Thursday, October 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ni iki Urukiko rwa Gisirikare rwagendeyeho rukatira igihano cy’urupfu Kabila wayoboye Congo

radiotv10by radiotv10
01/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ni iki Urukiko rwa Gisirikare rwagendeyeho rukatira igihano cy’urupfu Kabila wayoboye Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwahamije ibyaha Joseph Kabila Kabange wayoboye iki Gihugu, rumukatira igihano cy’urupfu kidashobora kubonerwa impamvu nyoroshyacyaha, rugaragaza n’impamvu zatumye rufata iki cyemezo.

Ni icyemezo cyasomwe kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Nzeri 2025 cyari gitegerejwe na benshi, dore ko isomwa ryacyo ryagombaga kuba tariki 19 Nzeri ariko rikaza kwimurwa.

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwaburanishije uru rubanza, mu cyemezo cyarwo, rwahamije Kabila ibyaha ashinjwa birimo kugambanira Igihugu, kugira uruhare mu myigaragambyo, ndetse n’ibyaha by’iterabwoba.

Mu guhamya ibi byaha Joseph Kabila, Urukiko rwashingiye ku kuba i Bukavu n’i Goma yarakoreye “inama zitaziguye ku cyicaro gikuru zigamije gutegura intambara” ndetse ko “yakoze ubugenzuzi mu bigo bitangirwamo amabwiriza” ya AFC/M23 ndetse akaba yari “umuyobozi uvuga rikijyana mu mitwe yose y’inyeshyamba yabayeho mu Gihugu kuva ku nyeshyamba za Mutebusi. Urukiko kandi rwahaye ishingiro ko Kabila ari “Umuyobozi w’Ihuriro AFC/M23.”

Ku bijyanye n’impaka zazamuwe zirebana n’Ubwenegihugu bwa Kabila, aho havugwaga ko ari “Umunyarwanda”, Urukiko rwiyambuye ububasha ku kugira icyemezo rufata kuri iyi ngingo, rwohereza iki kibazo Guverinoma ngo izagitangeho umurongo ariko ko na yo igomba kuzagendera ku bimenyetso bifatika bishingiye “kuri nyiri ubwite ndetse no ku bikorwa bifatika.”

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare kandi nanone rwatesheje agaciro ubusabe bwari bwatanzwe n’Umugenzuzi Mukuru wa FARDC, warusabye ko imitungo ya Joseph Kabila ifatirwa.

Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva muri 2001 kugeza muri 2019, yasomewe iki cyemezo atari mu Rukiko, dore ko yanaburanishijwe adahari.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 9 =

Previous Post

Muzabona ibyo mutigeze mubona- Kapiteni wa APR ageneye ubutumwa abafana bayo n’abandi bose

Next Post

Umwana ni uw’umuryango! Wite ku mwana wese nk’uwawe!- Ubutumwa bwa Madamu Jeannette Kagame

Related Posts

Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

by radiotv10
01/10/2025
0

Umuhuzabikorwa Wungirije wa AFC/M23, Betrand Bisimwa yatangaje ko gukatira igihano cy’urupfu Joseph Kabila wabaye Perezida wa DRC, ahamijwe ibyaha bishingiye...

Qatar yagaragaje uko yakiriye imbabazi yasabwe na Israel nyuma y’iminsi barebana ikijisho

Qatar yagaragaje uko yakiriye imbabazi yasabwe na Israel nyuma y’iminsi barebana ikijisho

by radiotv10
30/09/2025
0

Minisitiri w’Intebe wa Qatar yavuze ko Igihugu cye cyiteguye gukomeza ibikorwa byo gushaka iherezo ry’intambara muri Gaza, nyuma yuko mugenzi...

Hagaragaye imodoka bivugwa ko zirimo abarwanyi b’abacancuro ba ‘Blackwater’ bongeye kwiyambazwa na Congo

Hagaragaye imodoka bivugwa ko zirimo abarwanyi b’abacancuro ba ‘Blackwater’ bongeye kwiyambazwa na Congo

by radiotv10
30/09/2025
0

Hagaragaye amashusho y’abarwanyi bivugwa ko ari abacancuro b’itsinda rya ‘Blackwater’ bari mu modoka zo mu mirwano yo mu misozi bamanutse...

Hategerejwe umwanzuro mu rubanza Kabila wabaye Perezida wa Congo yasabiwemo igihano cy’urupfu

Hategerejwe umwanzuro mu rubanza Kabila wabaye Perezida wa Congo yasabiwemo igihano cy’urupfu

by radiotv10
30/09/2025
0

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rw’i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rurasoma umanzuro warwo mu rubanza ruregwamo Joseph Kabila...

Muri Gaza amarira yongeye kuba menshi mu gihe hasuzumwaga umushinga ugamije amahoro

Muri Gaza amarira yongeye kuba menshi mu gihe hasuzumwaga umushinga ugamije amahoro

by radiotv10
30/09/2025
0

Abantu 50 bahitanywe n’ibitero bya Israel muri Gaza, mu gihe umutwe wa Hamas uhanganye n’iki Gihugu uri gusuzuma umugambi wa...

IZIHERUKA

How to restart your life when you feel left behind
MU RWANDA

How to restart your life when you feel left behind

by radiotv10
02/10/2025
0

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

01/10/2025
Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

01/10/2025
Uwakiniye Ikipe y’Igihugu Amavubi usigaye aba hanze y’u Rwanda yabatijwe mu mazi menshi

Uwakiniye Ikipe y’Igihugu Amavubi usigaye aba hanze y’u Rwanda yabatijwe mu mazi menshi

01/10/2025
Dore amakosa agiye gushyirirwaho ibihano by’inyongera byo gukurwaho amanota ku bashoferi mu Rwanda

Dore amakosa agiye gushyirirwaho ibihano by’inyongera byo gukurwaho amanota ku bashoferi mu Rwanda

01/10/2025
APR i Kigali biranze ubu hahanzwe amaso uko bizagenda mu Misiri

APR i Kigali biranze ubu hahanzwe amaso uko bizagenda mu Misiri

01/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwana ni uw’umuryango! Wite ku mwana wese nk’uwawe!- Ubutumwa bwa Madamu Jeannette Kagame

Umwana ni uw’umuryango! Wite ku mwana wese nk’uwawe!- Ubutumwa bwa Madamu Jeannette Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to restart your life when you feel left behind

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.