Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngoma: Habaye impanuka idasanzwe nk’iherutse kuba muri Gasabo igahitana 11

radiotv10by radiotv10
20/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ngoma: Habaye impanuka idasanzwe nk’iherutse kuba muri Gasabo igahitana 11
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Rukumbeli mu Karere ka Ngoma, habaye indi mpanuka nk’iherutse kuba mu Karere ka Gasabo yo ikanahitana abantu, aho ubwanikiro bw’ibigori bwagwiriye abantu ariko bwo Imana yakinze akaboko.

Iyi mpanuka yabaye kuri iki Cyumweru tariki 19 Gashyantare 2023, aho ubu bwanikiro bw’ibigori buherereye mu Mudugudu wa Ntovi mu Kagari ka Ntovi, bwagwiriye abantu.

Amakuru aturuka muri aka gace, avuga ko abantu bagwiriwe n’ubu bwanikiro, bagera muri 20 ndetse bamwe bagakomereka bakajyanwa kwa muganga.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukumbeli, Daniel Mugabo yemeje ko iyi mpanuka yabaye, ndetse ko abakomeretse bahise bajyanwa kwa muganga kugira ngo bahabwe ubutabazi bw’ibanze.

Uyu muyobozi avuga ko kugeza ubu abantu bakomerekeye muri iyi mpanuka bakiri kwa muganga ari bane (4) barimo babiri (2) bakomeretse cyane bakaba bari kwitabwaho mu Bitaro bya Kibungo, mu gihe abandi babiri (2) bari ku Kigo Nderabuzima cya Rukumbeli.

Avuga ko ubwo iriya mpanuka yabaga, bamwe mu bagwiriwe n’ubu bwanikiro, bagize ikibazo cy’ihungabana gusa kidakanganye, bakaza gutaha mu ngo zabo.

Iyi mpanuka ibaye nyuma y’ibyumweru bibiri habaye indi imeze nka yo, yabereye mu Kagari ka Gasagara muri uyu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo, yabaye tariki 03 Gashyantare 2023, igahitana abantu 11.

Ni impanuka yagarutsweho cyane, ndetse Guverinoma y’u Rwanda ikaba yarihanganishije imiryango y’abahitanywe na yo, inabafasha mu bikorwa byo kubaherecyeza inifatanya n’imiryango yabo muri iki gikorwa cyo kubashyingura cyabaye tariki 05 Gashyantare 2023.

RADITV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − six =

Previous Post

Ubutumwa bw’akababaro umuryango wa Perezida Kagame wageneye uw’Umudepite w’u Rwanda witabye Imana

Next Post

Imodoka zinywa ibikomoka kuri Peteroli zatangiye gucibwa burundu

Related Posts

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
IBYAMAMARE

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imodoka zinywa ibikomoka kuri Peteroli zatangiye gucibwa burundu

Imodoka zinywa ibikomoka kuri Peteroli zatangiye gucibwa burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.