• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ni gute umuntu yaka inguzanyo yo gushyingura?- Evode anenga abasesagura

radiotv10by radiotv10
15/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
2
Ni gute umuntu yaka inguzanyo yo gushyingura?- Evode anenga abasesagura
Share on FacebookShare on Twitter

Senateri Evode Uwizeyimana avuga ko kimwe mu bituma bamwe bagwa mu mutego wo gushaka amafaranga mu buryo budasukuye, ari ugusesagura, ku buryo hari n’abadatinya kwaka inguzanyo muri banki kugira ngo bashyingure ababo bitabye Imana cyangwa ngo abagore babo bajye kubyarira muri America.

Me Evode Uwizeyimana yabigarutseho mu kiganiro yatangiye mu Ihuriro rya 15 ry’Umuryango Unity Club Intwararumuri ryabaye mu cyumweru gishize.

Uyu mushingamategeko muri Sena y’u Rwanda wanahoze muri Guverinoma y’u Rwanda akaba ari no muri iri huriro, yagarukaga ku bikomeje gutuma bamwe mu bayobozi bisanga bari gushaka amafaranga mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Yavuze ko muri iki gihe hari ibikorwa bishyirwamo amafaranga bitagombye kuyashyirwamo, ibyo yise ‘Extravagance’ [tugenekereje ni ugutagaguza amafaranga mu bintu bitari ngombwa].

Ati “Ibintu by’iminsi mikuru isigaye mu Rwanda na byo nibaza ko bimwe bitanahahoze cyangwa byanahahoze ariko ugasanga abantu barakabije. Umuntu afata inguzanyo yo gushyingura gute?”

Hon. Evode yakomeje avuga ko ntacyo byaba bitwaye mu gihe umuntu yakwaka inguzanyo nk’iyo ariko kuyishyura bitamugoye.

Ati “Turaza gusanga umuntu afata inguzanyo yo kugira ngo umugore we ajye kubyarira muri America kandi muri Fayisali hari ababyaza. Na byo birashoboka, akabikora kubera ko umugore wa kanaka yagiyeyo, ariko umugore wa kanaka wagiyeyo ntabwo uzi aho yakuye ubushobozi nta n’ubwo uzi niba ubushobozi afite bungana n’ubwawe.”

Senateri yavuze ko bamwe mu bayobozi bashaka kwigereranya na bagenzi babo nyamara hari ababa bamaze igihe bakorera amafaranga cyangwa bafite ahandi bayakura, ku buryo hari bamwe bisanga baguye mu mutego wo gushaka amafaranga mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bigatuma batangira gukurikiranwa n’inzego z’ubutabera.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Munyameta Emmanuel says:
    4 years ago

    Kbs urikubajyira inama nziza gusa sibikwiriye sabayobozi gusa nabandi base niko bameze ujyakwaka inguzanyo utazishyura gute sibikwiriye nukwisubiraho

    Reply
  2. Rwacu says:
    4 years ago

    Iyi ndwara see yo kwigereranya twigira uko tutari ko Ari icyorezo mu rwatubyaye,ingero Ni nyinshi.ahubwo habeho ubukangurambaga bigabanyuke

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + ten =

Previous Post

Guverinoma yafashe icyemezo ku musoro w’ubutaka kizashimisha Abanyarwanda

Next Post

Uganda: Abakekwaho kurasa ku modoka y’umujenerali ukomeye basubiye imbere y’Urukiko

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Uganda: Abakekwaho kurasa ku modoka y’umujenerali ukomeye basubiye imbere y’Urukiko

Uganda: Abakekwaho kurasa ku modoka y’umujenerali ukomeye basubiye imbere y’Urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.