Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntacyo bongeyeho- Abamotari baracyarira ngo ibiciro bishya byashyizweho biracyabagusha mu gihombo

radiotv10by radiotv10
24/08/2022
in MU RWANDA
0
Ntacyo bongeyeho- Abamotari baracyarira ngo ibiciro bishya byashyizweho biracyabagusha mu gihombo
Share on FacebookShare on Twitter

Abakora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko ibiciro bishya byo kuri mubazi byashyizweho na RURA bitakemuye ikibazo bari bafite kuko nubundi bakomeje gukorera mu gihombo.

Mu cyumweru gishize, bamwe mu Bamotari bo mu Mujyi wa Kigali, bongeye gukora igisa n’imyigaragambyo, bavuga ko ibiciro byashyizweho kuri mubazi bitajyanye n’igihe kuko ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byazamutse.

Nyuma y’ibi bisa n’imyigaragambyo, Urwego Ngezuramikorere (RURA) rwashyize hanze itangazo rigaragaza ibiciro bishya kuri mubazi aho hagati y’ibilometero 2 na 40 hongereweho amafaranga 10 Frw ku kilometer kimwe.

Naho hejuru y’urugendo rw’ibilometero 40, ikilometero kimwe cyakuwe kuri 181 Frw, gishyirwa kuri 205Frw. Bivuze ko ikilometero kimwe cyongereweho amafaranga 24 Frw.

Nyuma yuko ibi biciro bitangiye kubahirizwa ku wa Mbere tariki 22 Kanama 2022, Abamotari baganirije RADIOTV10, bavuze ko ibi biciro bishya ntacyo byahinduye.

Umwe ati “Nubundi turi gushyira mu ijanisha tugasanga ntacyahindutse. Biracyari bya bindi.”

Aba bamotari bavuga ko ahongereweho amafaranga afatika ari ku rugendo ruri hejuru y’ibilometer0 40 kandi ko nta mugenzi wo muri Kigali ujya arugenda.

Undi ati “Nta muntu wabona ugenda ibilometero 40. Njye sindamutwara kuva nafata mubazi.”

Undi ati “Tubwizanye ukuri ntakintu bongeyeho […] n’ibyo bilometero 40 ntawabigenda. Ubu se nzajya i Rusizi ryari? Niba maze imyaka itanu ntwara nkaba natarabigenda n’umunsi wa rimwe, nzabigenda ryari.”

Aba bamotari bavuga ko iri koranabuhanga ryifashishwa mu kwishyura amafaranga y’urugendo ryaje ribazaniye ibibazo uruhuri nyamara mbere ritariho nta kibazo na kimwe bigeze bagirana n’abagenzi mu buryo bwo kwishyurana.

Bavuga kandi ko amafaranga 10% babakata iyo bishyuwe kuri mubazi, batamenya irengero ryayo kuko nta kintu na kimwe abagarukiraho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + sixteen =

Previous Post

Me Evode ahishuye icyatuma Urukiko rwigiza imbere isomwa ry’urubanza nk’ibyabaye kuri Liliane

Next Post

General uherutse kuzamurwa na Perezida Kagame yahise ahabwa inshingano muri Mozambique

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
General uherutse kuzamurwa na Perezida Kagame yahise ahabwa inshingano muri Mozambique

General uherutse kuzamurwa na Perezida Kagame yahise ahabwa inshingano muri Mozambique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.