Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntaganda wafunzwe imyaka 4 azira gukurura amacakubiri yatangaje ko aziyamamaza mu matora ya Perezida

radiotv10by radiotv10
20/05/2022
in MU RWANDA
0
Ntaganda wafunzwe imyaka 4 azira gukurura amacakubiri yatangaje ko aziyamamaza mu matora ya Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Bernard Ntaganda wigeze gukatirwa gufungwa imyaka ine ahamijwe ibyaha birimo gukurura amacakubiri, yatangaje ko ishyaka rye rya PS Imberakuri [igice kitemewe] ryamaze kumwemeza nk’uwo rizatangamo umukandida mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2024.

Bernard Ntaganda wabitangaje mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa 19 Gicurasi 2022, avugamo ko ishyaka rye ryamaze kumwemeza nk’umukandida uzarihagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Muri iri tangazo, Ntaganda Bernard wabaye nk’ugenera ubutumwa Abanyarwanda, yabasabye ko umwaka wa 2024 bagomba kuzawufata nk’umwaka wo kugena icyerekezo cy’Igihugu

Ayti “Kwita ku gihe cyo kubaka u Rwanda birasaba kwigomwa byose no kureba byose, maze twese tugaharanira impinduka izatuma Abanyarwanda bahumeka umwuka wa demokarasi, bagasangira byose nk’uko Rugira abitegeka.”

Yakomeje avuga ko ashingiye ku bunararibonye mu bya Politiki ndetse n’imirimo yakoreye u Rwanda, abona igihe kigeze ngo ayobora Abanyarwanda.

Ati “Nshingiye ku burere nahawe n’umuryango wanjye ndetse no ku bumenyi mfite butandukanye, ntangaje ku mugaragaro nta kuzuyaza ndetse nta mususu ko nziyamamaza mu matora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda azaba mu mwaka wa 2024.

Yasoje ubu butumwa bwe agira ati“ Ahasigaye nishyize mu maboko y’Imana n’Abanyarwanda.”

Me Ntaganda Bernard wabaye Umunyamategeko wunganira abandi mu nkiko, aratangaza ko yatanzwe n’ishyaka rye rya PS Imberakuri mu gihe iri shyaka ryacitsemo ibice bibiri birimo igice cyemewe kiyoborwa na Mukabunani Christine usanzwe ari n’Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ndetse n’icya Ntaganda kitemewe mu Rwanda.

Uyu mugabo wigeze gukoresha imvugo zitajyanye n’umurongo w’ubuyobozi bw’u Rwanda aho yavugaga ko ashyize imbere Politiki ya “Tura tugabane niwanga bimeneke”, muri Gashyantare 2011 yakatiwe n’Urukiko Rukuru igifungo cy’imyaka ine nyuma yo kumuhamya ibyaha bitatu birimo gukurura amacakubiri no guhungabanya umudendezo w’igihugu.

Ntaganda yari yarakatiwe gufungwa imyaka ine

Ingingo  ya 99 y’Itegeo Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo muri 2003 ryavuguruwe muri 2015, igaragaza ibintu birindwi bikwiye kuba byujujwe n’uwimamariza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika.

Ibi bintu ni ukuba afite ubwenegihugu nyarwanda bw’inkomoko; nta bundi bwenegihugu afite; kuba ari indakemwa mu myifatire no mu mibanire ye n’abandi; kuba atarigeze akatirwa burundu igihano cy’igifungo kingana cyangwa kirenze amezi atandatu (6); atarambuwe n’inkiko uburenganzira mbonezamubano n’ubwa politiki; kuba afite nibura imyaka mirongo itatu n’itanu (35) y’amavuko mu gihe cyo kwiyamamariza uwo mwanya kuba aba mu Rwanda igihe asaba kwiyamamariza uwo mwanya.

Bernard Ntaganda wamaze muri Gereza imyaka ine y’igifungo yari yarakatiwe, yasohotsemo muri Kamena 2014, akomeza kugaragara muri Politiki atanga ibitekerezo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Ibicurane byabaye ibicurane: Hasobanuwe impamvu biri kugera ku bantu bikabazahaza

Next Post

RBC yavuze ku ndwara idasanzwe yadutse ku Isi inasubiza abibaza niba yarageze mu Rwanda

Related Posts

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort
IMIBEREHO MYIZA

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RBC yavuze ku ndwara idasanzwe yadutse ku Isi inasubiza abibaza niba yarageze mu Rwanda

RBC yavuze ku ndwara idasanzwe yadutse ku Isi inasubiza abibaza niba yarageze mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.