Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nta byacitse, twari tubyiteze- Mukuralinda avuga ku ihagarikwa ritunguranye ry’indege y’abimukira

radiotv10by radiotv10
16/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nta byacitse, twari tubyiteze- Mukuralinda avuga ku ihagarikwa ritunguranye ry’indege y’abimukira
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga ko icyemezo cyahagaritse indege yagombaga kuzana abimukira ba mbere baturutse mu Bwongereza, kitatunguye Guverinoma y’u Rwanda kuko yari izi ko hatanzwe ikirego cyarogoye iyi gahunda.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Kamena 2022, abimukira n’abashaka ubuhungiro ba mbere bagomba kuzaturuka mu Bwongereza bazanwa mu Rwanda, bagombaga gusesekara i Kigali ariko urugendo rwabo ruza guhagarikwa ku munota wa nyuma.

Indege yagombaga kuzana aba bimukira yahagaritswe habura iminoya micye ngo ifate ikirere nyuma y’icyemezo cyafashwe n’Urukiko Nyaburayi rushinzwe Uburenganzira bwa Muntu rwavuze ko rukwiye kubanza gusuzuma ikirego cy’ubujurire cyatanzwe n’umwe muri aba bimukira uvuga ko ashobora kuzagirirwa nabi igihe azaba ageze mu Rwanda.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga ko iki cyemezo cyafashwe n’uru rukiko, gishingiye ku mategeko.

Ati “Ni icyemezo cy’agateganyo gifatwa vuba, kuko Umucamanza aba abona ko atagifashe hakagira ibikorwa bishobora kutazabasha gusubira inyuma, noneho akavuga ati ‘gahunda yari ihari nibe ihagaze noneho tubisuzume noneho nitwemeza ko umuntu atagenda’ ubwo bizaba birangiye, ‘nitwemeza ko amasezerano yakomeza agashyira mu bikorwa’ noneho agakomeza.”

Mu kiganiro Guverinoma y’u Rwanda yagiranye n’Itangazamakuru ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 14 Kamena cyagarukaga ku myiteguro yo kwakira bariya bimukira, Mukuralinda nubundi yari yavuze ko impaka zabaye muri aya masezerano, zitatunguranye, gusa avuga ko igihe cy’impaka cyarangiye ahubwo hakurikiyeho icyo gushyira mu bikorwa umugambi w’u Rwanda n’u Bwongereza.

Nyuma yuko urugendo rw’aba bimukira rusubitswe ku munota wa nyuma, Mukuralinda yavuze ko kuba rwahagaritswe atari igitangaza.

Yagize ati “Nta gitangaza kirimo, nta byacitse byabaye, twari tubyiteze, impaka twari tuziteze, zarabaye nubu zirakomeza.”

Avuga ko Guverinoma y’u Rwanda itigeze itungurwa n’iki cyemezo “kuko n’ejo turi mu nama, abanu baratubazaga bati ‘harya haraza abantu bangahe?’. Twanze kwerura umubare kuko tutari tuwuzi kuko byagendaga bihindagurika. Twari tuzi neza ko biri mu nkiko, ni muri urwo rwego rero kiriya cyemezo cyafashwe.”

Mukuralinda usanzwe ari umuhanga mu by’amategeko akaba yaranabaye Umushinjacyaha ku rwego rw’Igihugu, avuga ko kuba Umucamaza wa ruriya rukiko yarafashe kiriya cyemezo, ari ububasha ahabwa n’amategeko kuko atari kwemera ko bariya bimukira baza kandi afite urubanza rwabo rutarafatwaho icyemezo.

Ati “Turi [u Rwanda] muri ruriya rukiko, yabareka [abimukira] bakaza kuko yavuga ati ‘igihe naba mbakenereye kubera ko mfite ubushobozi ku Rwanda, narutegeka rukabagarura’ ariko tutarimo, aravuga ati ‘oya, bishoboka ko baramutse bagiye u Rwanda rutabagarura, kuko nta bubasha mfite ku Rwanda’.”

Mukuralinda agaruka ku byatangajwe na Guverinoma y’u Bwongereza, yahise itangaza ko igiye gutegura urugendo rw’indi ndege izazana abimukira, avuga ko iyi gahunda ikomeje.

Ati “Gahunda irakomeje cyeretse nibiza kugaragara mu rwego rw’amategeko [kuko ibintu biri mu rukiko byose birashoboka] ko hari ibyo u Bwongereza butubahirije cyangwa se bwanyuranyije n’amategeko.”

Mukuralinda avuga ko mbere yuko amasezerano hagati y’u Rwanda n’u Bwongereza ashyiwaho umukono, habanje gusuzumwa amategeko yose ku buryo abantu bagira icyizere ko nta kizaburizamo iyi gahunda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − four =

Previous Post

Kigali: Hamenyekanye amakuru mashya ku mukozi wo mu rugo ukekwaho kwica umwana washenguye benshi

Next Post

Mu mashusho atera benshi ishyari Miss Igisabo yifurije isabukuru nziza umukunzi we

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nta byacitse, twari tubyiteze- Mukuralinda avuga ku ihagarikwa ritunguranye ry’indege y’abimukira

Mu mashusho atera benshi ishyari Miss Igisabo yifurije isabukuru nziza umukunzi we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.