Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

radiotv10by radiotv10
29/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu
Share on FacebookShare on Twitter
  • Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi

Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nko kuba yarabaye Minisitiri w’Intebe, yavuze ko “nta kindi gihe iki Gihugu cyagize ubutegetsi bubi nk’ubwo gifite ubu” kandi ko ari na ryo zingiro ry’ibibazo by’umutekano byo mu burasirazuba bwacyo.

Matata Ponyo Mapon wabaye Minisitiri w’Intebe wa DRC hagati ya 2012 na 2016, yabitangaje mu kiganiro yagiranye na TV 5 Monde, cyagarukaga ku gitabo yashyize hanze yise ‘Politiki Economique dans un Pays en developpement’.

Uyu munyapolitiki wahunze Igihugu cya DRC umwaka ushize, yagarutse ku butabera bwa Congo bwamukurikiranyeho ibyaha byo kunyereza umutungo, avuga ko uru rwego rwa kiriya Gihugu rurwaye ku buryo n’ibyo rwakora byose bitari mu murongo muzima.

Yavuze ko Itegeko Nshinga rya kiriya Gihugu rihonyorwa n’ubutegetsi buriho bwa Felix Tshisekedi, bugakandamiza abo butifuza baba bashaka kugaragaza ibitagenda.

Avuga ko ku giti cye yanze gukorana n’ubutegetsi bwa Tshisekedi kubera inenge nyinshi abubonaho, kandi ko atari akwiye kubizira.

Ati “Ngendeye ku cyubahiro cyanjye, ku bunyangamugayo bwanjye, ntabwo nshobora gukorana n’ubutegetsi bwijanditse mu gusahura umutungo w’Igihugu no muri ruswa.”

Uyu munyapolitiki, avuga ko Perezida Tshisekedi ubwe, ari we wari inyuma ya biriya byaha avuga ko yegetsweho, kandi ko ubutegetsi bw’uyu Muperezida bwakomeje kurangwa n’imyitwarire n’imigirire mibi yo gushaka kwigizayo abatavuga rumwe na bwo.

 

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’uko iyobowe ubu

Agaruka ku bibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Matata Ponyo Mapon yavuze ko kuba Ihuriro AFC/M23 ryarafashe umujyi wa Goma ritsinze igisirikare cya Leta ya Congo, bigaragaza ko gutsinda intambara bisaba kugira igisirikare gifite imyitwarire myiza, ndetse n’imiyoborere ihamye.

Yavuze ko iyo abantu bagiye gusuzuma ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, bareba gusa ku mutwe wa AFC/M23, ariko bakirengagiza icyatumye ubaho.

Ati “Abantu bareba gusa ku mutwe. Ariko se ni ibihe bibazo muzi byatumye habaho uyu mutwe? Ni imiyoborere mibi, nta kindi gihe RDC yigeze ibaho iyobowe nabi nk’uko iyobowe ubu.”

Matata Ponyo Mapon avuga ko muri kiriya gitabo cye, agaragaza ko umuzi w’ibibazo byo muri Congo, ari ikijyanye n’imiyoborere mibi.

Ati “Ntabwo wagira Igihugu cy’ingengo y’imari ya Miliyari eshanu z’amadolari, igihe nari Minisitiri w’Intebe, imishahara yarishyurwaga tariki 15 za buri kwezi, imihanda yarubakwaga, ibigo by’ubucuruzi byaravukaga, kompanyi z’ubwikorezi bwo mu kirere, kompanyi zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ariko noneho ku ngengo y’imari ya miliyari zikabakaba 16, imihanda yose yarangiritse, kompanyi zirajegajega, abantu ntibagihembwa, amafaranga aribwa…”

Yakomeje avuga ko amasezerano n’ibiganiro bikomeje gukorwa mu gushaka umuti wa biriya bibazo, byose byari bikwiye gushingira ku muzi wabyo.

Yavuze ko we na Joseph Kabila wayoboye Congo, bagerageje gutanga umusanzu mu gushaka umuti wa biriya bibazo, bagaragaza ikibazo nyacyo cya DRC.

Ati “Twaberetse ko ikibazo cya RDC atari ikibazo cy’ivuka ry’imitwe yitwaje intwaro. Wagakwiye kwibaza ikibazo uti ‘ese ni uwuhe muzi w’ivuka ry’umutwe witwaje intwaro?’ ni ikibazo cy’imiyoborere mibi yabaye karande, imiyoborere ishingiye mu by’ukuri ku cyenewabo, ku bwoko, ishingiye ku bushuti…”

Avuga ko iterambere ry’ubukungu rifatika muri Congo kimwe n’ibindi Bihugu byo muri Afurika biri mu nzira y’amajyambere, rigomba gushingira ku miyoborere myiza, ariko ko ikibazo ari uko uyu Mugabane udafite iyo miyoborere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + ten =

Previous Post

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Next Post

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi ya Nigeria yarashe ibyuka biryana mu maso mu gutatanya abaturage bigaragambyaga mu mujyi wa Lagos, bamagana ibikorwa byo gusenya...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y'ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.