Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngoma: Habaye impanuka idasanzwe nk’iherutse kuba muri Gasabo igahitana 11

radiotv10by radiotv10
20/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ngoma: Habaye impanuka idasanzwe nk’iherutse kuba muri Gasabo igahitana 11
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Rukumbeli mu Karere ka Ngoma, habaye indi mpanuka nk’iherutse kuba mu Karere ka Gasabo yo ikanahitana abantu, aho ubwanikiro bw’ibigori bwagwiriye abantu ariko bwo Imana yakinze akaboko.

Iyi mpanuka yabaye kuri iki Cyumweru tariki 19 Gashyantare 2023, aho ubu bwanikiro bw’ibigori buherereye mu Mudugudu wa Ntovi mu Kagari ka Ntovi, bwagwiriye abantu.

Amakuru aturuka muri aka gace, avuga ko abantu bagwiriwe n’ubu bwanikiro, bagera muri 20 ndetse bamwe bagakomereka bakajyanwa kwa muganga.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukumbeli, Daniel Mugabo yemeje ko iyi mpanuka yabaye, ndetse ko abakomeretse bahise bajyanwa kwa muganga kugira ngo bahabwe ubutabazi bw’ibanze.

Uyu muyobozi avuga ko kugeza ubu abantu bakomerekeye muri iyi mpanuka bakiri kwa muganga ari bane (4) barimo babiri (2) bakomeretse cyane bakaba bari kwitabwaho mu Bitaro bya Kibungo, mu gihe abandi babiri (2) bari ku Kigo Nderabuzima cya Rukumbeli.

Avuga ko ubwo iriya mpanuka yabaga, bamwe mu bagwiriwe n’ubu bwanikiro, bagize ikibazo cy’ihungabana gusa kidakanganye, bakaza gutaha mu ngo zabo.

Iyi mpanuka ibaye nyuma y’ibyumweru bibiri habaye indi imeze nka yo, yabereye mu Kagari ka Gasagara muri uyu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo, yabaye tariki 03 Gashyantare 2023, igahitana abantu 11.

Ni impanuka yagarutsweho cyane, ndetse Guverinoma y’u Rwanda ikaba yarihanganishije imiryango y’abahitanywe na yo, inabafasha mu bikorwa byo kubaherecyeza inifatanya n’imiryango yabo muri iki gikorwa cyo kubashyingura cyabaye tariki 05 Gashyantare 2023.

RADITV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 1 =

Previous Post

Ubutumwa bw’akababaro umuryango wa Perezida Kagame wageneye uw’Umudepite w’u Rwanda witabye Imana

Next Post

Imodoka zinywa ibikomoka kuri Peteroli zatangiye gucibwa burundu

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

by radiotv10
24/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yahuye na mugenzi we Faustin Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique, bagirana ibiganiro byagarutse ku mikoranire irimo...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

24/11/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

22/11/2025
Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imodoka zinywa ibikomoka kuri Peteroli zatangiye gucibwa burundu

Imodoka zinywa ibikomoka kuri Peteroli zatangiye gucibwa burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.