Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ni nk’iry’i Burayi-Umukongomani yashimiye u Rwanda ku isoko ryuzuye i Rusizi

radiotv10by radiotv10
25/03/2022
in MU RWANDA
0
Ni nk’iry’i Burayi-Umukongomani yashimiye u Rwanda ku isoko ryuzuye i Rusizi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo urema isoko nyambukiranyamipaka ryuzuye mu Bugarama mu Karere ka Rusizi, yashimiye Guverinoma y’u Rwanda ku bw’iri soko ry’agatangaza rizajya riremwa n’Abanyarwanda, Abo muri DRC ndetse n’Abarundi.

Iri soko ryatashywe ku mugaragaro kuri uyu wa 22 Werurwe 2022, ryubatse mu Murenge wa Bugarama ariko rikazajya riremwa n’abaturage baturutse mu Bihugu by’ibituranyi nka Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no mu Burundi.

Umuhango wo gufungura iri soko ryubatswe ku bufatanye na Banki y’Isi, wanitabiriwe na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Beata Habyarimana.

Ubwo iri soko ryatahwaga, abaturage barimo abasanzwe barirema n’abaricururizamo bashimye Leta y’u Rwanda kuba yarabubakiye iri soko rya kijyambere ritaboneka henshi.

Umwe mu baturage bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagize ati “Kubona Guverinoma itwubakira isoko ry’agatangaza nk’iri…ni isoko ridasanzwe, ni isoko rya kizungu.”

Uyu muturage wasekeje abari bitabiriye uyu muhango, yakomeje agira ati “Iri ntabwo ari isoko ryo mu giturage, ni isoko nk’ayo tujya tubona za Burayi.”

Yakomeje ashimira Guverinoma y’u Rwanda agira ati “Guverinoma y’u Rwanda iradukunda cyane ikatuzanira ibintu bigezweho nk’ibi hano.”

Yaboneyeho gusaba abacururiza muri iri soko n’abarirema kuricunga neza kuko ari bo rizagirira akamaro.

Iri soko ryatangiye kubakwa muri Kanama 2020, rikuzura mu kwezi k’Ukuboza 2021, rifite ibitanda byo gucururizaho bikabakaba 190 ndetse n’ibyumba by’amaduka 25.

Kugeza ubu abarikoreramo bamaze kugera kuri 90% mu gihe abakifuza imyanya ari benshi.

Kibiliga uyobora Akarere ka Rusizi, yatanze icyizere cy’abifuza kurikoreramo kuko hari gahunda yo kuryagura kubera ubwinshi bw’abifuza kuza kurikoreramo.

Ubwo Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda Beata Habyarimana yafunguraga ku mugaragaro iri soko

RADIOTV1O

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 2 =

Previous Post

Amagare: Uhiriwe arahiriwe yegukana umudari wa Zahabu muri Shampiyona Nyafurika mu Misiri

Next Post

AMAFOTO: Meddy uri mu byishimo byo kwitwa Papa yagaragaje ibihe by’ingenzi batwite

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Meddy uri mu byishimo byo kwitwa Papa yagaragaje ibihe by’ingenzi batwite

AMAFOTO: Meddy uri mu byishimo byo kwitwa Papa yagaragaje ibihe by’ingenzi batwite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.