Wednesday, November 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ni iki kijyanye Tshisekedi muri Angola mbere y’iminsi micye ngo ahahurire na Perezida Kagame?

radiotv10by radiotv10
04/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ni iki kijyanye Tshisekedi muri Angola mbere y’iminsi micye ngo ahahurire na Perezida Kagame?
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yageze muri Angola aho agomba n’ubundi kuzahurira mu biganiro na Perezida Paul Kagame mu cyumweru n’igice biri imbere. Hatangajwe ikijyanye Tshisekedi muri iki Gihugu.

Félix Tshisekedi agiye muri Angola ahari kubera uruzinduko rwa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden, biteganyijwe ko hatangizwa ibikorwa remezo by’icyambu cya Labito gikora kuri zimwe muri Teritwari za DRC ndetse na Zambia.

Nk’uko byamejwe na Perezidansi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Tshisekedi yageze i Lobito mu Ntara ya Benguela muri Angola, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Ukuboza 2024.

Ubwo yageragayo, yakiriwe ku Kibuga cy’Indege na Minisitiri w’ububanyi n’Amahanga wa Angola, Tete António unamaze igihe ayoboye ibiganiro bimaze igihe bihuza Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Amakuru atangazwa n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri DRC, avuga ko Perezida Félix Tshisekedi yitabira inama ihuriweho ya Leta Zunze Ubumwe za Ameeica na Angola, igomba no kwitabirwa n’abayobozi baturutse mu Bihugu nka DRC, Tanzania, Zambia, ndetse n’Ikigega Gishinzwe Imari muri Afurika AFC (Africa Finance Corporation).

Iyi nama kandi irasuzumirwamo ibikorwa by’iterambere n’ishoramari mu bikorwa remezo bihuza Inyanja ya Atlantic n’iy’u Buhindi, kugira ngo harebwe uburyo hakongerwa imbaraga mu byiciro by’uyu mushinga.

Biravugwa kandi ko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, agira n’umwanya wo guhura na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden, bagirane ibiganiro byihariye.

Félix Tshisekedi agiye muri Angola habura iminsi 11 ngo yongere asubireyo agiye guhurira mu biganiro na Perezida Paul Kagame, bigamije gukomeza gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane n’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yemeje aya makuru y’ibiganiro bizabera i Luanda muri Angola bizahuriramo Abakuru b’Ibihugu byombi ndetse n’uwa Angola, João Lourenço wahawe inshinga z’ubuhuza n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, mu rugendo rwo gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC.

Tshisekedi yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Angola

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 5 =

Previous Post

Itangazo ryitiriwe RDF yaritanzeho umucyo

Next Post

Abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda bibukijwe intego ikomeye yiyemejwe n’ibyo bakeneweho

Related Posts

Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

by radiotv10
11/11/2025
0

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yavuze ko nta Munya-Uganda ushobora kuzana imikino yo kujya mu muhanda ngo agiye kwigaragambya...

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

by radiotv10
11/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riratangaza ko uruhande bahanganye rwagabye ibitero bikomeye by’indege...

Ibivugwa ku itabwa muri yombi ry’Abajenerali babiri mu Congo barimo uwakunze kwigaragaza nk’umunyabubasha

Ibivugwa ku itabwa muri yombi ry’Abajenerali babiri mu Congo barimo uwakunze kwigaragaza nk’umunyabubasha

by radiotv10
11/11/2025
0

Abajenerali babiri mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) barimo Gen. John Tshibangu wakunze kwigaragaza nk’ufite ubushobozi bwo...

Ubutumwa bwa Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa nyuma yo gufungurwa

Ubutumwa bwa Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa nyuma yo gufungurwa

by radiotv10
11/11/2025
0

Nicolas Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa wari umaze iminsi 20 afunzwe muri gereza, yarekuwe by’agateganyo, ashimira abamwoherereje ubutumwa bwo kumwihanganisha,...

Ibivugwa ku itabwa muri yombi ry’Abajenerali babiri mu Congo barimo uwakunze kwigaragaza nk’umunyabubasha

Eng.-Tshisekedi arrests two Generals including John Tshibangu who once vowed to get rid of M23

by radiotv10
11/11/2025
0

Two Generals in the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC), including Gen. John Tshibangu who has often...

IZIHERUKA

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore
MU RWANDA

Ibyamenyekanye ku byaha bishinjwa umwarimu wo muri Kaminuza y’u Rwanda

by radiotv10
12/11/2025
0

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda ziyobowe n’Umugaba w’Izirwanira ku Butaka zigiye kumara iminsi ine muri Maroc

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda ziyobowe n’Umugaba w’Izirwanira ku Butaka zigiye kumara iminsi ine muri Maroc

12/11/2025
Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

12/11/2025
Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

12/11/2025
Why every young woman should learn a practical trade

Why every young woman should learn a practical trade

12/11/2025
Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

12/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda bibukijwe intego ikomeye yiyemejwe n’ibyo bakeneweho

Abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda bibukijwe intego ikomeye yiyemejwe n'ibyo bakeneweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyamenyekanye ku byaha bishinjwa umwarimu wo muri Kaminuza y’u Rwanda

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda ziyobowe n’Umugaba w’Izirwanira ku Butaka zigiye kumara iminsi ine muri Maroc

Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.