Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Niger: Perezida wahiritswe aratabaza ngo inzara ishobora kumwicira mu nzu yafungiranywemo

radiotv10by radiotv10
10/08/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
1
Niger: Perezida wahiritswe aratabaza ngo inzara ishobora kumwicira mu nzu yafungiranywemo
Share on FacebookShare on Twitter

Mohamed Bazoum uherutse guhirikwa ku butegetsi muri Niger, aratabaza avuga ko ubuzima bumumereye nabi kuko ibyo kurya bigiye kumushirana ku buryo we n’umuryango bafite impungenge ko inzara ishobora kubugariza.

Mohamed Bazoum amaze ibyumweru bibiri ahiritswe ku butegetsi na bamwe mu basirikare bari bashinzwe kumurinda, bamushinja gushyira Igihugu mu kangaratete.

Ibiro Ntaramakuru Associated Press bivuga ko kuva ku itariki 26 z’ukwezi gushize aribwo Perezida Basoum, umuhungu we ndetse n’umwana we bafungiwe mu rugo rwabo.

Uretse kuba ibyo kurya ngo bigiye gushira dore ko basigaranye umuceri, ngo nta n’umuriro bafite.

Umujyanama wa Perezida avuga ko Bazoum atiteguye kwegura icyakora ngo aracyafite ubuzima bwiza nubwo yirinze gutangaza byinshi mu itangazamakuru.

Kuri uyu wa Kane biteganyijwe ko haba inama ihuza abo mu muryango wa ECOWAS ngo baganire ku buryo bwo gusubiza ku butegetsi Perezida Bazoum nyuma y’uko nyirantarengwa bari bahaye abafashe ubutegetsi irenze.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Karabo says:
    2 years ago

    Ariko niyo miryango mpuzamahanga iyoborwa nibyontazi, ngo basubize président déchu Mohamed kubutegetsi, ndabasetse kabisa kubwo guteketeza nkabana bato cyaneee. None nuwo nawe ntiyegura kandi baramuhiritse, ubwo yishingikirije iki? Nasubize amerwe mwisaho ahubwo asenge cyanee batamuheza mu gihome.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − nineteen =

Previous Post

Ibiteye amatsiko kuri Nyirinkwaya wamamaye mu buvuzi bw’u Rwanda n’ibyo ahugiyemo mu zabukuru

Next Post

CP J.Bosco Kabera yigiriye muri bus yibutsa ingeso zigaragazwa n’abagenzi bakwiye gucikaho burundu

Related Posts

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

IZIHERUKA

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben
IMYIDAGADURO

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
CP J.Bosco Kabera yigiriye muri bus yibutsa ingeso zigaragazwa n’abagenzi bakwiye gucikaho burundu

CP J.Bosco Kabera yigiriye muri bus yibutsa ingeso zigaragazwa n’abagenzi bakwiye gucikaho burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.