Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ni nk’iry’i Burayi-Umukongomani yashimiye u Rwanda ku isoko ryuzuye i Rusizi

radiotv10by radiotv10
25/03/2022
in MU RWANDA
0
Ni nk’iry’i Burayi-Umukongomani yashimiye u Rwanda ku isoko ryuzuye i Rusizi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo urema isoko nyambukiranyamipaka ryuzuye mu Bugarama mu Karere ka Rusizi, yashimiye Guverinoma y’u Rwanda ku bw’iri soko ry’agatangaza rizajya riremwa n’Abanyarwanda, Abo muri DRC ndetse n’Abarundi.

Iri soko ryatashywe ku mugaragaro kuri uyu wa 22 Werurwe 2022, ryubatse mu Murenge wa Bugarama ariko rikazajya riremwa n’abaturage baturutse mu Bihugu by’ibituranyi nka Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no mu Burundi.

Umuhango wo gufungura iri soko ryubatswe ku bufatanye na Banki y’Isi, wanitabiriwe na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Beata Habyarimana.

Ubwo iri soko ryatahwaga, abaturage barimo abasanzwe barirema n’abaricururizamo bashimye Leta y’u Rwanda kuba yarabubakiye iri soko rya kijyambere ritaboneka henshi.

Umwe mu baturage bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagize ati “Kubona Guverinoma itwubakira isoko ry’agatangaza nk’iri…ni isoko ridasanzwe, ni isoko rya kizungu.”

Uyu muturage wasekeje abari bitabiriye uyu muhango, yakomeje agira ati “Iri ntabwo ari isoko ryo mu giturage, ni isoko nk’ayo tujya tubona za Burayi.”

Yakomeje ashimira Guverinoma y’u Rwanda agira ati “Guverinoma y’u Rwanda iradukunda cyane ikatuzanira ibintu bigezweho nk’ibi hano.”

Yaboneyeho gusaba abacururiza muri iri soko n’abarirema kuricunga neza kuko ari bo rizagirira akamaro.

Iri soko ryatangiye kubakwa muri Kanama 2020, rikuzura mu kwezi k’Ukuboza 2021, rifite ibitanda byo gucururizaho bikabakaba 190 ndetse n’ibyumba by’amaduka 25.

Kugeza ubu abarikoreramo bamaze kugera kuri 90% mu gihe abakifuza imyanya ari benshi.

Kibiliga uyobora Akarere ka Rusizi, yatanze icyizere cy’abifuza kurikoreramo kuko hari gahunda yo kuryagura kubera ubwinshi bw’abifuza kuza kurikoreramo.

Ubwo Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda Beata Habyarimana yafunguraga ku mugaragaro iri soko

RADIOTV1O

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Amagare: Uhiriwe arahiriwe yegukana umudari wa Zahabu muri Shampiyona Nyafurika mu Misiri

Next Post

AMAFOTO: Meddy uri mu byishimo byo kwitwa Papa yagaragaje ibihe by’ingenzi batwite

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Meddy uri mu byishimo byo kwitwa Papa yagaragaje ibihe by’ingenzi batwite

AMAFOTO: Meddy uri mu byishimo byo kwitwa Papa yagaragaje ibihe by’ingenzi batwite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.