Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ni nk’iry’i Burayi-Umukongomani yashimiye u Rwanda ku isoko ryuzuye i Rusizi

radiotv10by radiotv10
25/03/2022
in MU RWANDA
0
Ni nk’iry’i Burayi-Umukongomani yashimiye u Rwanda ku isoko ryuzuye i Rusizi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo urema isoko nyambukiranyamipaka ryuzuye mu Bugarama mu Karere ka Rusizi, yashimiye Guverinoma y’u Rwanda ku bw’iri soko ry’agatangaza rizajya riremwa n’Abanyarwanda, Abo muri DRC ndetse n’Abarundi.

Iri soko ryatashywe ku mugaragaro kuri uyu wa 22 Werurwe 2022, ryubatse mu Murenge wa Bugarama ariko rikazajya riremwa n’abaturage baturutse mu Bihugu by’ibituranyi nka Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no mu Burundi.

Umuhango wo gufungura iri soko ryubatswe ku bufatanye na Banki y’Isi, wanitabiriwe na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Beata Habyarimana.

Ubwo iri soko ryatahwaga, abaturage barimo abasanzwe barirema n’abaricururizamo bashimye Leta y’u Rwanda kuba yarabubakiye iri soko rya kijyambere ritaboneka henshi.

Umwe mu baturage bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagize ati “Kubona Guverinoma itwubakira isoko ry’agatangaza nk’iri…ni isoko ridasanzwe, ni isoko rya kizungu.”

Uyu muturage wasekeje abari bitabiriye uyu muhango, yakomeje agira ati “Iri ntabwo ari isoko ryo mu giturage, ni isoko nk’ayo tujya tubona za Burayi.”

Yakomeje ashimira Guverinoma y’u Rwanda agira ati “Guverinoma y’u Rwanda iradukunda cyane ikatuzanira ibintu bigezweho nk’ibi hano.”

Yaboneyeho gusaba abacururiza muri iri soko n’abarirema kuricunga neza kuko ari bo rizagirira akamaro.

Iri soko ryatangiye kubakwa muri Kanama 2020, rikuzura mu kwezi k’Ukuboza 2021, rifite ibitanda byo gucururizaho bikabakaba 190 ndetse n’ibyumba by’amaduka 25.

Kugeza ubu abarikoreramo bamaze kugera kuri 90% mu gihe abakifuza imyanya ari benshi.

Kibiliga uyobora Akarere ka Rusizi, yatanze icyizere cy’abifuza kurikoreramo kuko hari gahunda yo kuryagura kubera ubwinshi bw’abifuza kuza kurikoreramo.

Ubwo Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda Beata Habyarimana yafunguraga ku mugaragaro iri soko

RADIOTV1O

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Amagare: Uhiriwe arahiriwe yegukana umudari wa Zahabu muri Shampiyona Nyafurika mu Misiri

Next Post

AMAFOTO: Meddy uri mu byishimo byo kwitwa Papa yagaragaje ibihe by’ingenzi batwite

Related Posts

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo
MU RWANDA

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Meddy uri mu byishimo byo kwitwa Papa yagaragaje ibihe by’ingenzi batwite

AMAFOTO: Meddy uri mu byishimo byo kwitwa Papa yagaragaje ibihe by’ingenzi batwite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.