Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngororero: Bagaragaje ibimenyetso byatumye batangira kwikanga amapfa

radiotv10by radiotv10
05/11/2024
in MU RWANDA
0
Ngororero: Bagaragaje ibimenyetso byatumye batangira kwikanga amapfa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kageyo mu Karere ka Ngororero, bavuga ko bafite impungenge zo kugarizwa n’amapfa kubera imvura yabaye nke mu gihembwe cy’ihinga A cya 2025.

Aba baturage bavuga ko babuze imvura kuva iki gihembwe cyatangira, ndetse igakomeza kubura, ku buryo babona nta cyizere cyo kuzeza.

Mugabonake Patrice yagize ati “Igihembwe nyine iyo gitangiye nabi n’ubundi amaherezo biba bizagenda nabi kuko nta cyizere tuba dufite ko tuzabona umusaruro.”

Nyiransengimana Alice avuga ko bari batangiye guhinga bimwe mu bihingwa bisanzwe byera muri aka gace, ariko ko n’ibyo bashyize mu butaka bitigeze biva aho biri kubera kubura imvura.

Ati “Twari twateye ibigori mbere ariko izuba rirabyica, akavura kongeye kugwa nanone duteye ibishyimbo na byo ntibiri kumera neza nk’uko byari bisanzwe ku buryo n’amafumbire twafashe, twarahinze apfa ubusa imyaka iherayo.”

Aba baturage bakomeza bavuga kandi ko banahawe ifumbire kandi bagomba kuzishyura, ariko bakaba bafite impungenge z’aho bazakura amafaranga yo kwishyura.

Nyiransengimana Alice akomeza agira ati “Impungenge zihari ni uko twahingaga tukishyura mu byo twejeje, none turi kubona bitagenda neza ahubwo kubera imvura yatinze dufite ikibazo cy’inzara, ntabwo byoroshye ni kwa kwizirika umukanda naho gusoza iki gihembwe ntibyoroshye.”

Nkundabatware Faustin na we yagize ati “Inzara yo rwose irahari y’iki gihe, guhera mu kwezi kwa gatandatu imigozi yanze gushora, tugira ikibazo cy’ibijumba n’imyumbati bicye kandi urumva ntakindi twakwifashisha. Badufasha rero nk’iriya fumbire twafashe tukazishyura ubutaha twejeje.”

Ni mu gihe Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi RAB kigaragaza ko byari biteganyijwe ko imvura y’igihembwe cy’ihinga cy’Umuhindo yari gutangira kugwa hagati ya tariki 10 na 20 Nzeri, ariko mu misozi miremire igatangira hagati ya 1-10 Nzeri, ikazaba nyinshi mu byumweru bya nyuma by’uku kwezi kwa Nzeri, ariko si ko byagenze.

Ibishyimbo byanze kumera
Bavuga ko bafite impungenge

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − two =

Previous Post

Rusizi: Abahinzi b’umuceri bigeze kugarukwaho na Perezida Kagame bongeye kumwenyura

Next Post

Ericsson and MTN Rwanda modernize and expand network in Kigali

Related Posts

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ericsson and MTN Rwanda modernize and expand network in Kigali

Ericsson and MTN Rwanda modernize and expand network in Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.