Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ni gute umuntu yaka inguzanyo yo gushyingura?- Evode anenga abasesagura

radiotv10by radiotv10
15/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
2
Ni gute umuntu yaka inguzanyo yo gushyingura?- Evode anenga abasesagura
Share on FacebookShare on Twitter

Senateri Evode Uwizeyimana avuga ko kimwe mu bituma bamwe bagwa mu mutego wo gushaka amafaranga mu buryo budasukuye, ari ugusesagura, ku buryo hari n’abadatinya kwaka inguzanyo muri banki kugira ngo bashyingure ababo bitabye Imana cyangwa ngo abagore babo bajye kubyarira muri America.

Me Evode Uwizeyimana yabigarutseho mu kiganiro yatangiye mu Ihuriro rya 15 ry’Umuryango Unity Club Intwararumuri ryabaye mu cyumweru gishize.

Uyu mushingamategeko muri Sena y’u Rwanda wanahoze muri Guverinoma y’u Rwanda akaba ari no muri iri huriro, yagarukaga ku bikomeje gutuma bamwe mu bayobozi bisanga bari gushaka amafaranga mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Yavuze ko muri iki gihe hari ibikorwa bishyirwamo amafaranga bitagombye kuyashyirwamo, ibyo yise ‘Extravagance’ [tugenekereje ni ugutagaguza amafaranga mu bintu bitari ngombwa].

Ati “Ibintu by’iminsi mikuru isigaye mu Rwanda na byo nibaza ko bimwe bitanahahoze cyangwa byanahahoze ariko ugasanga abantu barakabije. Umuntu afata inguzanyo yo gushyingura gute?”

Hon. Evode yakomeje avuga ko ntacyo byaba bitwaye mu gihe umuntu yakwaka inguzanyo nk’iyo ariko kuyishyura bitamugoye.

Ati “Turaza gusanga umuntu afata inguzanyo yo kugira ngo umugore we ajye kubyarira muri America kandi muri Fayisali hari ababyaza. Na byo birashoboka, akabikora kubera ko umugore wa kanaka yagiyeyo, ariko umugore wa kanaka wagiyeyo ntabwo uzi aho yakuye ubushobozi nta n’ubwo uzi niba ubushobozi afite bungana n’ubwawe.”

Senateri yavuze ko bamwe mu bayobozi bashaka kwigereranya na bagenzi babo nyamara hari ababa bamaze igihe bakorera amafaranga cyangwa bafite ahandi bayakura, ku buryo hari bamwe bisanga baguye mu mutego wo gushaka amafaranga mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bigatuma batangira gukurikiranwa n’inzego z’ubutabera.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Munyameta Emmanuel says:
    3 years ago

    Kbs urikubajyira inama nziza gusa sibikwiriye sabayobozi gusa nabandi base niko bameze ujyakwaka inguzanyo utazishyura gute sibikwiriye nukwisubiraho

    Reply
  2. Rwacu says:
    3 years ago

    Iyi ndwara see yo kwigereranya twigira uko tutari ko Ari icyorezo mu rwatubyaye,ingero Ni nyinshi.ahubwo habeho ubukangurambaga bigabanyuke

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Guverinoma yafashe icyemezo ku musoro w’ubutaka kizashimisha Abanyarwanda

Next Post

Uganda: Abakekwaho kurasa ku modoka y’umujenerali ukomeye basubiye imbere y’Urukiko

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Abakekwaho kurasa ku modoka y’umujenerali ukomeye basubiye imbere y’Urukiko

Uganda: Abakekwaho kurasa ku modoka y’umujenerali ukomeye basubiye imbere y’Urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.