Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ni gute umuntu yaka inguzanyo yo gushyingura?- Evode anenga abasesagura

radiotv10by radiotv10
15/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
2
Ni gute umuntu yaka inguzanyo yo gushyingura?- Evode anenga abasesagura
Share on FacebookShare on Twitter

Senateri Evode Uwizeyimana avuga ko kimwe mu bituma bamwe bagwa mu mutego wo gushaka amafaranga mu buryo budasukuye, ari ugusesagura, ku buryo hari n’abadatinya kwaka inguzanyo muri banki kugira ngo bashyingure ababo bitabye Imana cyangwa ngo abagore babo bajye kubyarira muri America.

Me Evode Uwizeyimana yabigarutseho mu kiganiro yatangiye mu Ihuriro rya 15 ry’Umuryango Unity Club Intwararumuri ryabaye mu cyumweru gishize.

Uyu mushingamategeko muri Sena y’u Rwanda wanahoze muri Guverinoma y’u Rwanda akaba ari no muri iri huriro, yagarukaga ku bikomeje gutuma bamwe mu bayobozi bisanga bari gushaka amafaranga mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Yavuze ko muri iki gihe hari ibikorwa bishyirwamo amafaranga bitagombye kuyashyirwamo, ibyo yise ‘Extravagance’ [tugenekereje ni ugutagaguza amafaranga mu bintu bitari ngombwa].

Ati “Ibintu by’iminsi mikuru isigaye mu Rwanda na byo nibaza ko bimwe bitanahahoze cyangwa byanahahoze ariko ugasanga abantu barakabije. Umuntu afata inguzanyo yo gushyingura gute?”

Hon. Evode yakomeje avuga ko ntacyo byaba bitwaye mu gihe umuntu yakwaka inguzanyo nk’iyo ariko kuyishyura bitamugoye.

Ati “Turaza gusanga umuntu afata inguzanyo yo kugira ngo umugore we ajye kubyarira muri America kandi muri Fayisali hari ababyaza. Na byo birashoboka, akabikora kubera ko umugore wa kanaka yagiyeyo, ariko umugore wa kanaka wagiyeyo ntabwo uzi aho yakuye ubushobozi nta n’ubwo uzi niba ubushobozi afite bungana n’ubwawe.”

Senateri yavuze ko bamwe mu bayobozi bashaka kwigereranya na bagenzi babo nyamara hari ababa bamaze igihe bakorera amafaranga cyangwa bafite ahandi bayakura, ku buryo hari bamwe bisanga baguye mu mutego wo gushaka amafaranga mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bigatuma batangira gukurikiranwa n’inzego z’ubutabera.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Munyameta Emmanuel says:
    3 years ago

    Kbs urikubajyira inama nziza gusa sibikwiriye sabayobozi gusa nabandi base niko bameze ujyakwaka inguzanyo utazishyura gute sibikwiriye nukwisubiraho

    Reply
  2. Rwacu says:
    3 years ago

    Iyi ndwara see yo kwigereranya twigira uko tutari ko Ari icyorezo mu rwatubyaye,ingero Ni nyinshi.ahubwo habeho ubukangurambaga bigabanyuke

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + twenty =

Previous Post

Guverinoma yafashe icyemezo ku musoro w’ubutaka kizashimisha Abanyarwanda

Next Post

Uganda: Abakekwaho kurasa ku modoka y’umujenerali ukomeye basubiye imbere y’Urukiko

Related Posts

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

by radiotv10
04/12/2025
0

Kigali is quickly becoming one of East Africa’s most exciting hubs for creative talent. From photography and fashion to content...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

IZIHERUKA

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze
MU RWANDA

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

04/12/2025
Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

04/12/2025
How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

04/12/2025
ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

03/12/2025
Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Abakekwaho kurasa ku modoka y’umujenerali ukomeye basubiye imbere y’Urukiko

Uganda: Abakekwaho kurasa ku modoka y’umujenerali ukomeye basubiye imbere y’Urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.