 53′ cyatsinzwe na Bugingo Jean Pierre kuri coup franc nyuma y’uko Hirwa Pacifique akoreye ikosa kuri Gahamanyi Boniface rutahizamu wa Etoile de l’Est wari ugiye gutsinda igitego.

Amagaju FC yongeye kubona ikarita itukura kuko banayibonye mu mukino ubanza kuri Sitade Huye. Iyi kipe y’akarere ka Nyamagabe yabonye igitego cyo kwishyura ku munota wa 66′ gitsinzwe na Kabagema Bashiru kuri penaliti yabonetse nyuma y’uko umunyezamu wa Etoile de l’Est, Rukundo Protène akoreye ikosa kuri Bashiru Kabagema.

Umukino wahinduye isura, abatoza bakora impinduka zitandukanye biza kugera ku munota wa 71′ Etoile de l’Est ibona ikarita itukura yahawe Habimana Viateur wari winjiye asimbuye bityo batangira gukina ari abakinnyi 10 buri ruhande.

Mu minota ya nyuma byabonekaga ko amakipe atangiye kunganya imbaraga bituma Etoile de l’Est ikuramo Muzerwa Amin wari kapiteni ahita asigira ubuyobozi Mbaraga Jimmy Traore.u

Kuri uru ruhande, abakinnyi barimo Habimana Viateur, Evode Ngabitsinze na Migambi Kevin bagiye mu kibuga biboneka ko Banamwana Camarade abashyiriyemo gutera penaliti kuko umukino wari ugeze ku munota wa 90′ bongeyeho iminota umunani (8′). Abarimo, Karangirwa Pacifique, Batagatifu Yves bavuyemo kimwe na Rukundo Protegene wavuye mu izamu agaha umwanya Yves Musoni.

Ku ruhande rwa Amagaju FC naho bahinduye bashyiramo; Iradukunda Clement, Mugisha Patrick, binjiye bitezweho kwinjiza penaliti ariko imibare ipfira mu kuzinjiza kuko binjije eshanu muri zirindwi mu gihe Etoile yateretsemo esheshatu muri zirindwi.

 

Ku ruhande rwa Amagaju FC, abinjije penaliti ni; Bashiru Kabagema, Himbaza Jacques, Mugisha Patrick, Bernard Uwera, na Epaphrodite Kwizera,  Iradukunda Laurent na Eric Nsabimana barazihusha.u

Ku ruhande rwa Etoile de l’Est abazishyizemo ni; Bugingo Jean Pierre, Dukundane Pacifique, Migambi Kevin, Twagizimana Fabrice, Evode Ngabitsinze na Jimmy Kibengo. Boniface Gahamanyi yayihushije.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two − 1 =

Previous Post

Nyuma y’Imyaka 24, Etoile de l’Est yagarutse mu cyiciro cya mbere izamukana na Gicumbi FC

Next Post

Minisiteri y’ibidukikije iributsa aborozi b’inka ko hari ibyo bazigaburira birangira byanduje ikirere

Related Posts

Ikipe ya Senegal yari yegukanye Igikombe cya Afurika byarangiye icyambuwe nyuma y’amezi 2

Ikipe ya Senegal yari yegukanye Igikombe cya Afurika byarangiye icyambuwe nyuma y’amezi 2

by radiotv10
18/03/2026
0

Nyuma y'amezi abiri yegukanye Igikombe cya Afurika cya 2025 cyabereye muri Morocco, ikipe y'Igihugu ya Senegal yacyambuwe gihabwa iya Morocco...

Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu Amavubi yitegura FIFA Series

Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu Amavubi yitegura FIFA Series

by radiotv10
17/03/2026
0

Ku cyicaro cy’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), habereye ikiganiro n’itangazamakuru cyagarutse ku kwerekana umutoza mushya w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda,...

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda Leonidas yerecyeje kuri RADIOTV10

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda Leonidas yerecyeje kuri RADIOTV10

by radiotv10
16/03/2026
0

Umunyamakuru Leonidas Ndayisaba uzwi mu biganiro bya Siporo akaba umwe mu bafite uburambe mu mwuga w'itangazamakuru, yerecyeje kuri RADIOTV10 mu...

Emery Bayisenge na Mugisha Didier ba Rayon ntibazagaragara mu mikino ya Al-Merriekh na Police FC

Emery Bayisenge na Mugisha Didier ba Rayon ntibazagaragara mu mikino ya Al-Merriekh na Police FC

by radiotv10
15/03/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yemeje ko abakinnyi bayo Mugisha Didier na Emery Bayisenge batazagaragara ku mukino wo kuri uyu wa...

Volleyball: Ibyo wamenya ku mikino ya kamarampaka yatangiranye ugutungurana

Volleyball: Ibyo wamenya ku mikino ya kamarampaka yatangiranye ugutungurana

by radiotv10
15/03/2026
0

Amakipe yabaye ane ya mbere nyuma y’imikino isanzwe ya shampiyona ya volleyball yatangiye guhangana mu mikino ya kimwe cya kabiri...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku ntambara ya Iran na Israel& America: Undi muyobozi yishwe
AMAHANGA

Amakuru agezweho ku ntambara ya Iran na Israel& America: Undi muyobozi yishwe

by radiotv10
18/03/2026
0

Ubutumwa bwa Minisitiri w’Urubyiruko Dr.Utumatwishima ku mpaka zavutse ku myambarire ya Doja Cat bwazamuye izindi

Ubutumwa bwa Minisitiri w’Urubyiruko Dr.Utumatwishima ku mpaka zavutse ku myambarire ya Doja Cat bwazamuye izindi

18/03/2026
U Rwanda rwatangiye kugaragaza ibimenyetso mu rubanza rwarezemo u Bwongereza rwatangiye kuburanishwa

U Rwanda rwatangiye kugaragaza ibimenyetso mu rubanza rwarezemo u Bwongereza rwatangiye kuburanishwa

18/03/2026
Umushinwa ufungiye muri Kenya nyuma yo gufatanwa intozi yahishuye akayabo yari yaziguze

Umushinwa ufungiye muri Kenya nyuma yo gufatanwa intozi yahishuye akayabo yari yaziguze

18/03/2026
Ikipe ya Senegal yari yegukanye Igikombe cya Afurika byarangiye icyambuwe nyuma y’amezi 2

Ikipe ya Senegal yari yegukanye Igikombe cya Afurika byarangiye icyambuwe nyuma y’amezi 2

18/03/2026
Umukinnyikazi wa filimi wamenyekanye yagarutse mu Rwanda akihagera agaragaza amarangamutima y’urukumbuzi

Umukinnyikazi wa filimi wamenyekanye yagarutse mu Rwanda akihagera agaragaza amarangamutima y’urukumbuzi

18/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisiteri y’ibidukikije iributsa aborozi b’inka ko hari ibyo bazigaburira birangira byanduje ikirere

Minisiteri y’ibidukikije iributsa aborozi b’inka ko hari ibyo bazigaburira birangira byanduje ikirere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku ntambara ya Iran na Israel& America: Undi muyobozi yishwe

Ubutumwa bwa Minisitiri w’Urubyiruko Dr.Utumatwishima ku mpaka zavutse ku myambarire ya Doja Cat bwazamuye izindi

U Rwanda rwatangiye kugaragaza ibimenyetso mu rubanza rwarezemo u Bwongereza rwatangiye kuburanishwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.