Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nta na rimwe yigeze atorwa muri manda zombi- Perezida Kagame avuga kuri Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
16/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nta na rimwe yigeze atorwa muri manda zombi- Perezida Kagame avuga kuri Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yongeye kugaruka ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na DRC, avuga ko uri kubitera ari we Perezida w’iki Gihugu Félix Tshisekedi, yagiye ku butegetsi muri manda zombi bitanyuze mu mucyo, kuko atigeze atsinda amatora yagakwiye kumwemerera kwicara kuri iyi ntebe, ariko ko ikibabaje ari uko n’amahanga abizi ariko yabyirengagije.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 16 Mutarama 2025, ubwo we na Madamu Jeannette Kagame bakiraga ku meza abadipolomate bahagarariye Ibihugu byabo mu Rwanda n’imiryango mpuzahanga, umuhango ngarukamwaka.

Perezida Paul Kagame yagarutse ku Bihugu by’ibihangange bikunze guha amabwiriza ibindi, y’uburyo bigomba kwitwara, no kugendera ku ndangagaciro biba byifuza.

Yagarutse ku matora yabaye mu bihe bishize, aho bimwe mu Bihugu byiyita ko bizobereye muri Demokarasi bihora biyibutsa ibindi Bihugu, ndetse bikibutsa ko amatora akwiye gukorwa mu mucyo, ariko ko byirengagije ibyabaye mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, muri manda zombi ebyiri ziheruka.

Ati “Umuntu uri guteza ibi bibazo, uteza ibi bibazo navugaga hagati y’u Rwanda na DRC, ntiyigeze atorwa na rimwe ku nshuro zombi, kandi murabizi […]

Uriya muntu Tshisekedi ntiyatowe kuri manda ya mbere, habe na busa, kandi murabizi, nubwo mutabivuga, ku karubanda, ariko njye ndabivuga mu ruhame wenda aho ni ho dutandukaniye. No ku nshuro ya kabiri [manda ya kabiri] nabwo ntacyabaye, kandi na byo murabizi.”

Yakomeje avuga ko ibi ari urugero rwiza rwo gukemanga indangagaciro iyi miryango mpuzamahanga n’Ibihugu by’ibihangange bihora byigisha ibihugu byo muri Afurika, kuba bizi ibi ariko bikakaba byararyumyego nyamara bihabanye n’ibyo bihora byigisha ibindi Bihugu.

Ati “None ubwo naba natahuye ibyo, nkaba nkikomeje kubibuhahira? Cyangwa nkaba ncyumvise ibyo wambwira kandi bitaragize icyo bikora hariya?”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko mu bibazo runaka, ibi Bihugu bihora bitanga amabwiriza, hari ibyo byirengagiza ku bw’inyungu runaka biba bikurikiye.

Perezida Kagame yavuze ko ariko hari n’Ibihugu ndetse n’imiryango mpuzamahanga ikomeje kubanira neza u Rwanda, kandi ko rubibashimira, kandi rukaba rwizeye ko bizakomeza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − three =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje inzira yageza ku muti w’ibibazo byo muri DRC

Next Post

Ntibiteze kubaho-Ubutumwa bwa Perezida ku washaka gusubiza Abanyarwanda muri Jenoside

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi
AMAHANGA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntibiteze kubaho-Ubutumwa bwa Perezida ku washaka gusubiza Abanyarwanda muri Jenoside

Ntibiteze kubaho-Ubutumwa bwa Perezida ku washaka gusubiza Abanyarwanda muri Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.