Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntaganda wafunzwe imyaka 4 azira gukurura amacakubiri yatangaje ko aziyamamaza mu matora ya Perezida

radiotv10by radiotv10
20/05/2022
in MU RWANDA
0
Ntaganda wafunzwe imyaka 4 azira gukurura amacakubiri yatangaje ko aziyamamaza mu matora ya Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Bernard Ntaganda wigeze gukatirwa gufungwa imyaka ine ahamijwe ibyaha birimo gukurura amacakubiri, yatangaje ko ishyaka rye rya PS Imberakuri [igice kitemewe] ryamaze kumwemeza nk’uwo rizatangamo umukandida mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2024.

Bernard Ntaganda wabitangaje mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa 19 Gicurasi 2022, avugamo ko ishyaka rye ryamaze kumwemeza nk’umukandida uzarihagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Muri iri tangazo, Ntaganda Bernard wabaye nk’ugenera ubutumwa Abanyarwanda, yabasabye ko umwaka wa 2024 bagomba kuzawufata nk’umwaka wo kugena icyerekezo cy’Igihugu

Ayti “Kwita ku gihe cyo kubaka u Rwanda birasaba kwigomwa byose no kureba byose, maze twese tugaharanira impinduka izatuma Abanyarwanda bahumeka umwuka wa demokarasi, bagasangira byose nk’uko Rugira abitegeka.”

Yakomeje avuga ko ashingiye ku bunararibonye mu bya Politiki ndetse n’imirimo yakoreye u Rwanda, abona igihe kigeze ngo ayobora Abanyarwanda.

Ati “Nshingiye ku burere nahawe n’umuryango wanjye ndetse no ku bumenyi mfite butandukanye, ntangaje ku mugaragaro nta kuzuyaza ndetse nta mususu ko nziyamamaza mu matora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda azaba mu mwaka wa 2024.

Yasoje ubu butumwa bwe agira ati“ Ahasigaye nishyize mu maboko y’Imana n’Abanyarwanda.”

Me Ntaganda Bernard wabaye Umunyamategeko wunganira abandi mu nkiko, aratangaza ko yatanzwe n’ishyaka rye rya PS Imberakuri mu gihe iri shyaka ryacitsemo ibice bibiri birimo igice cyemewe kiyoborwa na Mukabunani Christine usanzwe ari n’Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ndetse n’icya Ntaganda kitemewe mu Rwanda.

Uyu mugabo wigeze gukoresha imvugo zitajyanye n’umurongo w’ubuyobozi bw’u Rwanda aho yavugaga ko ashyize imbere Politiki ya “Tura tugabane niwanga bimeneke”, muri Gashyantare 2011 yakatiwe n’Urukiko Rukuru igifungo cy’imyaka ine nyuma yo kumuhamya ibyaha bitatu birimo gukurura amacakubiri no guhungabanya umudendezo w’igihugu.

Ntaganda yari yarakatiwe gufungwa imyaka ine

Ingingo  ya 99 y’Itegeo Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo muri 2003 ryavuguruwe muri 2015, igaragaza ibintu birindwi bikwiye kuba byujujwe n’uwimamariza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika.

Ibi bintu ni ukuba afite ubwenegihugu nyarwanda bw’inkomoko; nta bundi bwenegihugu afite; kuba ari indakemwa mu myifatire no mu mibanire ye n’abandi; kuba atarigeze akatirwa burundu igihano cy’igifungo kingana cyangwa kirenze amezi atandatu (6); atarambuwe n’inkiko uburenganzira mbonezamubano n’ubwa politiki; kuba afite nibura imyaka mirongo itatu n’itanu (35) y’amavuko mu gihe cyo kwiyamamariza uwo mwanya kuba aba mu Rwanda igihe asaba kwiyamamariza uwo mwanya.

Bernard Ntaganda wamaze muri Gereza imyaka ine y’igifungo yari yarakatiwe, yasohotsemo muri Kamena 2014, akomeza kugaragara muri Politiki atanga ibitekerezo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 6 =

Previous Post

Ibicurane byabaye ibicurane: Hasobanuwe impamvu biri kugera ku bantu bikabazahaza

Next Post

RBC yavuze ku ndwara idasanzwe yadutse ku Isi inasubiza abibaza niba yarageze mu Rwanda

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RBC yavuze ku ndwara idasanzwe yadutse ku Isi inasubiza abibaza niba yarageze mu Rwanda

RBC yavuze ku ndwara idasanzwe yadutse ku Isi inasubiza abibaza niba yarageze mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.