Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nta byacitse, twari tubyiteze- Mukuralinda avuga ku ihagarikwa ritunguranye ry’indege y’abimukira

radiotv10by radiotv10
16/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nta byacitse, twari tubyiteze- Mukuralinda avuga ku ihagarikwa ritunguranye ry’indege y’abimukira
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga ko icyemezo cyahagaritse indege yagombaga kuzana abimukira ba mbere baturutse mu Bwongereza, kitatunguye Guverinoma y’u Rwanda kuko yari izi ko hatanzwe ikirego cyarogoye iyi gahunda.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Kamena 2022, abimukira n’abashaka ubuhungiro ba mbere bagomba kuzaturuka mu Bwongereza bazanwa mu Rwanda, bagombaga gusesekara i Kigali ariko urugendo rwabo ruza guhagarikwa ku munota wa nyuma.

Indege yagombaga kuzana aba bimukira yahagaritswe habura iminoya micye ngo ifate ikirere nyuma y’icyemezo cyafashwe n’Urukiko Nyaburayi rushinzwe Uburenganzira bwa Muntu rwavuze ko rukwiye kubanza gusuzuma ikirego cy’ubujurire cyatanzwe n’umwe muri aba bimukira uvuga ko ashobora kuzagirirwa nabi igihe azaba ageze mu Rwanda.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga ko iki cyemezo cyafashwe n’uru rukiko, gishingiye ku mategeko.

Ati “Ni icyemezo cy’agateganyo gifatwa vuba, kuko Umucamanza aba abona ko atagifashe hakagira ibikorwa bishobora kutazabasha gusubira inyuma, noneho akavuga ati ‘gahunda yari ihari nibe ihagaze noneho tubisuzume noneho nitwemeza ko umuntu atagenda’ ubwo bizaba birangiye, ‘nitwemeza ko amasezerano yakomeza agashyira mu bikorwa’ noneho agakomeza.”

Mu kiganiro Guverinoma y’u Rwanda yagiranye n’Itangazamakuru ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 14 Kamena cyagarukaga ku myiteguro yo kwakira bariya bimukira, Mukuralinda nubundi yari yavuze ko impaka zabaye muri aya masezerano, zitatunguranye, gusa avuga ko igihe cy’impaka cyarangiye ahubwo hakurikiyeho icyo gushyira mu bikorwa umugambi w’u Rwanda n’u Bwongereza.

Nyuma yuko urugendo rw’aba bimukira rusubitswe ku munota wa nyuma, Mukuralinda yavuze ko kuba rwahagaritswe atari igitangaza.

Yagize ati “Nta gitangaza kirimo, nta byacitse byabaye, twari tubyiteze, impaka twari tuziteze, zarabaye nubu zirakomeza.”

Avuga ko Guverinoma y’u Rwanda itigeze itungurwa n’iki cyemezo “kuko n’ejo turi mu nama, abanu baratubazaga bati ‘harya haraza abantu bangahe?’. Twanze kwerura umubare kuko tutari tuwuzi kuko byagendaga bihindagurika. Twari tuzi neza ko biri mu nkiko, ni muri urwo rwego rero kiriya cyemezo cyafashwe.”

Mukuralinda usanzwe ari umuhanga mu by’amategeko akaba yaranabaye Umushinjacyaha ku rwego rw’Igihugu, avuga ko kuba Umucamaza wa ruriya rukiko yarafashe kiriya cyemezo, ari ububasha ahabwa n’amategeko kuko atari kwemera ko bariya bimukira baza kandi afite urubanza rwabo rutarafatwaho icyemezo.

Ati “Turi [u Rwanda] muri ruriya rukiko, yabareka [abimukira] bakaza kuko yavuga ati ‘igihe naba mbakenereye kubera ko mfite ubushobozi ku Rwanda, narutegeka rukabagarura’ ariko tutarimo, aravuga ati ‘oya, bishoboka ko baramutse bagiye u Rwanda rutabagarura, kuko nta bubasha mfite ku Rwanda’.”

Mukuralinda agaruka ku byatangajwe na Guverinoma y’u Bwongereza, yahise itangaza ko igiye gutegura urugendo rw’indi ndege izazana abimukira, avuga ko iyi gahunda ikomeje.

Ati “Gahunda irakomeje cyeretse nibiza kugaragara mu rwego rw’amategeko [kuko ibintu biri mu rukiko byose birashoboka] ko hari ibyo u Bwongereza butubahirije cyangwa se bwanyuranyije n’amategeko.”

Mukuralinda avuga ko mbere yuko amasezerano hagati y’u Rwanda n’u Bwongereza ashyiwaho umukono, habanje gusuzumwa amategeko yose ku buryo abantu bagira icyizere ko nta kizaburizamo iyi gahunda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 7 =

Previous Post

Kigali: Hamenyekanye amakuru mashya ku mukozi wo mu rugo ukekwaho kwica umwana washenguye benshi

Next Post

Mu mashusho atera benshi ishyari Miss Igisabo yifurije isabukuru nziza umukunzi we

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nta byacitse, twari tubyiteze- Mukuralinda avuga ku ihagarikwa ritunguranye ry’indege y’abimukira

Mu mashusho atera benshi ishyari Miss Igisabo yifurije isabukuru nziza umukunzi we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.