Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ni umukino nk’indi- Perezida wa Rayon avuga ko Kiyovu bayiteguye nkuko biteguye Sunrise

radiotv10by radiotv10
10/11/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Ni umukino nk’indi- Perezida wa Rayon avuga ko Kiyovu bayiteguye nkuko biteguye Sunrise
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidèle avuga ko umukino uzahuza iyi kipe na Kiyovu Sports, bawiteguye nkuko bitegura indi yose kuko icyo bashaka ari amanota atatu akomeza kubaganisha ku gikombe bifuza kwegukana.

Umukino w’umunsi wa munani wa shampiyona uzahuza Rayon Sports na mucyeba wayo Kiyovu Sports, ni imwe mu nkuru zishyushye muri ruhago ziri kuvugwa muri iki cyumweru.

Kiyovu Sports izakira uyu mukino, iherutse no gushyira hanze ibiciro byo kuwinjiramo byanakangaranyije benshi kubera uburyo bihanitse, kuko itike ya macye ari 5 000 Frw mu gihe iya menshi ari 50 000 Frw.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, hasakaye amashusho ya bamwe mu bakunzi ba Kiyovu Sports bari gukubura mu muhanda rwagati mu Biryogo ahakumiriwe imodoka, aho bakuburaga mu ibara ry’ubururu, bagira bati “Turabakubuye, basubire iwabo i Nyanza.”

Uyu mukino washyuhije imitwe benshi ku mpande zombi, bamwe barahigana ubutwari, barahira kuzawutsinda.

Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidèle yavuze ko kuri we uyu mukino awufata nk’indi yose kuko iyi kipe iri mu rugamba rwo kuzegukana igikombe cya Shampiyona kandi ko bifuza gutsinda imikino yose dore ko kuva shampiyona yatangira nta mukino baratsindwa.

Ati “Turi muri shampiyona, kuri buri kipe yose twahura amanota arangana. Twiteguye nkuko tugenda twitegura n’indi nkuko tuzategura n’indi.”

Jean Fidèle akomeza agira ati “Turifuza amanota atatu nkuko twayabonye kuri Sunrise, nkuko twifuza kuzayabona no ku zindi zikurikira.”

Avuga ko ikipe ye iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa shampiyona bityo ko ikeneye gukomeza kuruyobora kandi ko no kuri uyu mukino izahura na Kiyovu Sports, bagomba kuzayararana.

Ati “Uyu mukino sinywutegura bitandukanye nkuko ntigura indi kuko ni amanota atatu dushaka.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + two =

Previous Post

Barifuza ko imodoka ya ruharwa muri Jenoside yatwarishaga interahamwe ikurwa hafi y’Akarere

Next Post

Umaze imyaka irenga 10 afite Permis y’incurano yatahuwe agiye kuyongeresha igihe

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umaze imyaka irenga 10 afite Permis y’incurano yatahuwe agiye kuyongeresha igihe

Umaze imyaka irenga 10 afite Permis y’incurano yatahuwe agiye kuyongeresha igihe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.