Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngororero: Bagaragaje ibimenyetso byatumye batangira kwikanga amapfa

radiotv10by radiotv10
05/11/2024
in MU RWANDA
0
Ngororero: Bagaragaje ibimenyetso byatumye batangira kwikanga amapfa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kageyo mu Karere ka Ngororero, bavuga ko bafite impungenge zo kugarizwa n’amapfa kubera imvura yabaye nke mu gihembwe cy’ihinga A cya 2025.

Aba baturage bavuga ko babuze imvura kuva iki gihembwe cyatangira, ndetse igakomeza kubura, ku buryo babona nta cyizere cyo kuzeza.

Mugabonake Patrice yagize ati “Igihembwe nyine iyo gitangiye nabi n’ubundi amaherezo biba bizagenda nabi kuko nta cyizere tuba dufite ko tuzabona umusaruro.”

Nyiransengimana Alice avuga ko bari batangiye guhinga bimwe mu bihingwa bisanzwe byera muri aka gace, ariko ko n’ibyo bashyize mu butaka bitigeze biva aho biri kubera kubura imvura.

Ati “Twari twateye ibigori mbere ariko izuba rirabyica, akavura kongeye kugwa nanone duteye ibishyimbo na byo ntibiri kumera neza nk’uko byari bisanzwe ku buryo n’amafumbire twafashe, twarahinze apfa ubusa imyaka iherayo.”

Aba baturage bakomeza bavuga kandi ko banahawe ifumbire kandi bagomba kuzishyura, ariko bakaba bafite impungenge z’aho bazakura amafaranga yo kwishyura.

Nyiransengimana Alice akomeza agira ati “Impungenge zihari ni uko twahingaga tukishyura mu byo twejeje, none turi kubona bitagenda neza ahubwo kubera imvura yatinze dufite ikibazo cy’inzara, ntabwo byoroshye ni kwa kwizirika umukanda naho gusoza iki gihembwe ntibyoroshye.”

Nkundabatware Faustin na we yagize ati “Inzara yo rwose irahari y’iki gihe, guhera mu kwezi kwa gatandatu imigozi yanze gushora, tugira ikibazo cy’ibijumba n’imyumbati bicye kandi urumva ntakindi twakwifashisha. Badufasha rero nk’iriya fumbire twafashe tukazishyura ubutaha twejeje.”

Ni mu gihe Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi RAB kigaragaza ko byari biteganyijwe ko imvura y’igihembwe cy’ihinga cy’Umuhindo yari gutangira kugwa hagati ya tariki 10 na 20 Nzeri, ariko mu misozi miremire igatangira hagati ya 1-10 Nzeri, ikazaba nyinshi mu byumweru bya nyuma by’uku kwezi kwa Nzeri, ariko si ko byagenze.

Ibishyimbo byanze kumera
Bavuga ko bafite impungenge

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Rusizi: Abahinzi b’umuceri bigeze kugarukwaho na Perezida Kagame bongeye kumwenyura

Next Post

Ericsson and MTN Rwanda modernize and expand network in Kigali

Related Posts

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

by radiotv10
25/11/2025
0

Umwarimu w’imyaka 50 wigisha muri Nyanza TSS waregwaga gusambanya abana b’abakobwa babiri bacuruza ibiraha, yanabanje no kubirya ubundi akaboshyoshya akabajyana...

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

by radiotv10
25/11/2025
0

Mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza, abaturage basanze umurambo w'umugabo mu nzu itabamo abantu, bigaragara ko wari umazemo...

Rwanda’s Visa-Free Leap: How Removing Barriers for All African Nationals Is Powering Trade and Economic Growth

Rwanda’s Visa-Free Leap: How Removing Barriers for All African Nationals Is Powering Trade and Economic Growth

by radiotv10
25/11/2025
0

In June 2025, Rwanda took a bold step by introducing visa-free travel for all African Union nationals, a landmark policy...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

by radiotv10
24/11/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, avuga ko amaze imyaka 14 abariwe inguranye y’ubutaka bwe bwubatsweho...

IZIHERUKA

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana
FOOTBALL

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

by radiotv10
25/11/2025
0

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

25/11/2025
Rwanda’s Visa-Free Leap: How Removing Barriers for All African Nationals Is Powering Trade and Economic Growth

Rwanda’s Visa-Free Leap: How Removing Barriers for All African Nationals Is Powering Trade and Economic Growth

25/11/2025
Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ericsson and MTN Rwanda modernize and expand network in Kigali

Ericsson and MTN Rwanda modernize and expand network in Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.