Friday, September 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngororero: Bavuze impamvu y’ibikorwa bibabangamira bigaragara ahantu hatinywa na benshi

radiotv10by radiotv10
22/09/2025
in MU RWANDA
0
Ngororero: Bavuze impamvu y’ibikorwa bibabangamira bigaragara ahantu hatinywa na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Abakoresha umuhanda w’igitaka Kabaya-Muhanda- Mulinga mu Karere ka Ngororero, bavuga ko ubwambuzi n’urugomo bihakorerwa nimugoroba, bimaze gufata intera, bakemeza ko ababikora bitwikira umwijima uba uhari muri ayo masaha.

Umuhanda Kabaya Muhanda Mulinga ukora ku Turere twa Ngororero na Nyabihu, ukunze kunyurwa na benshi, ariko kuva saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, nta mugenzi w’amaguru watinyuka kuhanyura, nyamara hari abahanyura bavuye mu isoko rya Kabaya.

Umwe mu baturage yagize ati “Kuva saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kuzamura nta muntu watinyuka kunyura hano wenyine. Abambura abantu bitwikira uyu mwijima, noneho baba bafite inkoni cyangwa imihoro ukumva baguhuriyeho. Hano nta mucuruzi uvuye mu isoko rya Kabaya wahinyuza nyuma y’ayo masaha kuko ayo yacuruje yose bayamwanbura.”

Undi na we yagize ati “Hano habera ubwambuzi buteye ubwoba pe, ujya ukumva bagukubise inkoni yo mu mugongo bakagushikuza ibyo ufite kubera hano haba umwijima uteye ubwoba kuko ari no mu mashyamba.”

Aba baturage basaba ko bafashwa hakaba hashyirwa irondo ry’umwuga rikajya rihakorera cyangwa se hagashyirwamo amatara mu rwego rwo kuharinda umwijima no kurwanya abo bawitwikira bagacucura abantu utwabo.

Umuyobozi w’akarere ka Ngororero, Nkusi Christophe yabwiye RADIOTV10 ko hari kompanyi yabanje gukora umuhanda bityo n’amatara azashyirwamo, icyakora ngo mu gihe bitarakorwa baba bashyizemo abanyerondo bo kuba bahacungira umutekano.

Yagize ati “Mu gihe twabona ko bibangamye cyane ntitwategereza gushaka amafaranga mu gihe ataraboneka twakongeramo abanyerondo bakaba bacunga umutekano muri uwo muhanda.”

Jean Damascene IRADUKUNDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Amapoto yaje bizeye ko akurikirwa n’amashanyarazi none birirwa bayabona yaratangiye gusazira hasi aho arambaraye

Next Post

BREAKING: Amagare-Kigali: Umwongereza yegukanye Shampiyona y’Isi mu bakobwa U23

Related Posts

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

by radiotv10
25/09/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) kuba ryarahisemo ko Shampiyona y’Isi ibera mu Rwanda, ndetse akaba...

Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

by radiotv10
25/09/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye bashyira mu majwi bamwe mu banyerondo gukorana n’abagira uruhare...

Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

by radiotv10
25/09/2025
0

Ikirego cya Muganga Chantal wari wareze Dr Nsabimana Ernest wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda, amushinja kuba barigeze gukundana akamwizeje kuzamugira...

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

by radiotv10
25/09/2025
1

Rwanda is rolling out a new digital ID system, launched by the National Identification Agency (NIDA) in August 2025, to...

Eng.-What students in Kigali are busy with after their schools were closed

Eng.-What students in Kigali are busy with after their schools were closed

by radiotv10
25/09/2025
0

Some students in Kigali City say that after classes were suspended because of the UCI World Cycling Championship, they have...

IZIHERUKA

Amagare-Kigali: Umufaransakazi atumye Indirimbo yubahiriza u Bufaransa irimbirwa mu Rwanda
SIPORO

Amagare-Kigali: Umufaransakazi atumye Indirimbo yubahiriza u Bufaransa irimbirwa mu Rwanda

by radiotv10
25/09/2025
0

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

25/09/2025
Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

25/09/2025
Jangwani yatanze umucyo ku byakwirakwijwe ko agiye gutera umugongo APR akerecyeza muri mucyeba Rayon

Jangwani yatanze umucyo ku byakwirakwijwe ko agiye gutera umugongo APR akerecyeza muri mucyeba Rayon

25/09/2025
Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

25/09/2025
Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose

Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose

25/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Amagare-Kigali: Umwongereza yegukanye Shampiyona y’Isi mu bakobwa U23

BREAKING: Amagare-Kigali: Umwongereza yegukanye Shampiyona y’Isi mu bakobwa U23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amagare-Kigali: Umufaransakazi atumye Indirimbo yubahiriza u Bufaransa irimbirwa mu Rwanda

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.