Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntacyo bongeyeho- Abamotari baracyarira ngo ibiciro bishya byashyizweho biracyabagusha mu gihombo

radiotv10by radiotv10
24/08/2022
in MU RWANDA
0
Ntacyo bongeyeho- Abamotari baracyarira ngo ibiciro bishya byashyizweho biracyabagusha mu gihombo
Share on FacebookShare on Twitter

Abakora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko ibiciro bishya byo kuri mubazi byashyizweho na RURA bitakemuye ikibazo bari bafite kuko nubundi bakomeje gukorera mu gihombo.

Mu cyumweru gishize, bamwe mu Bamotari bo mu Mujyi wa Kigali, bongeye gukora igisa n’imyigaragambyo, bavuga ko ibiciro byashyizweho kuri mubazi bitajyanye n’igihe kuko ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byazamutse.

Nyuma y’ibi bisa n’imyigaragambyo, Urwego Ngezuramikorere (RURA) rwashyize hanze itangazo rigaragaza ibiciro bishya kuri mubazi aho hagati y’ibilometero 2 na 40 hongereweho amafaranga 10 Frw ku kilometer kimwe.

Naho hejuru y’urugendo rw’ibilometero 40, ikilometero kimwe cyakuwe kuri 181 Frw, gishyirwa kuri 205Frw. Bivuze ko ikilometero kimwe cyongereweho amafaranga 24 Frw.

Nyuma yuko ibi biciro bitangiye kubahirizwa ku wa Mbere tariki 22 Kanama 2022, Abamotari baganirije RADIOTV10, bavuze ko ibi biciro bishya ntacyo byahinduye.

Umwe ati “Nubundi turi gushyira mu ijanisha tugasanga ntacyahindutse. Biracyari bya bindi.”

Aba bamotari bavuga ko ahongereweho amafaranga afatika ari ku rugendo ruri hejuru y’ibilometer0 40 kandi ko nta mugenzi wo muri Kigali ujya arugenda.

Undi ati “Nta muntu wabona ugenda ibilometero 40. Njye sindamutwara kuva nafata mubazi.”

Undi ati “Tubwizanye ukuri ntakintu bongeyeho […] n’ibyo bilometero 40 ntawabigenda. Ubu se nzajya i Rusizi ryari? Niba maze imyaka itanu ntwara nkaba natarabigenda n’umunsi wa rimwe, nzabigenda ryari.”

Aba bamotari bavuga ko iri koranabuhanga ryifashishwa mu kwishyura amafaranga y’urugendo ryaje ribazaniye ibibazo uruhuri nyamara mbere ritariho nta kibazo na kimwe bigeze bagirana n’abagenzi mu buryo bwo kwishyurana.

Bavuga kandi ko amafaranga 10% babakata iyo bishyuwe kuri mubazi, batamenya irengero ryayo kuko nta kintu na kimwe abagarukiraho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − 3 =

Previous Post

Me Evode ahishuye icyatuma Urukiko rwigiza imbere isomwa ry’urubanza nk’ibyabaye kuri Liliane

Next Post

General uherutse kuzamurwa na Perezida Kagame yahise ahabwa inshingano muri Mozambique

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye
IBYAMAMARE

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
General uherutse kuzamurwa na Perezida Kagame yahise ahabwa inshingano muri Mozambique

General uherutse kuzamurwa na Perezida Kagame yahise ahabwa inshingano muri Mozambique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.