Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntacyo bongeyeho- Abamotari baracyarira ngo ibiciro bishya byashyizweho biracyabagusha mu gihombo

radiotv10by radiotv10
24/08/2022
in MU RWANDA
0
Ntacyo bongeyeho- Abamotari baracyarira ngo ibiciro bishya byashyizweho biracyabagusha mu gihombo
Share on FacebookShare on Twitter

Abakora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko ibiciro bishya byo kuri mubazi byashyizweho na RURA bitakemuye ikibazo bari bafite kuko nubundi bakomeje gukorera mu gihombo.

Mu cyumweru gishize, bamwe mu Bamotari bo mu Mujyi wa Kigali, bongeye gukora igisa n’imyigaragambyo, bavuga ko ibiciro byashyizweho kuri mubazi bitajyanye n’igihe kuko ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byazamutse.

Nyuma y’ibi bisa n’imyigaragambyo, Urwego Ngezuramikorere (RURA) rwashyize hanze itangazo rigaragaza ibiciro bishya kuri mubazi aho hagati y’ibilometero 2 na 40 hongereweho amafaranga 10 Frw ku kilometer kimwe.

Naho hejuru y’urugendo rw’ibilometero 40, ikilometero kimwe cyakuwe kuri 181 Frw, gishyirwa kuri 205Frw. Bivuze ko ikilometero kimwe cyongereweho amafaranga 24 Frw.

Nyuma yuko ibi biciro bitangiye kubahirizwa ku wa Mbere tariki 22 Kanama 2022, Abamotari baganirije RADIOTV10, bavuze ko ibi biciro bishya ntacyo byahinduye.

Umwe ati “Nubundi turi gushyira mu ijanisha tugasanga ntacyahindutse. Biracyari bya bindi.”

Aba bamotari bavuga ko ahongereweho amafaranga afatika ari ku rugendo ruri hejuru y’ibilometer0 40 kandi ko nta mugenzi wo muri Kigali ujya arugenda.

Undi ati “Nta muntu wabona ugenda ibilometero 40. Njye sindamutwara kuva nafata mubazi.”

Undi ati “Tubwizanye ukuri ntakintu bongeyeho […] n’ibyo bilometero 40 ntawabigenda. Ubu se nzajya i Rusizi ryari? Niba maze imyaka itanu ntwara nkaba natarabigenda n’umunsi wa rimwe, nzabigenda ryari.”

Aba bamotari bavuga ko iri koranabuhanga ryifashishwa mu kwishyura amafaranga y’urugendo ryaje ribazaniye ibibazo uruhuri nyamara mbere ritariho nta kibazo na kimwe bigeze bagirana n’abagenzi mu buryo bwo kwishyurana.

Bavuga kandi ko amafaranga 10% babakata iyo bishyuwe kuri mubazi, batamenya irengero ryayo kuko nta kintu na kimwe abagarukiraho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 11 =

Previous Post

Me Evode ahishuye icyatuma Urukiko rwigiza imbere isomwa ry’urubanza nk’ibyabaye kuri Liliane

Next Post

General uherutse kuzamurwa na Perezida Kagame yahise ahabwa inshingano muri Mozambique

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu
FOOTBALL

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
General uherutse kuzamurwa na Perezida Kagame yahise ahabwa inshingano muri Mozambique

General uherutse kuzamurwa na Perezida Kagame yahise ahabwa inshingano muri Mozambique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.