Friday, May 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Ngoma: Etoile de l’Est yagarutse mu cyiciro cya mbere nyuma y’imyaka 24

radiotv10by radiotv10
12/10/2021
in SIPORO
0
Ngoma: Etoile de l’Est yagarutse mu cyiciro cya mbere nyuma y’imyaka 24
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Etoile de l’Est yagarutse mu cyiciro cya mbere nyuma y’imyaka 24 itsinze Amagaju FC penaliti 6-5 nyuma y’uko basoje imikino 2-2.

Umukino ubanza wahuje impande zombi mu karere ka Huye wari warangiye banganya igitego 1-1 binagenda gutyo kuri uyu wa Kabiri kuri Sitade y’akarere ka Ngoma.

Nyuma yo kubona ikarita itukura, Amagaju FC bahise babindura uburyo bakinaga bajya kuri 4:2:2:1 nyuma yo kuba batangiranye 4:3:2:1.

Amagaju FC yari hanze yatangiye atsindwa igitego ku munota wa 53′ cyatsinzwe na Bugingo Jean Pierre kuri coup franc nyuma y’uko Hirwa Pacifique akoreye ikosa kuri Gahamanyi Boniface rutahizamu wa Etoile de l’Est wari ugiye gutsinda igitego.

Amagaju FC yongeye kubona ikarita itukura kuko banayibonye mu mukino ubanza kuri Sitade Huye. Iyi kipe y’akarere ka Nyamagabe yabonye igitego cyo kwishyura ku munota wa 66′ gitsinzwe na Kabagema Bashiru kuri penaliti yabonetse nyuma y’uko umunyezamu wa Etoile de l’Est, Rukundo Protène akoreye ikosa kuri Bashiru Kabagema.

Umukino wahinduye isura, abatoza bakora impinduka zitandukanye biza kugera ku munota wa 71′ Etoile de l’Est ibona ikarita itukura yahawe Habimana Viateur wari winjiye asimbuye bityo batangira gukina ari abakinnyi 10 buri ruhande.

Mu minota ya nyuma byabonekaga ko amakipe atangiye kunganya imbaraga bituma Etoile de l’Est ikuramo Muzerwa Amin wari kapiteni ahita asigira ubuyobozi Mbaraga Jimmy Traore.u

Kuri uru ruhande, abakinnyi barimo Habimana Viateur, Evode Ngabitsinze na Migambi Kevin bagiye mu kibuga biboneka ko Banamwana Camarade abashyiriyemo gutera penaliti kuko umukino wari ugeze ku munota wa 90′ bongeyeho iminota umunani (8′). Abarimo, Karangirwa Pacifique, Batagatifu Yves bavuyemo kimwe na Rukundo Protegene wavuye mu izamu agaha umwanya Yves Musoni.

Ku ruhande rwa Amagaju FC naho bahinduye bashyiramo; Iradukunda Clement, Mugisha Patrick, binjiye bitezweho kwinjiza penaliti ariko imibare ipfira mu kuzinjiza kuko binjije eshanu muri zirindwi mu gihe Etoile yateretsemo esheshatu muri zirindwi.

 

Ku ruhande rwa Amagaju FC, abinjije penaliti ni; Bashiru Kabagema, Himbaza Jacques, Mugisha Patrick, Bernard Uwera, na Epaphrodite Kwizera,  Iradukunda Laurent na Eric Nsabimana barazihusha.u

Ku ruhande rwa Etoile de l’Est abazishyizemo ni; Bugingo Jean Pierre, Dukundane Pacifique, Migambi Kevin, Twagizimana Fabrice, Evode Ngabitsinze na Jimmy Kibengo. Boniface Gahamanyi yayihushije.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 8 =

Previous Post

Nyuma y’Imyaka 24, Etoile de l’Est yagarutse mu cyiciro cya mbere izamukana na Gicumbi FC

Next Post

Minisiteri y’ibidukikije iributsa aborozi b’inka ko hari ibyo bazigaburira birangira byanduje ikirere

Related Posts

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi yateye intambwe imuganisha guca agahigo azaba afite wenyine

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi yateye intambwe imuganisha guca agahigo azaba afite wenyine

by radiotv10
22/05/2026
0

Rutahizamu w’ikirangirire w’ibihe byose Cristiano Ronaldo, yatsindiye ibitero bibiri ikipe ye ya Al-Nassr FC, bituma umubare w’ibitego bibura ngo yuzuze...

Umukinnyi w’ikirangirire Cristiano Ronaldo yanditse andi mateka yiyongereye ku yo asanganywe

Umukinnyi w’ikirangirire Cristiano Ronaldo yanditse andi mateka yiyongereye ku yo asanganywe

by radiotv10
22/05/2026
0

Cristiano Ronaldo n’ikipe ye Al Nassr FC begukanye igikombe cya shampiyona ya Saudi Arabia, kibaye icya mbere cya shampiyona Ronaldo...

Umukinnyi mpuzamahanga ufite inkomoko mu Rwanda wifuzwa n’Amavubi yatandukanye n’ikipe ye

Umukinnyi mpuzamahanga ufite inkomoko mu Rwanda wifuzwa n’Amavubi yatandukanye n’ikipe ye

by radiotv10
20/05/2026
0

Myugariro ukina ku ruhande rw’iburyo, Warren Kamanzi, yamaze gutandukana n’ikipe yakiniraga ya Toulouse FC yo mu cyiciro cya mbere mu...

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka 20 ishize

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka 20 ishize

by radiotv10
20/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye ikipe ya Arsenal asanzwe akunda, ku bwo gutwara Igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza English Premier League...

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

IZIHERUKA

Hashyizweho itsinda ryo hejuru rishinzwe kwiga gahunda yo kwegurira abikorera ibigo by’ubucuruzi bya Leta
MU RWANDA

Hashyizweho itsinda ryo hejuru rishinzwe kwiga gahunda yo kwegurira abikorera ibigo by’ubucuruzi bya Leta

by radiotv10
22/05/2026
0

Umujyi wa Kigali wagiriye inama abasaba ibyangombwa byo kubaka bakwa amafaranga adasobanutse

Umujyi wa Kigali wagiriye inama abasaba ibyangombwa byo kubaka bakwa amafaranga adasobanutse

22/05/2026
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Amakuru mashya: Muri Congo imirwano yahinduye isura

22/05/2026
Emelyne wamamaye ku mbuga nkoranyambaga yeruriye abantu ingeso zari zaramubase

Emelyne wamamaye ku mbuga nkoranyambaga yeruriye abantu ingeso zari zaramubase

22/05/2026
Umuhanzi akaba n’umushabitsi Marchal Ujeku yatawe muri yombi muri dosiye ivugwamo miliyoni 50Frw

Umuhanzi akaba n’umushabitsi Marchal Ujeku yatawe muri yombi muri dosiye ivugwamo miliyoni 50Frw

22/05/2026
Rurangiranwa muri ruhago y’Isi yateye intambwe imuganisha guca agahigo azaba afite wenyine

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi yateye intambwe imuganisha guca agahigo azaba afite wenyine

22/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisiteri y’ibidukikije iributsa aborozi b’inka ko hari ibyo bazigaburira birangira byanduje ikirere

Minisiteri y’ibidukikije iributsa aborozi b’inka ko hari ibyo bazigaburira birangira byanduje ikirere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizweho itsinda ryo hejuru rishinzwe kwiga gahunda yo kwegurira abikorera ibigo by’ubucuruzi bya Leta

Umujyi wa Kigali wagiriye inama abasaba ibyangombwa byo kubaka bakwa amafaranga adasobanutse

Amakuru mashya: Muri Congo imirwano yahinduye isura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.