Wednesday, October 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ni iki kijyanye Tshisekedi muri Angola mbere y’iminsi micye ngo ahahurire na Perezida Kagame?

radiotv10by radiotv10
04/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ni iki kijyanye Tshisekedi muri Angola mbere y’iminsi micye ngo ahahurire na Perezida Kagame?
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yageze muri Angola aho agomba n’ubundi kuzahurira mu biganiro na Perezida Paul Kagame mu cyumweru n’igice biri imbere. Hatangajwe ikijyanye Tshisekedi muri iki Gihugu.

Félix Tshisekedi agiye muri Angola ahari kubera uruzinduko rwa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden, biteganyijwe ko hatangizwa ibikorwa remezo by’icyambu cya Labito gikora kuri zimwe muri Teritwari za DRC ndetse na Zambia.

Nk’uko byamejwe na Perezidansi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Tshisekedi yageze i Lobito mu Ntara ya Benguela muri Angola, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Ukuboza 2024.

Ubwo yageragayo, yakiriwe ku Kibuga cy’Indege na Minisitiri w’ububanyi n’Amahanga wa Angola, Tete António unamaze igihe ayoboye ibiganiro bimaze igihe bihuza Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Amakuru atangazwa n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri DRC, avuga ko Perezida Félix Tshisekedi yitabira inama ihuriweho ya Leta Zunze Ubumwe za Ameeica na Angola, igomba no kwitabirwa n’abayobozi baturutse mu Bihugu nka DRC, Tanzania, Zambia, ndetse n’Ikigega Gishinzwe Imari muri Afurika AFC (Africa Finance Corporation).

Iyi nama kandi irasuzumirwamo ibikorwa by’iterambere n’ishoramari mu bikorwa remezo bihuza Inyanja ya Atlantic n’iy’u Buhindi, kugira ngo harebwe uburyo hakongerwa imbaraga mu byiciro by’uyu mushinga.

Biravugwa kandi ko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, agira n’umwanya wo guhura na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden, bagirane ibiganiro byihariye.

Félix Tshisekedi agiye muri Angola habura iminsi 11 ngo yongere asubireyo agiye guhurira mu biganiro na Perezida Paul Kagame, bigamije gukomeza gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane n’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yemeje aya makuru y’ibiganiro bizabera i Luanda muri Angola bizahuriramo Abakuru b’Ibihugu byombi ndetse n’uwa Angola, João Lourenço wahawe inshinga z’ubuhuza n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, mu rugendo rwo gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC.

Tshisekedi yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Angola

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Itangazo ryitiriwe RDF yaritanzeho umucyo

Next Post

Abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda bibukijwe intego ikomeye yiyemejwe n’ibyo bakeneweho

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

by radiotv10
29/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko rigiye gukora ibishoboka byose rigahagarika ibikorwa bibi biri...

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

by radiotv10
28/10/2025
0

Nyuma y’ubujura bwakoranywe ubuhanga mu mwanya nk’uwo guhumbya bwabereye mu nzu ndangamurage ya Louvre mu Bufaransa, ubu abantu babiri bakekwaho...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

by radiotv10
28/10/2025
0

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe kugenzura ibikoresho bikoreshwa mu buzima muri Afurika y’Epfo, cyatangaje ko muri iki Gihugu hagiye gutangizwa itangwa ry’umuti...

BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

by radiotv10
27/10/2025
0

Paul Biya w’imyaka 92 yatangajwe nk’uwatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu, ibintu byakurikiwe n’imvururu z’abashyigikiye Issa Tchiroma Bakary wemeza ko ari we...

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

by radiotv10
27/10/2025
0

Igihugu cya Mali cyahagaritse amasomo mu mashuri abanza, ayisumbuye na kaminuza mu Gihugu hose, kubera ikibazo gikomeye cy’ibura ry’ibikomoka kuri...

IZIHERUKA

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo
IMIBEREHO MYIZA

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

by radiotv10
29/10/2025
0

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

29/10/2025
Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

29/10/2025
Haravugwa icyatumye umutoza wifuzwaga na Rayon ashobora kuba yayiteye umugongo

Haravugwa icyatumye umutoza wifuzwaga na Rayon ashobora kuba yayiteye umugongo

29/10/2025
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

29/10/2025
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Ibyavugiwe mu ibazwa ry’umusore ukurikiranyweho kwica umubyeyi we barimo basangira

29/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda bibukijwe intego ikomeye yiyemejwe n’ibyo bakeneweho

Abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda bibukijwe intego ikomeye yiyemejwe n'ibyo bakeneweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.