Saturday, November 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ni umukino nk’indi- Perezida wa Rayon avuga ko Kiyovu bayiteguye nkuko biteguye Sunrise

radiotv10by radiotv10
10/11/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Ni umukino nk’indi- Perezida wa Rayon avuga ko Kiyovu bayiteguye nkuko biteguye Sunrise
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidèle avuga ko umukino uzahuza iyi kipe na Kiyovu Sports, bawiteguye nkuko bitegura indi yose kuko icyo bashaka ari amanota atatu akomeza kubaganisha ku gikombe bifuza kwegukana.

Umukino w’umunsi wa munani wa shampiyona uzahuza Rayon Sports na mucyeba wayo Kiyovu Sports, ni imwe mu nkuru zishyushye muri ruhago ziri kuvugwa muri iki cyumweru.

Kiyovu Sports izakira uyu mukino, iherutse no gushyira hanze ibiciro byo kuwinjiramo byanakangaranyije benshi kubera uburyo bihanitse, kuko itike ya macye ari 5 000 Frw mu gihe iya menshi ari 50 000 Frw.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, hasakaye amashusho ya bamwe mu bakunzi ba Kiyovu Sports bari gukubura mu muhanda rwagati mu Biryogo ahakumiriwe imodoka, aho bakuburaga mu ibara ry’ubururu, bagira bati “Turabakubuye, basubire iwabo i Nyanza.”

Uyu mukino washyuhije imitwe benshi ku mpande zombi, bamwe barahigana ubutwari, barahira kuzawutsinda.

Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidèle yavuze ko kuri we uyu mukino awufata nk’indi yose kuko iyi kipe iri mu rugamba rwo kuzegukana igikombe cya Shampiyona kandi ko bifuza gutsinda imikino yose dore ko kuva shampiyona yatangira nta mukino baratsindwa.

Ati “Turi muri shampiyona, kuri buri kipe yose twahura amanota arangana. Twiteguye nkuko tugenda twitegura n’indi nkuko tuzategura n’indi.”

Jean Fidèle akomeza agira ati “Turifuza amanota atatu nkuko twayabonye kuri Sunrise, nkuko twifuza kuzayabona no ku zindi zikurikira.”

Avuga ko ikipe ye iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa shampiyona bityo ko ikeneye gukomeza kuruyobora kandi ko no kuri uyu mukino izahura na Kiyovu Sports, bagomba kuzayararana.

Ati “Uyu mukino sinywutegura bitandukanye nkuko ntigura indi kuko ni amanota atatu dushaka.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − five =

Previous Post

Barifuza ko imodoka ya ruharwa muri Jenoside yatwarishaga interahamwe ikurwa hafi y’Akarere

Next Post

Umaze imyaka irenga 10 afite Permis y’incurano yatahuwe agiye kuyongeresha igihe

Related Posts

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
31/10/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

by radiotv10
31/10/2025
0

Abakinnyi b’ikipe ya Manchester United bagaragaye bambaye barimbye mu myambaro inogeye ijisho, ubwo bari bitabiriye imyitozo bitegura umukino bafite muri...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Gen Júlio dos Santos Jane wasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu mujyi wa wa...

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

by radiotv10
31/10/2025
0

Cristiano Ronaldo Junior, imfura ya rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yerekanye imodoka ye ya mbere atunze ku myaka 15...

IZIHERUKA

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding
MU RWANDA

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
31/10/2025
0

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

31/10/2025
Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

31/10/2025
Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

31/10/2025
Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umaze imyaka irenga 10 afite Permis y’incurano yatahuwe agiye kuyongeresha igihe

Umaze imyaka irenga 10 afite Permis y’incurano yatahuwe agiye kuyongeresha igihe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.